igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Rayon Sports yahanishijwe gukina imikino isigajeya shampiyona idafite abafana
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMIKINO > Rayon Sports yahanishijwe gukina imikino isigajeya shampiyona idafite abafana
IMIKINO

Rayon Sports yahanishijwe gukina imikino isigajeya shampiyona idafite abafana

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 21, 2025 10:04 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Rayon Sports igiye gukina imikino ibiri ya nyuma ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda nta bafana bemerewe kwinjira kuri sitade, nyuma y’imvururu zabaye mu mukino wo ku munsi wa 28 wa shampiyona ubwo yari yasuye Bugesera FC tariki ya 17 Gicurasi 2025

Ibi byemezo byatangajwe kuri uyu wa Mbere n’Inama ya Komisiyo ishinzwe amarushanwa muri FERWAFA, yanzuye ko Rayon Sports izasigara ikina imikino yayo y’imbere idafite abafana. Komisiyo yifashishije ingingo ya 21 y’amategeko agenga amarushanwa, ivuga ko ikipe ishobora guhanwa kubera imyitwarire mibi y’abafana bayo.

Imikino Rayon Sports izakina nta bafana barimo harimo uwa Bugesera FC uzasubukurwa ku wa Gatatu w’iki cyumweru, ndetse n’indi mikino ibiri ya nyuma izasigara ngo shampiyona irangire. Umukino wa 29 uzayihuza na Vision FC tariki ya 24 Gicurasi 2025, mu gihe izasoreza kuri Gorilla FC. Nubwo yaba itwaye igikombe, nta mufana uzaba wemerewe kureba iyi mikino kuri sitade.

Ku rundi ruhande, FERWAFA yavuze ko Stade ya Bugesera yujuje ibisabwa kugira ngo yakire imikino, kuko yagenzuwe mbere y’uko umwaka w’imikino wa 2024–2025 utangira kandi ihabwa uburenganzira. Abantu ku giti cyabo bagaragaye mu mvururu zo muri Bugesera bazahanwa hakurikijwe amategeko agenga amarushanwa.

Rayon Sports iri mu makipe ahataniye igikombe cya shampiyona, ariko iyi myanzuro ishobora kugira ingaruka ku buryo iyi kipe isoza umwaka w’imikino nabi.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Aisha yavuze ko atari azi ubusobanuro bw’amagweja ubwo yabivugaga
Next Article Ibyo wamenya ku umujyi wo muri Amerika aho kwambara inkweto ndende bisabirwa icyemezo
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Niba ukunda Filime ziteye ubwoba, Dore filime 10 zikunzwe cyane wareba
May 21, 2025
Rayon Sport yatakaje umwanya wa mbere nyuma yo kunanirwa kwishyura Bugesera FC
May 21, 2025
Inkomoko y’insigamugani ‘Habe na Mba’
May 21, 2025
Huawei yashyize hanze mudasobwa idasanzwe
May 21, 2025
U Rwanda na Loni basinye amasezerano y’imyaka itanu agamije guteza imbere igihugu
May 21, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINO

Kevin De Bruyne yasezeye Manchester City mu birori byarannzwe n’amarangamutima, Pep Guardiola araturika ararira

Nyuma yo gutsinda Bournemouth ibitego 3-1 ku wa Kabiri nijoro, umukinnyi wa Manchester City Kevin De Bruyne yasezeye ku buryo…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Ubujurire bwa Rayon Sports ku cyemezo cyafashwe na FERWAFA bwanzwe

Ubujurire bw'ikipe ya Rayon Sports ku mwanzuro wafashwe n'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA, wo gusubukura umukino ubanza wa 1/2…

3 Min Read
IMIKINO

APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro cya 2025 itsinze Rayon Sports, ishyira iherezo ku myaka 8 yo kugitsindwa

Kuri iki Cyumweru tariki ya 4 Gicurasi 2025, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Rayon Sports ibitego 2-0 mu mukino…

2 Min Read
IMIKINOMU MAHANGA

De Bruyne ntazakomezanya na Man City umwaka utaha

Umubirigi ukinira ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza Kevin De Bruyne yatangaje ko atazakomezanya n’iyi kipe uyu mwaka w’imikino…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?