igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: 2030 ntamuntu uzongera gupfa
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > 2030 ntamuntu uzongera gupfa
AMAKURUIKORANABUHANGA

2030 ntamuntu uzongera gupfa

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 24, 2025 4:55 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Umuhanga mu bumenyi bwa mudasobwa wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ray Kurzweil, yatangaje ko mu mwaka wa 2030 abantu batazaba bagipfa bitewe n’ikoranabuhanga rihambaye rizaba rihari.

Kurzweil yatangaje ko muri uwo mwaka hazaba harakozwe utumashini tutaboneshwa amaso ndetse na za robots ntoya cyane zizinjizwa mu miyoboro y’amaraso mu mubiri w’umuntu.

Nk’uko uyu muhanga yabisobanuye, izi robots nizikorwa, zizajya zizenguruka umubiri wose, zisuzuma utunyangingo twangiritse kugira ngo zituvure ku buryo umuntu atazongera kurwara cyangwa ngo asaze.

Ni ubuhanuzi bumeze nk’inzozi ku bantu bizera ko uko byagenda kose, uwavukiye mu Isi aba agomba gupfa, nk’uko bishimangirwa n’ibitabo bitandukanye byo muri Bibiliya birimo Umubwiriza.

Kurzweil w’imyaka 77 y’amavuko afatwa nk’umuhanuzi mu iterambere ry’ikoranabuhanga. Byinshi yavuze ko bizaba mu gihe kiri imbere ntabwo byizerwaga, nyamara byarangiye bibaye impamo.

Ni we wavuze mu ntangiriro z’imyaka ya 2000 ko mudasobwa na internet bigiye gukwirakwira byihuse ku Isi yose, kandi ibyo byarabaye nyuma y’igihe gito.

Kurzweil kandi yateguje ko ku Isi hagiye kuboneka ibikoresho byinshi by’ikoranabuhanga bisumbura mudasobwa zitagendanwa. Mu myaka 2010 haje telefone zigezweho ndetse na tablets.

Yateguje kandi ko hazakwitakwira ikoranabuhanga ryumva ijwi, rikamuhuza na nyiraryo. Nyuma y’igihe abivuze, mu myaka ya 2010 haje Siri, Alexa ndetse na Google Assistant.

Ku bwenge buhangano (AI), Kurzweil yateguje ko buzajya bwifashishwa mu buzima bwa buri munsi kandi ko buzajya bwunganira abantu mu mashakiro y’amakuru kuri internet.

Kuva mu 1965 kugeza mu 2014, Kurzweil yahawe amashimwe menshi ku bw’uruhare yagize mu iterambere ry’ikoranabuhanga. Harimo icyo yahawe na Leta ya Amerika mu 1999 gihabwa abahanga udushya.

Ntabwo ariko ibyo yahanuye byose byabaye kuko bivugwa ko mu bigera mu 147 yahanuye, habayemo gusa ibigera kuri 86%. Ibitarabaye byatumye bagenzi be barimo Neal Stephenson na Bruce Sterling bagaragaza ko aba atomboza.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Mushikiwabo yasuzuguye Minisitiri mu buryo bukomeye ahita ajya kwiga muri USA
Next Article Amerika yashimye intambwe u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byateye
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Prezida Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal y’abagore yegukanye ‘Women Champions League 2025’
May 25, 2025
Ikipe y’abangavu ya APR WFC yegukanye igikombe cya Shampiyona
May 25, 2025
U Burusiya ntabwo bushyigikiye na gato ko ibiganiro by’amahoro na Ukraine bibera i Vatican
May 24, 2025
Sukhoi, Kajugujugu n’ibifaru ku Kibuga cy’Indege cya Goma, nibura umuturage abarirwa imbunda ebyiri
May 24, 2025
Weasel yageze i Kigali, avuga ko agiye kwerekanwa kwa Sebukwe
May 24, 2025

You Might Also Like

AMAKURUPOLITIKE

“Goverinoma ikwiye gushyiraho amategeko agenga AI” – MININFRA

Olivier Kabera, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA), avuga ko nubwo hari umyvuduko muiterambere ry’ubwenge buhangano (AI)mu Rwanda, hakwiye…

2 Min Read
Umugaba Mukuru w’Ingabo za KDF
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Intandaro y’impanuka ikomeye y’indege yo mubwoko bwa kajugujugu yahitanye Umugaba Mukuru w’Ingabo za KDF

Iperereza ryakozwe na Minisiteri y’Ingabo za Kenya rimaze hafi umwaka wose ku mpanuka ya kajugujugu yahitanye Gen Francis Ogolla wahoze…

2 Min Read
AMAKURU

Umubyeyi yajyanye inkoko esheshatu ashaka kwishyura amafaranga y’ishuri y’abuzukuru be babiri

Umukecuru witwa Consolata Oduya wo muri Kenya yakoze igikorwa cyakoze ku mitima ya benshi ubwo yajyaga ku ishuri afite inkoko…

2 Min Read
AMAKURU

Pop Francis yamaze kuva mu buzima nk’uko bitangajwe na Vatican

Umushumba wa Catholic Pop Francis wari umaze igihe arwaye yamaze gushiramo umwuka azize indwara y'umusonga wo mu bihaha Umushumba wa…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?