igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Urukuta rwa X ya polisi y’igihugu muri Tanzania rwibwe n’abataramenyekana batangaza ko Samia Suluh yapfuye
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Urukuta rwa X ya polisi y’igihugu muri Tanzania rwibwe n’abataramenyekana batangaza ko Samia Suluh yapfuye
AMAKURUMU MAHANGA

Urukuta rwa X ya polisi y’igihugu muri Tanzania rwibwe n’abataramenyekana batangaza ko Samia Suluh yapfuye

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 21, 2025 9:24 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Leta ya Tanzania yahagaritse by’agateganyo ikoreshwa ry’urubuga nkoranyambaga rwa X (rwahoze ari Twitter) nyuma y’uko konti ya Polisi y’igihugu (Tanpol) yinjiriwe n’abantu bataramenyekana bagatangaza amakuru y’ibihuha avuga ko Perezida Samia Suluhu Hassan yapfuye

Nk’uko byatangajwe n’Urubuga NetBlocks, rukurikirana uko internet ikoreshwa ku isi, ku wa 20 Gicurasi 2025, abaturage benshi bo muri Tanzania bari batakibasha kugera kuri urwo rubuga binyuze ku murongo w’ibigo byose by’itumanaho bikorera muri icyo gihugu.

Abinjiriye konti ya Polisi basize batangaje ubutumwa bunyuranye, burimo n’ubwatangajwe mu buryo bwa ‘Live’, mbere y’uko Leta isubirana ububasha kuri iyo konti.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Tanpol, yemeje ko ayo makuru ari ibinyoma kandi ko nta na rimwe Polisi yatangaza ibintu nk’ibyo biciye ku miyoboro yayo yemewe. Yagize iti:

“Mu gihe dukomeje gushakisha abari inyuma y’ibi bikorwa no gukurikirana ababikwirakwiza, turasaba abaturage kudaha agaciro ayo makuru kandi ntibayakwirakwize. Abazagaragara bayatangaza cyangwa bayasakaza bazafatirwa ibihano bikomeye.”

Birakekwa ko ibyabaye bifitanye isano n’ubutumwa Perezida Samia aherutse gutangaza ku itariki ya 19 Gicurasi 2025, ubwo yanengaga impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu n’abanyamategeko baturutse muri Kenya bari baje gukurikirana urubanza rwa Tundu Lissu, umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta, ariko bakaza kwirukanwa.

Perezida Samia yavuze ko hari bamwe mu bo yise “impirimbanyi zigamije inabi” zo mu karere bashaka kwivanga mu miyoborere y’igihugu cye, kandi ashimangira ko Tanzania itazabemerera gukora ibyo bishakiye nk’uko babigenza mu bihugu bakomokamo.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Ndi gupfa, ndumva uburibwe bukomeye – Eddie Mutwe
Next Article Israel ishobora kuba iri gutegura igitero ku bikorwaremezo bya nucléaire bya Iran, nk’uko inzego z’ubutasi za Amerika zibivuga
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Niba ukunda Filime ziteye ubwoba, Dore filime 10 zikunzwe cyane wareba
May 21, 2025
Rayon Sport yatakaje umwanya wa mbere nyuma yo kunanirwa kwishyura Bugesera FC
May 21, 2025
Inkomoko y’insigamugani ‘Habe na Mba’
May 21, 2025
Huawei yashyize hanze mudasobwa idasanzwe
May 21, 2025
U Rwanda na Loni basinye amasezerano y’imyaka itanu agamije guteza imbere igihugu
May 21, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Mwarimu yavuzeko ngo yafatiweho umuhoro ngo yemere ko yasambanyije umunyeshuri

Umwarimu washinjijwe n'ubushinjacyaha cyo gusambanya umunyeshuri yavuze ko abeshyerwa ko ibyo yemeye yabyemejwe n'uko bamufatiyeho umuhoro. Mu rukiko rwibanze rwa…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Sheilah Gashumba yavuze ko kwita ‘Mama’ umukobwa se aheruka kurongora bitazashoboka

Umwana wa Frank Gashumba uherutse gukorana ubukwe n’umukobwa arusha imyaka 29, Sheilah Gashumba yatangaje ko bitazashoboka ko uyu mukobwa Mama.…

1 Min Read
AMAKURU

Kicukiro: Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 basaniwe

IBUKA mu Murenge wa Kigarama yashimye ibikorwa byo gufasha abarokotse Jenoside badafite amacumbi Umuryango IBUKA ushinzwe kwita ku nyungu z’abarokotse…

3 Min Read
AMAKURU

Sena ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yashyizeho komite igiyekwambura Kabila ubudahangarwa mu minsi 3 agakurikiranwa n’ubutabera

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 15 Gicurasi, Sena ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yashyizeho komite tekinike igiye gusuzuma…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?