igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu cyuho yakira urumogi rwa ibilo 25 muri Muhanga
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu cyuho yakira urumogi rwa ibilo 25 muri Muhanga
AMAKURU

Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu cyuho yakira urumogi rwa ibilo 25 muri Muhanga

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 28, 2025 7:11 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga yataye muri yombi umugore w’imyaka 55 ubwo yari afashwe yakira umufuka w’urumogi wapimaga ibilo 25, azaniwe n’umusore w’umunyonzi w’imyaka 30, bose bakekwaho kugira uruhare mu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge

Ibi byabaye mu gitondo cyo ku wa 28 Gicurasi 2025, ahagana saa yine, mu Murenge wa Shyogwe, Akagari ka Ruli, Umudugudu wa Kabeza.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yatangaje ko uyu mugore yari asanzwe ari mu ntonde z’abakekwaho ibyaha by’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ndetse n’ubushize yari yarigeze gufungwa azira icyaha nk’iki.

Yagize ati: “Uyu mugore twari dusanzwe tumukurikiranira hafi kuko yari yarigeze gufungwa kubera ibyaha bijyanye n’urumogi, ariko nyuma akaza gufungurwa. Ibyo byose byatumye tugira amakenga, none yaje no gufatwa ari mu bikorwa nk’ibyo.”

Aba bombi bahise bashyikirizwa Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye, aho bafungiwe mu gihe iperereza rikomeje, kugira ngo bakurikiranwe n’ubutabera.

Itegeko N°68/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, mu ngingo ya 263, rivuga ko umuntu wese uhingwa, utunda, ugurisha cyangwa uha undi ibiyobyabwenge, harimo n’urumogi, mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha gikomeye.

Abahamijwe n’urukiko iki cyaha bashobora guhanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri kugeza kurusha igihano cy’igifungo cya burundu, hakiyongeraho ihazabu iri hagati ya milioni 20 na 30 Frw, bitewe n’uburemere bw’icyaha.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Cholera ikomeje kwibasira Sudani
Next Article Perezida wa Sena y’u Rwanda asanga ibiganiro ari wo muti w’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

AFC/M23 yahakanye imibare yatangajwe na Leta ya Congo ku bapfiriye mu rugamba rwo gufata Goma
May 31, 2025
U Rwanda rugiye kubaka amashuri y’icyitegererezo yigisha ikoranabuhanga harimo na Drone
May 31, 2025
“Mbere yo gufungura urugi, banza witegure” Trump abwira Macron wakubiswe n’umugore we
May 31, 2025
Amavubi yerekeje muri Algeria gukina imikino ya gicuti yo kwitegura Gikombe cy’Isi cya 2026
May 31, 2025
Urukiko rw’Ikirenga rwa Amerika rwemeye icyemezo cya Trump cyo gukuraho uburenganzira bw’abimukira barenga 530,000
May 31, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAUBUZIMA

Kenya: Umugenzi yapfiriye mu ndege mu mayobera

Umugenzi yaguye mu ndege Kenya Airways ubwo yari iturutse mu mugi wa New York muri leta zunzwe ubumwe za amerika…

1 Min Read
AMAKURU

Ingabo zari mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’amajyepfo (SAMIDRC) zacyuye ibindi bikoresho ibinyujije mu Rwanda

Ingabo zari mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (SAMIDRC) zacyuye icyiciro cya…

2 Min Read
AMAKURU

Gatsibo: Bane bafashwe bazira kwiba no kubaga Ingurube z’abaturage

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gatsibo yataye muri yombi abantu bane bakurikiranyweho kwiba ingurube z’abaturage, bamwe bakazibaga bakajya…

2 Min Read
Yiyambitse ubusa ari ku kibuga cy'indege.
AMAKURUMU MAHANGA

Umugore yiyambitse ubusa ku kibuga cy’indege akora ibidasanzwe

Ku kibuga cy’indege cya Dallas Fort Worth, muri Leta zunze ubumwe za Amerika, habaye imvururu zatewe n’umugore witwa Samantha Palma…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?