igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Qatar igiye guha indege karabutaka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Qatar igiye guha indege karabutaka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump
AMAKURU

Qatar igiye guha indege karabutaka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 12, 2025 3:10 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika biri mu biganiro n’Ubwami bwa Qatar ku bijyanye no kwakira indege yo gutwara perezida izwi nka Air Force One.

Qatar yahakanye iby’uko iyo ndege yaba ari impano nk’uko Trump aherutse kubitangaza, ariko yemeza ko ibihugu byombi biri mu biganiro byo kohereza i Washington iyo ndege yakwifashishwa by’agateganyo.

CBS News yatangaje ko iyo ndege izanashyirwa mu nzu ndangamurage ya Trump ikazajya yifashishwa mu gice kigaragaza uko ubutegetsi bwe bwari bumeze.

Umuyobozi Ushinzwe ibijyanye n’itangazamakuru muri Ambasade ya Qatar muri Amerika, Ali Al-Ansari, yavuze ko ibyo biganiro bikomeje hagati ya za minisiteri z’ingabo z’ibihugu byombi.

Ati “Biracyasuzumwa mu bijyanye n’amategeko ndetse nta cyemezo kirafatwa.”

Amakuru avuga ko iyo ndege itazahita ikoreshwa ahubwo izabanza kugira ibyo yongerwamo no kwemezwa n’inzego z’umutekano.

Ku wa 11 Gicurasi 2025, Trump yagaragageje ko iyo ndege izaba ari impano ndetse azayihabwa nta kiguzi atanze.

Ati “Ikintu cy’uko Minisiteri y’Ingabo igiye guhabwa impano y’indege ya 747 igasimbura Air Force One imaze imyaka 40, tukayikoresha by’agateganyo, kinyuze mu mucyo. Ariko Aba-Democrates basaze ngo bashaka ko twishyura akayabo.”

Ubusanzwe Amerika ikoresha indege za Boeing 747-200B, mu ngendo za perezida, ariko ziba zitandukanye n’izisanzwe kuko ziba zarashyizwemo ibindi bintu bijyanye n’ibyo Perezida akenera, nk’itumanaho, ibiro, n’ibindi bishobora kumufasha gukomeza akazi ke ari mu ndege kabone n’iyo yamaramo igihe kirekire, kandi mu buryo burindiwe umutekano.

Ni indege zatangiye gukoreshwa mu 1990. Indege za Air Force One zikoreshwa n’abaperezida batandukanye.

Bivugwa ko iyo Qatar ishaka gutanga ari Boeing 747-8, yakozwe mu buryo bugezweho ku buryo ifatwa nk’ibiro bya Perezida bigenda mu kirere.

Uruganda rwa Boeing ni rwo rufite isoko ryo gukora indege zikoreshwa n’Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko mu minsi ishize Trump yavuze ko urwo ruganda rumara igihe kinini rutaratanga iyo rwasabwe.

Ubutegetsi bwe bwavuze ko bwasabye Boeing gukora indege ebyiri z’umwihariko zo mu bwoko bwa 747-8, ubwo yari ku butegetsi muri manda ya mbere, ariko Boeing yagaragaje ko izo ndege zitaboneka mbere ya 2027 cyangwa 2028.

Muri Gashyantare 2025 Trump yagize ati “Oya, ntabwo nishimiye Boeing. Ifata igihe kirekire ngo ikore ibintu. Urumva hashize igihe kinini tugiranye amasezerano.”

Qatar imenyerewe gutanga indege z’umwihariko ndetse zihenze ku bindi bihugu harimo n’iyo yahaye Turikiya mu 2018.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article U Burusiya bukomeje kugaba ibitero muri Ukraine mu gihe bari bumvikanye agahenge
Next Article Ingabo z’u Bwongereza zishe urwagashinyaguro abana bambaye amapingu muri Afghanistan
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Sadate Munyakazi: “Mu rugo rwacu, imodoka ihenze kurusha izindi ni iy’umugore wanjye, si iyanjye.”
May 12, 2025
Perezida Ramaphosa yahakanye amakimbirane na Perezida Kagame, ashimangira uruhare rwa Afurika mu gushaka amahoro muri DRC
May 12, 2025
Polise y’u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi umusekirite wagaragaye atega umuntu kuri sitade
May 12, 2025
Bwiza yabeshywe kugurirwa album ye ntanumwe urayishyura mu bayiguze
May 12, 2025
Umusore w’imyaka 23 afungiwe gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 5 i Musanze
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Minisitiri w’imari wo muri DRC yatawe muri yombi aho yatwawe n’indege idasanzwe ya gisirikare

Nicolas Kazadi, wahoze ari Minisitiri w’Imari muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yaraye afatiwe mu mujyi wa Mbuji-Mayi, umurwa mukuru…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Perezida Ndayishimiye yatangaje ko aherutse guhuguzwa ruswa ya miliyoni 4

Perezida w'u Burundi aherutse guhishura uko yatanze ruswa y'asaga miliyoni enye agamije kubona lisansi itorohera buri umwe mu guhugu cy'u…

2 Min Read
AMAKURU

Nyamasheke: Umugabo arembeye ku kigo nderabuzima cya Rangiro nyuma yo gukubitwa no gukomeretswa bikomeye n’umugore we

Simbizi Zablon w’imyaka 48 wo mu Mudugudu wa Nyakabingo, Akagari ka Murambi, Umurenge wa Rangiro, Akarere ka Nyamasheke arembeye ku…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Benjamin Netanyahu yateguje ukwihorera ku gitero Aba-Houthis bagabye ku gihugu cye

Benjamin Netanyahu, Minisitiri w’Intebe wa Israel, yatangaje ko Israel igiye kwihorera ku nyeshamba z’aba ba-Houthis zayigabyeho igitero cy’igisasu cyo mu…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?