igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Lula wa Brésil yavuye mu bitaro nyuma yo kwitabwaho n’abaganga
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Lula wa Brésil yavuye mu bitaro nyuma yo kwitabwaho n’abaganga
AMAKURU

Perezida Lula wa Brésil yavuye mu bitaro nyuma yo kwitabwaho n’abaganga

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 27, 2025 3:26 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Perezida wa Brésil, Luiz Inácio Lula da Silva, yasohotse mu bitaro ku wa 26 Gicurasi 2025, nyuma yo kwitabwaho n’abaganga kubera ikibazo cya muzunga. Uyu mukuru w’igihugu w’imyaka 79, yajyanywe kwa muganga ubwo yari amaze kumva atameze neza, maze abaganga basanga afite indwara ya labyrinthitis, iterwa no kubyimba igice cyo mu gutwi cy’imbere gifasha gutunganya ubushobozi bwo kumva no kugendera ku bipimo by’umubiri

Nk’uko byatangajwe n’ibitaro bya Sirio-Libanes biherereye i São Paulo, Perezida Lula yahawe isuzuma ryimbitse ririmo irikoreshejwe amashusho hamwe n’ibizamini by’amaraso, ariko nta kibazo gikomeye cyagaragaye.

Iyi ndwara yongeye kuburira impungenge abakunzi be, cyane ko ikomeje kwisunga ibindi bibazo by’ubuzima amaze iminsi ahanganye na byo. Muri ibi bihe, Perezida Lula arimo kwitegura kwiyamamariza manda ya kabiri mu matora ateganyijwe mu mwaka utaha.

Muri uko kwegera amatora, ibibazo by’ubuzima bya Perezida Lula byongeye kugarukwaho nyuma y’uko ku wa 19 Ukwakira 2024 yagwaga mu bwogero bwo mu rugo rwe i Brasília. Ibi byakurikiwe n’igihe yajyanywe mu bitaro i São Paulo, mu kwezi kwakurikiyeho, agasuzumwa bikagaragara ko afite kuva amaraso mu mutwe, bikamusaba kubagwa.

Nubwo bimeze bityo, Perezida Lula ubu yasubiye mu rugo, ari koroherwa, ariko n’abamukunda baracyafite impungenge ku buzima bwe muri ibi bihe by’ingenzi bya politiki.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Zabyaye amahari hagati y’umuyobozi w’ishuri n’umwungirije bapfa ubusinzi
Next Article Ntwari Fiacre yasezeye muri Kaizer Chiefs, yitegura urugendo rushya muri ruhago
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Bashunga Abouba wahoze ari umunyezamu wa Rayon Sports aravugwaho kwiyitirira impunzi kugira ngo abone ubwenegihugu mu Budage
June 1, 2025
Palestina: Abantu 21 bapfiriye mu muvundo w’abashakaga inkunga muri Gaza, abandi 175 barakomereka bikabije
June 1, 2025
Gicumbi: “Ntituzongera kwitiranya abanyerondo n’abajura” Abaturage bashimira gahunda nshya y’umutekano
June 1, 2025
BNR yashyizeho amabwiriza mashya akumira ikoreshwa ry’amadevize imbere mu gihugu
June 1, 2025
Ikipe ya Pyramids FC yegukanye igikombe cya mbere cya CAF Champions League mu mateka
June 1, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Tanzania: Abayobozi b’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi barisezeye

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania, Chadema, ryahuye n’ihungabana rikomeye nyuma y’uko abantu 13 bo mu bayobozi bakuru baryo beguye…

3 Min Read
AMAKURU

Nyamasheke: Umwana w’imyaka 16 yapfuye yiyahuriye kwa Pasiteri wamureraga nk’umwana we

Tuyizere Amos w’imyaka 16 yasanzwe yimanitse mu cyumba yararagamo mu rugo rwa Pasiteri Ntaganira Fabien mu Mudugudu wa Cyijima, Akagari…

4 Min Read
AMAKURU

Amasasu yavuzaga ubuhuha mu basirikare ba FARDC bari bagiye kwiba

Urusaku rw’imbunda rwinshi rwaraye rwumvikanye mu bice by’umujyi wa Uvira uherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’aho Ingabo za…

2 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

URWEGO RW’UBUGENZACYAHA RIB RUGIYE KUYOBORWA N’UMUYOBOZI MUSHYA.

Mu nama yaraye iteranye yemeje ko Col Pacifique Kayigamba Kabanda asimbuye Col (Rtd)Ruhunga Kibezi Jeannot wari umaze imyaka irindwi ayobora…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?