igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida wa FERWAFA yavuze ko guhana Rayon Sport biri ngombwa
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMIKINO > Perezida wa FERWAFA yavuze ko guhana Rayon Sport biri ngombwa
IMIKINO

Perezida wa FERWAFA yavuze ko guhana Rayon Sport biri ngombwa

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 20, 2025 8:54 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 19 Gicurasi 2025, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Munyantwali Alphonse, yatangaje ko imyanzuro yafashwe nyuma y’imvururu zabaye ku mukino wa Rayon Sports FC na Bugesera FC, ifite ishingiro kandi ikwiye

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, Munyantwali yavuze ko imyitwarire y’abafana ba Rayon Sports itari ikwiye, ndetse ko nta na kimwe cyabaye mu mukino cyari gikwiye guhinduka impamvu yo guteza imvururu. Uwo mukino wari uwo ku munsi wa 28 wa Shampiyona y’u Rwanda, wabereye i Bugesera, urangira ugaragaramo ubushyamirane bw’abafana ba Rayon Sports batishimiye imisifurire.

Yagize ati: “Ku bwanjye, ku bijyanye n’umutekano, icyo ni igihano cyoroheje. Nta kibazo nabonye ku bitego bya Bugesera FC. Ndetse uko byari kugenda kose, ntabwo byari bikwiye gusubizwa n’ubugizi bwa nabi.”

Munyantwali yanavuze ko hakiri icyuho mu mategeko ya FERWAFA, cyane cyane ku bijyanye n’imyitwarire mibi y’abafana n’abandi banyamuryango b’umupira, ariko ko hari gahunda yo kuyanoza. Yavuze ko hari ibikorwa bitari bisanzwe nk’ugutera amabuye mu kibuga, bitari byaratekerejweho mu mategeko ariko ko ibyo byose bizashyirwamo ingufu.

Yagize ati: “Hari amategeko tutigeze dutekerezaho cyane kuko ibyo bibazo byabonekaga gake. Ariko uko tugenda dutera imbere, tuzayatunganya kugira ngo habeho ibisubizo bifatika ku bibazo bivuka mu kibuga.”

Ku bijyanye n’ibirego bivugwa ku Umunyamabanga wa FERWAFA, Kalisa Adolphe, bashinja ko afitiye isano n’ikipe ya APR FC, Munyantwali yabitangaje nk’akarengane, avuga ko ari imyumvire idafite aho ishingiye.

Yagize ati: “Iyo myumvire ni yo igomba guhinduka. Abantu bagakwiye gushaka ukuri aho kugendera ku bivugwa gusa. Ese igihe APR yatewe mpaga, ntiyari Umunyamabanga wa FERWAFA? Aho ni ho hakwiye gutangirira.”

Munyantwali yasoje ashimangira ko ruswa mu mupira w’u Rwanda itazihanganirwa na gato, ko uwo ari we wese uzafatwa azahanwa bikomeye.

Yagize ati: “Ruswa mu mupira si ikintu tugomba kureberera. Abo tuzafata tuzabahana uko bikwiye.”

Nubwo manda ye irimo kugana ku musozo, Munyantwali yavuze ko ku bijyanye no kongera kwiyamamaza azabitangaza igihe nikigera.

Yasoje ashimangira ko imvururu mu mupira w’amaguru zikwiriye guhanwa by’intangarugero, kuko zangiza isura y’umukino kandi zigatera umutekano muke mu gihugu.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Perezida wa Rayon Sports yavuze ko gutwara igikombe bitagishobotse
Next Article Icyiciro cya 3 cy’ingabo za SADC zatashye zinyuze mu Rwanda
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

DRC: Uwahoze ari minisitiri w’intebe yakatiwe imyaka 10 akora imirimo y’agahato
May 20, 2025
Nzabahayo uzwi nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ akurikiranweho icyaha gikomeye
May 20, 2025
Musanze: Urupfu rw’umusore wasanzwe mu isantere yapfuye rwateje urujijo mu baturage
May 20, 2025
Rurageretse hagati ya Muhoozi Kainerugaba na muramu we
May 20, 2025
Impunzi z’Abarundi zikabakaba 200 zabaga mu nkambi ya Kakuma muri Kenya zatashye
May 20, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINO

Abafana ba Rayon Sports biyambaje Umukuru w’Igihugu nyuma y’imvururu zabaye

Abafana ba Rayon Sports biyambaje Umukuru w’Igihugu nyuma y’imvururu zabaye mu mukino wahuje iyo kipe na Bugesera FC, ugasubikwa utarangiye.…

2 Min Read
IMIKINO

Mugisha Ndori niwe ugiye kuba atoza APR mu mikino isigaje

Nyuma yo kugirwa umutoza w’agateganyo wa APR FC asimbuye Umunya-Serbia Darko Novic, Mugisha Ndori yatangaje ko nta gitutu na gito…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINOPOLITIKE

Abafana ba Arsenal bari mu myigaragambyo yo kwamagana amasezerano y’ubufatanye bw’iyi kipe n’u Rwanda

Itsinda ry’abafana ba Arsenal ryagaragaje ko ritishimiye amasezerano y’ubufatanye hagati y’iyi kipe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubukerarugendo mu Rwanda, basaba ko…

4 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Ikipe ya Rutsiro FC yaba yitsindishije?

Mu mukino w’Umunsi wa 25 wa Shampiyona y’u Rwanda wabaye ku wa 26 Mata 2025, aho Ikipe y’Ingabo z’Igihugu APR…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?