igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Bafashwe bazira kwiba imiti kandi ari abaforomo
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Bafashwe bazira kwiba imiti kandi ari abaforomo
AMAKURU

Bafashwe bazira kwiba imiti kandi ari abaforomo

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: April 25, 2025 3:53 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Polisi yo mu majyepfo yatagaje ko baje bufata abaforomo babashinja kwiba imiti bakayigurisha abandi bagiye kuyicuruza kuri cyamunara

Ku wa 24 Mata 2025, mu Murenge wa Nyamabuye, Akagari ka Gahogo, Mudugudu wa Kavumu, hafashwe abaforomo babiri bakekwaho ubujura bw’imiti n’ibikoresho by’ubuvuzi byo mu ivuriro rya Gitega.

Amakuru avuga ko umwe muri aba bagabo, wari ushinzwe ububiko bw’imiti, yayikuragamo mu ibanga akayiha mugenzi we bakoranaga utuye mu Mujyi wa Muhanga. Ifatwa ryabo ryaturutse ku buryo umwe yitwaje ijoro akabeshya umuzamu ko yibagiwe ibintu mu bubiko, arakingurirwa maze asohoka ahetse igikapu. Umuzamu ntiyahise amenya ibiri mu gikapu, ariko hari hashize igihe bamwe mu bakozi bakeka ko hari ubujura bukorerwa muri iryo vuriro, nubwo nta bimenyetso bifatika bari barabona.

Aba bagabo bombi batawe muri yombi ubwo umwe yajyanaga iyo miti n’ibikoresho aho bisanzwe bijyanwa, amakuru atangwa n’abaturage akaba yaratumye Polisi ibafata bari kumwe, bakaba bahise bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB).

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yemeje iby’aya makuru agira ati: “Bakekwaho ubujura bw’icyuma gipima indwara hamwe n’imiti y’ubwoko bubiri byo mu ivuriro rya Gitega, kandi byose byabafatanywe. Ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye kugira ngo bakurikiranwe n’amategeko.”

SP Habiyaremye yasabye abaturage gukomeza gutanga amakuru ku bikorwa nk’ibi kugira ngo biburizwemo hakiri kare, anibutsa abibwira ko bashobora kwiba bakihisha ko Polisi ikomeje kuba maso kandi izahora ibakurikirana.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Nyanza: Umugabo yishe umugore we amutemaguye, nawe yikubita ku kintu kiramukomeretsa ahita apfa
Next Article Umubyeyi ubyara Niyo Bosco yashinguwe umuhango witabiriwe n’umuhungu we Niyo
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Umuyobozi ukomeye mu Burundi yagaragaje ko Perezida Kagame yashatse kwiyunga na Nkurunziza bikanga
May 23, 2025
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi yatangaje ko u Buhinde bwafungiye amazi igihugu cya Pakistan
May 23, 2025
Justin Bieber yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Jennifer Lopez yajyanywe mu nkiko azira amafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo agiye kugeza ijambo ku Banye-Congo nyuma yo kwamburwa ubudahangarwa
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Rwezamenyo: Abaturage batewe ubwoba n’abajura basigaye babategera mu nzira bakabambura bakabatera n’ibyuma

Abaturage bo mu Murenge wa Rwezamenyo, Akarere ka Nyarugenge, baravuga ko batewe ubwoba n'abajura basigaye babategera mu nzira bakabambura rimwe…

1 Min Read
AMAKURU

Umugore wamenesheje amagi agahanga k’umwana we yahamijwe n’urukiko icyaha cyo guhohotera

Mu 2023, ngo nibwo habayeho inkubiri y’ababyeyi bo hirya no hino ku Isi, bashyira za videwo ku rubuga nkoranyambaga rwa…

3 Min Read
AMAKURU

Huye: RIB yataye muri yombi umugore nyuma yo gusanga imibiri irenga 290 mu isambu ye

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Ntirushwamaboko Marie Providence, w’imyaka 64, wo mu Murenge wa Ngoma, Akarere ka Huye,…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Ikipe ya APR WVC yifatanyije n’umuryango nyarwanda muri Nigeria #kwibuka31

Ikipe ikina umukino w’amaboko (volleyball) ya APR WVC, abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba muri Nigeria bifatanyije mu bikorwa byo Kwibuka…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?