Umukinnyi wo hagati wa FC Barcelona, Alexia Putellas, yavuze ko Arsenal yakinnye neza kandi ikwiye intsinzi mu mukino wa nyuma wa Champions League y’abagore wabaye ku wa Gatandatu, aho yavuze ko ikintu cyonyine yumvise nyuma y’umukino ari ububabare.
Barcelona yari ifite icyizere cyo kwegukana igikombe cya kane cya Champions League, ariko itsindwa igitego 1-0 i Lisbon, na Arsenal itari yitezwe, ariko yegukanye igikombe cya kabiri.
Iyi kipe yo muri Catalunya yari ishaka gutwara iri rushanwa ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, ariko ntiyabigeraho kubera umukino utari ku rwego isanzwe igaragazaho ubuhanga.
Putellas, umaze kwegukana Ballon d’Or ebyiri, yabwiye DAZN ati: “Dukeneye gushimira Arsenal, bakoze igishoboka cyose, ariko twe ntabwo twageze ku rwego rwacu, kandi ntiwabasha kubigeraho.”
“Birababaza cyane, cyane cyane ku bafana bacu batari bakwiye kubona umukino wa nyuma umeze gutya. Turababaye cyane, ubu ikintu cyonyine numva ni ububabare. Ariko ejo tuzongera duhaguruke dutangire urugamba rushya rwo kuzabigeraho umwaka utaha.”
Umutoza wa Barcelona, Pere Romeu, yavuze ko ikipe ye ikeneye kwisuzuma no gukora isesengura ryimbitse, ariko anagaragaza ko nubwo batsinzwe, bitashenye umusaruro mwiza bagize muri shampiyona.
Barcelona yegukanye Liga F ndetse na Super Cup ya Espagne, kandi ishobora gusoza umwaka w’imikino wa 2024-25 itwaye ibikombe bitatu (domestic treble) nibaramuka batsinze Atletico Madrid ku mukino wa nyuma wa Copa de la Reina mu kwezi kwa Kamena.
Romeu yagize ati: “Icyifuzo cyo gutsinda kiri mu maraso y’abakinnyi no muri iyi kipe. Iyo utsinzwe umukino wa nyuma nk’uyu ni igihe kigoye, ariko umwaka w’imikino wabaye mwiza cyane. Iyi minota 90 ntabwo ariyo igena uko umwaka wose wagenze.”
Aitana Bonmatí, nawe wegukanye Ballon d’Or inshuro ebyiri, yavuze ko yumva aheze mu gahinda, ariko asezeranya ko bazagaruka bagashaka ibindi bikombe.
Yagize ati: “Igice kinini cy’agahinda no kwiheba mfite gishingiye ku bafana bacu bagiye kudushyigikira. Ndababaye cyane. Ariko tuzagaruka.