igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Yafatanwe ibiro 67 byose by’urumogi aho rwari ruvanwe muri Congo
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Yafatanwe ibiro 67 byose by’urumogi aho rwari ruvanwe muri Congo
AMAKURU

Yafatanwe ibiro 67 byose by’urumogi aho rwari ruvanwe muri Congo

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 2, 2025 5:05 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yataye muri yombi Hakizimana Modeste w’imyaka 45, akekwaho kwinjiza mu gihugu ibilo 37 by’urumogi avanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ifatwa rye ryabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 2 Gicurasi 2025, ubwo Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ryashyiraga bariyeri mu Murenge wa Kanyinya, Akagari ka Ruhengeri.

Amakuru yizewe Polisi yabwiwe n’abaturage ni yo yatumye ifata imodoka ifite purake ya Congo CGO4379BA/01, yasanzwemo urumogi rwari rupfunyitse mu mashashi rwinjijwe mu Rwanda rwihishwe muri tableau de bord y’imodoka.

Hakizimana yemeye ko yari aruzanye mu Mujyi wa Kigali, ahamya ko yaruzaniye Mukabera Tatianna utuye mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyakabanda. Polisi yahise ijya gufata Mukabera, imusangana ibilo 6.5 by’urumogi. Uyu mugore nawe yemeye ko Hakizimana yari amuzaniye urwo rumogi rwo gucuruza.

CIP Wellars Gahonzire, Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko Hakizimana asanzwe abikora, akaba ari inshuro ya gatanu azana urumogi akaruha Mukabera. Yagaragaje kandi ko Mukabera yigeze gufungwa imyaka irindwi kubera icyaha nk’iki. Hakizimana bivugwa ko iyo ari muri Congo akoresha amazina ya Hakiza Zikeye Omar.

Si aba gusa bafashwe, kuko tariki ya 25 Mata 2025, Polisi yari yafashe Hategekimana Ezechier w’imyaka 40, nawe atwaye urumogi ibilo 7 yaruhishe muri moteri y’imodoka ya Congo ifite purake CGO0347AB/25. Uyu nawe bivugwa ko yavanye urumogi muri Congo arucururiza i Kigali.

Aba bose bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo bakurikiranwe n’amategeko.

Polisi yibukije ko abacuruza ibiyobyabwenge bashaka amayeri menshi yo kubihisha, ariko ko inzego zishinzwe umutekano zitazuyaza kubata muri yombi. Yasabye abishora muri ibi bikorwa kubihagarika bagashaka indi mirimo, kuko Polisi n’abaturage bafatanyije kubikumira.

Itegeko mu Rwanda ribihanira bikomeye: umuntu uhamijwe n’urukiko icyaha kijyanye n’urumogi (kuruhinga, kurutunganya, kurugurisha cyangwa kurutunda) ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 20 na 30 z’amafaranga y’u Rwanda.

Polisi yashimiye abaturage bagira uruhare mu gutanga amakuru no gufasha mu kurwanya ibiyobyabwenge, inabashishikariza gukomeza ubufatanye hagamijwe igihugu kizira ibiyobyabwenge.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Bamwe mu basirikare ba FARDC batangiye guhabwa igihano cy’urupfu
Next Article RDC: Urukiko rukuru rwa gisirikare rwakatiye abasirikare n’abapolisi ibihano bitandukanye birimo icy’urupfu
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Umuyobozi ukomeye mu Burundi yagaragaje ko Perezida Kagame yashatse kwiyunga na Nkurunziza bikanga
May 23, 2025
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi yatangaje ko u Buhinde bwafungiye amazi igihugu cya Pakistan
May 23, 2025
Justin Bieber yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Jennifer Lopez yajyanywe mu nkiko azira amafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo agiye kugeza ijambo ku Banye-Congo nyuma yo kwamburwa ubudahangarwa
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Menya byinshi kuri Thomas Lubanga washinze umutwe ugamije gushyira iherezo rya nyuma ku butegetsi bwa Kinshasa

Thomas Lubanga, wahoze ari umuyobozi w’umutwe w’inyeshyamba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yongeye kuvugwa nyuma yo gushinga umutwe…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Abadiporomate b’uburayi basabye murumuna wa Museveni gukorera ikintu gikomeye Muhoozi wababujije amahwemo

Ba Ambasaderi b’ibihugu byo mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) muri Uganda basabye murumuna wa Perezida Yoweri Museveni, Gen (Rtd)…

2 Min Read
AMAKURU

Ibiganiro by’u Burusiya na Ukraine byarangiye nta musaruro uvuyemo

Umunsi wa mbere w’ibiganiro hagati y’u Burusiya na Ukraine warangiye batumvikanye ku guhagarika intambara imaze imyaka itatu, u Burusiya bugashinja…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Isi yose ihanze amaso I Vatican Papa mushya yabonetse kuko umwotsi wera wazamutse

Umwotsi w’umweru wamaze  kugaragara i Vatican. Imbaga  yabahateraniye yose irangamiye ku nyubako ya Chapel ya Sistine. Biragaragara ko inzira yo…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?