igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: 2030 ntamuntu uzongera gupfa
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > 2030 ntamuntu uzongera gupfa
AMAKURUIKORANABUHANGA

2030 ntamuntu uzongera gupfa

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 24, 2025 4:55 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Umuhanga mu bumenyi bwa mudasobwa wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ray Kurzweil, yatangaje ko mu mwaka wa 2030 abantu batazaba bagipfa bitewe n’ikoranabuhanga rihambaye rizaba rihari.

Kurzweil yatangaje ko muri uwo mwaka hazaba harakozwe utumashini tutaboneshwa amaso ndetse na za robots ntoya cyane zizinjizwa mu miyoboro y’amaraso mu mubiri w’umuntu.

Nk’uko uyu muhanga yabisobanuye, izi robots nizikorwa, zizajya zizenguruka umubiri wose, zisuzuma utunyangingo twangiritse kugira ngo zituvure ku buryo umuntu atazongera kurwara cyangwa ngo asaze.

Ni ubuhanuzi bumeze nk’inzozi ku bantu bizera ko uko byagenda kose, uwavukiye mu Isi aba agomba gupfa, nk’uko bishimangirwa n’ibitabo bitandukanye byo muri Bibiliya birimo Umubwiriza.

Kurzweil w’imyaka 77 y’amavuko afatwa nk’umuhanuzi mu iterambere ry’ikoranabuhanga. Byinshi yavuze ko bizaba mu gihe kiri imbere ntabwo byizerwaga, nyamara byarangiye bibaye impamo.

Ni we wavuze mu ntangiriro z’imyaka ya 2000 ko mudasobwa na internet bigiye gukwirakwira byihuse ku Isi yose, kandi ibyo byarabaye nyuma y’igihe gito.

Kurzweil kandi yateguje ko ku Isi hagiye kuboneka ibikoresho byinshi by’ikoranabuhanga bisumbura mudasobwa zitagendanwa. Mu myaka 2010 haje telefone zigezweho ndetse na tablets.

Yateguje kandi ko hazakwitakwira ikoranabuhanga ryumva ijwi, rikamuhuza na nyiraryo. Nyuma y’igihe abivuze, mu myaka ya 2010 haje Siri, Alexa ndetse na Google Assistant.

Ku bwenge buhangano (AI), Kurzweil yateguje ko buzajya bwifashishwa mu buzima bwa buri munsi kandi ko buzajya bwunganira abantu mu mashakiro y’amakuru kuri internet.

Kuva mu 1965 kugeza mu 2014, Kurzweil yahawe amashimwe menshi ku bw’uruhare yagize mu iterambere ry’ikoranabuhanga. Harimo icyo yahawe na Leta ya Amerika mu 1999 gihabwa abahanga udushya.

Ntabwo ariko ibyo yahanuye byose byabaye kuko bivugwa ko mu bigera mu 147 yahanuye, habayemo gusa ibigera kuri 86%. Ibitarabaye byatumye bagenzi be barimo Neal Stephenson na Bruce Sterling bagaragaza ko aba atomboza.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Mushikiwabo yasuzuguye Minisitiri mu buryo bukomeye ahita ajya kwiga muri USA
Next Article Amerika yashimye intambwe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byateye
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Ubuvumvu bwahinduye ubuzima bwa Nyirabagesera
May 24, 2025
UEFA Women’s Champions League: Ibyananiye Arsenal y’abagabo ikipe y’abagore ibigezeho
May 24, 2025
Byukusenge Patrick yitwaye neza muri Etape ya kabiri ya Grand Prix du 22 mé
May 24, 2025
Habaye ihererekanya ry’infungwa z’intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya
May 24, 2025
Ikipe yigeze kuba iya nyuma ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda birangiye ari yo iyegukanye
May 24, 2025

You Might Also Like

AMAKURUUBUZIMA

Itabi, uburozi bwica benshi bwemewe n’amategeko

Itabi ni kimwe mu bicuruzwa byinjiza amafaranga menshi ku isi no mu Rwanda. Ariko ni na kimwe mu byica abantu…

4 Min Read
AMAKURUUTUNTU N' UTUNDI

Muri Kenya hadutse ubushimusi bw’ibimonyo

Polisi ya Kenya iherutse gukora umukwabu mu nyubako yakira ba mukerarugendo ya Jane Guesthouse iherereye mu karere ka Naivasha, mu…

3 Min Read
AMAKURU

RDC: Urubanza rw’Umusirikare wa FARDC Uregwa Kurasa Abantu mu Rusengero Rwasubitswe

Urukiko rwa gisirikare rwa Kitona, ruherereye mu ntara ya Moanda, rwasubitse urubanza ruregwamo umusirikare Médard Katonzi wo mu ngabo zirwanira…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Umuraperi Sean John Love Combs wamenyekanye nka Diddy mu mugambi wo guhakana gufata kungufu abagore burundu

Umuraperi Sean John Love Combs wamenyekanye nka Diddy ushinjwa gushimuta abagore, kubaha ibiyobyabwenge no kubahatira gukora imibonano mpuzabitsina, yabihakanye avuga…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?