igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Apple igomba gukorera iPhone muri Amerika cyangwa igasora umurengera
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Apple igomba gukorera iPhone muri Amerika cyangwa igasora umurengera
AMAKURUMU MAHANGAUBUKUNGU

Apple igomba gukorera iPhone muri Amerika cyangwa igasora umurengera

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: May 24, 2025 10:44 am
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump, yasabye ko Apple yajya ikorera telefone za iPhone muri iki gihugu cyangwa se zikajya zisoreshwa 25%.

Kuri uyu wa 23 Gicurasi, Trump abinyujije mu butumwa ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social, yatangaje ko amaze igihe kinini asaba Umuyobozi Mukuru wa Apple, Tim Cook, ko iPhone zigurwa n’Abanyamerika zajya zikorerwa 100% muri Amerika.

Ati “Maze igihe kinini menyesheje Tim Cook wa Apple ko nifuza ko iPhone zabo zizagurishwa muri Amerika zakorerwa muri Amerika, aho kuba mu Buhinde cyangwa ahandi. Nibitaba ibyo, Apple izishyura Amerika umusoro wa 25%.”

Bivugwa ko nibura buri mwaka Apple igurisha muri Amerika iPhone zirenga miliyoni 60, 80% byazo zikorerwa mu Bushinwa, biri no mu bituma Trump arakara bigeza aho ashyiriraho u Bushinwa umusoro w’umurengera.

Igihe Trump yazamuriraga u Bushinwa umusoro, ikigo cya Apple cya imishinga yo kwimurira inganda zayo nyinshi mu Buhinde bitarenze mu mpera za 2026, mu kwirinda ko ubucuruzi ikorera muri Amerika butazamo icyuho.

Umwe mu bashinze Apple mu 2010 Steve Jobs, ubwo yahuraga na Barack Obama wayoboraga Amerika, yasabwe ko inganda zayo zose zakimukira muri iki gihugu, gusa amusubiza ko iki kigo gikeneye ba enjenyeri 30.000 kandi ko Amerika itabafite.

Jobs yabwiye Obama ati “Ntabwo wabona benshi bo guha akazi muri Amerika. Mubaye mwigishije ba enjenyeri, twakwimurira inganda nyinshi hano.”

Perezida Trump akomeje gushyira igitutu ku nganda zikomeye cyane cyane izikora ibikoresho bifite agaciro kanini cyaned, byaba iby’Abanyamerika n’iby’abanyamahanga, yifashishije intwaro y’imisoro.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article The Ben na Diamond platinum bagiye gukorera igitaramo muri Uganda
Next Article Ikipe ya Napoli yegukanye igikombe ihanganye na Inter Milan yarushaga inota 1
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Ikipe yigeze kuba iya nyuma ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda birangiye ari yo iyegukanye
May 24, 2025
Jeannette Kagame yakebuye abarera abana
May 24, 2025
U Burusiya bwagabye ibitero bya drones zirenga 250 muri Kyiv
May 24, 2025
Minisiteri y’Uburezi na Siporo muri Uganda yakuyeho ibirori bihanitse mu mashuri
May 24, 2025
Mukandutiye Angeline yakatiwe igifungo cya burundu kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
May 24, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Mu muhango wo gutora Papa ku munsi wa kabiri: Abakaridinari bananiwe kumvikana uba Papa

Uwo mwotsi wongeye kugaragara nyuma y’uko amatora y’Abakaridinali bose bari muri uwo muhango ibisubizo byabo bigaragaje ko Papa ataraboneka. Umwotsi…

1 Min Read
AMAKURU

Nyamasheke: Umugabo w’imyaka 52 yatewe icyuma mu rubavu n’umuntu utamenyekanye aramwica ahita yiruka

Umugabo w’imyaka 52 wo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, yatewe icyuma mu rubavu n’umuntu utamenyekanye aramwica ahita…

2 Min Read
AMAKURU

Kicukiro: Hagaragaye umurambo w’umusore bikekwa ko yishwe ateraguwe ibyuma

Mu gitondo cyo ku wa Kane, tariki ya 15 Gicurasi 2025, mu Kagari ka Nyanza, Umurenge wa Gatenga, Akarere ka…

2 Min Read
AMAKURU

Antoine Cardinal Kambanda Yavuze ku kudatezuka kwa Nyakwigendera Alain Mukuralinda

Mu muhango wo gusezera Alain Mukuralinda muri Paruwasi Gatolika ya Rulindo, Arikiyepiskopi wa Kigali Antoine Cardinal Kambanda yagaragaje ko Alain…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?