igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: RDC yerekeje Amaso ku bacanshuro b’abanya-Colombia nyuma y’itsindwa ry’abo muri Romania
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > RDC yerekeje Amaso ku bacanshuro b’abanya-Colombia nyuma y’itsindwa ry’abo muri Romania
AMAKURU

RDC yerekeje Amaso ku bacanshuro b’abanya-Colombia nyuma y’itsindwa ry’abo muri Romania

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 14, 2025 4:35 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Nyuma y’amezi abacanshuro bo muri Romania bafashaga ingabo za FARDC mu ntambara na M23 ariko bikarangira batsinzwe bagataha, ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi bwongeye gushaka ubufasha bw’abo hanze, noneho bushyira amaso ku bacanshuro bakomoka muri Amerika y’Amajyepfo, cyane cyane muri Colombia

Guhera mu mpera z’umwaka ushize, havugwaga ko RDC igikomeje gahunda yo gukoresha abacanshuro. Ibyo byakomeje kuba impamo nyuma y’uko itsinda ry’abari baturutse muri Romania ridatanze umusaruro wifuzwaga.

Umunyamerika Erik Dean Prince, wahoze ari umusirikare wihariye wa Navy Seals, ni umwe mu bari kuvugwa cyane muri ibyo bikorwa. Prince, washinze kompanyi ya Blackwater izwi mu gutanga serivisi z’abacanshuro, aherutse kugirana amasezerano na Leta ya RDC yo gucunga umutekano ku birombe by’amabuye y’agaciro ndetse no kugenzura ikoreshwa ry’imisoro. Ibyo byumvikanweho muri Mutarama 2025.

Prince ubu ari gushaka abacanshuro benshi binyuze muri Blackwater, aho yibanda ku bahoze mu ngabo za Colombia. Abo bantu bamaze imyaka binjira mu bikorwa by’abacanshuro hirya no hino ku isi, barwana mu ntambara zitandukanye nko muri Ukraine, Sudani, Yemen, Libya na Somalia.

Muri Ukraine, aho bari bajyanywe kurwanira ku ruhande rwa guverinoma ya Kiev, babwirwaga ko bazajya bahembwa miliyoni 19 z’amapeso ya Colombia ku kwezi, angana hafi na $4300. Hari n’aho bivugwa ko babonaga $7000 ku kwezi, nk’uko byigeze kuba muri Yemen. Abenshi bajyaga baboneka binyuze mu matangazo yacicikanaga ku mbuga nkoranyambaga nka TikTok.

Mu minsi ishize, abagera kuri 300 bivugwa ko barwanaga ku ruhande rwa Rapid Support Forces muri Sudani. Abo banya-Colombia kandi bakunze gushakishwa cyane muri Mexique n’ahandi mu bikorwa bijyanye no kurinda ibiyobyabwenge cyangwa kwambutsa abantu mu buryo butemewe.

Blackwater ya Erik Prince iri kongera kugaruka mu bikorwa by’intambara, nubwo guverinoma ya Amerika atari ko yose ibishyigikiye. Raporo ya Loni yo mu 2024 yagaragaje ko Prince afite gahunda yo kujyana abacanshuro 2500 muri RDC. Nubwo Amerika iri mu ruhande rw’abashaka amahoro hagati ya RDC, u Rwanda na M23, biragaragara ko hari igice cy’abanya-Amerika gikomeje gukora ibihabanye n’iyo ntego.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, aherutse kuvuga ko ubwo ibiganiro bigikomeje hagati y’impande zirebwa n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo, hari ibimenyetso ko RDC ikomeje gutegura intambara, harimo n’ugutumiza abandi bacanshuro bashya nyuma y’abo muri Romania.

Hari amakuru kandi avuga ko Blackwater izaba imwe mu masosiyete ashobora gusigara mu gace ka Congo, mu gihe ingabo za Monusco zaba zavuye mu gihugu.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Abatuye umujyi bose basinze urumojyi nyuma yo gutwikirwa mu mujyi hakazamuka umwotsi warwo
Next Article Abapolisi babiri bakubiswe n’inkuba ubwo bari bari gucunga umutekano wo mu muhanda
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Intwaro karabutaka yitwa Shitani 2 iteye ubwoba uburengerazuba bw’isi
May 17, 2025
AMAFOTO: Abaganga b’inzobere 36 batandukanyije abana b’impanga bavutse bafatanye ku mutwe
May 17, 2025
Nigeria: Icyorezo cyiswe Lassa Fever kimaze guhitana ubuzima bw’abantu bagera ku 138
May 17, 2025
Ibiganiro by’u Burusiya na Ukraine byarangiye nta musaruro uvuyemo
May 17, 2025
Umushinjacyaha Mukuru w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa ICC yeguye by’agateganyo
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Leta y’u Burundi yashinjwe gufunga Elias Niyonkuru usanzwe utavuga rumwe na yo imwita umupfumu

Leta y’u Burundi yashinjwe gufunga Elias Niyonkuru usanzwe utavuga rumwe na yo, ibeshya ko imukurikiranyeho ibyaha bifitanye isano n’ubupfumu. Elias…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

RDC: Abarwanyi ba AFC/M23 bisubije uduce twinshi two muri Walikale

Mu ntambara ikomeje kuzambya umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), abarwanyi ba AFC/M23 bongeye kwigarurira uduce…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Indege yavaga muri Kenya igiye muri Tanzania yasubitse urugendo igitaraganya

Indege ya Sosiyete ya Kenya Airways yategetswe gusubira inyuma kubera impugenge z’uko hashobora hari umuzigo wamenega ibintu bishobora kwangiza ubuzima…

1 Min Read
AMAKURU

Ingabo za RDC zahanganye na Wazalendo bipfa uduce buri ruhande rushaka kugenzura

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikorera mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo zahanganye n’umutwe witwaje intwaro wa Mai Mai…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?