igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Bertrand Bisimwa ashinja Leta ya RDC gufatanya na FDLR no kuyihishira
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Bertrand Bisimwa ashinja Leta ya RDC gufatanya na FDLR no kuyihishira
AMAKURUPOLITIKE

Bertrand Bisimwa ashinja Leta ya RDC gufatanya na FDLR no kuyihishira

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 27, 2025 9:40 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Perezida wa M23 ushinzwe politiki, Bertrand Bisimwa, yashinje ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kuba igikoresho cy’umutwe w’iterabwoba wa FDLR. Avuga ko iyi Leta ishyigikira abarwanyi ba FDLR yitwaje ko ari impunzi, kandi ibyo atari ukuri kuko impunzi zidafite uburenganzira bwo kwitwaza intwaro cyangwa guhungabanya igihugu kibacumbikiye

Bisimwa yagize ati: “Nta gihugu na kimwe ku Isi cyemera ko impunzi zitunga intwaro. Ntabwo byumvikana uburyo abo bantu bitwa impunzi ariko bagafata intwaro, bagafata n’ubutaka bw’igihugu kibakira.”

Yakomeje avuga ko Leta ya Kinshasa ikoresha abana bakomoka ku barwanyi ba FDLR, ikabashyira mu gisirikare, kandi bamwe muri bo baravukiye mu mashyamba kuva mu 1994, aho bigishijwe urwango rukabije ku Batutsi, haba abo mu Rwanda n’abo muri Congo.

Bisimwa yatanze urugero rw’uko abo bana, bakuze mu mashyamba, batazi ikindi kintu uretse urwango n’intwaro, bigatuma bamwe baba abanyamahane b’indengakamere. Ati: “Uwo mwana agira icyo amariye agahinda ke iyo ashatse kwihorera ku bo bamubwiye ko ari abanzi, rimwe na rimwe bikagera n’aho arya inyama zabo. Ibyo ni ibintu bitangaje ariko biba.”

Asanga ibi byose bikorwa Leta ya Congo ibizi kandi ibifitemo uruhare. Yasabye ko abarwanyi ba FDLR baburanishwa ku byaha by’ubwicanyi n’ubusahuzi bakoze muri RDC, ariko agaragaza impungenge ko bitazashoboka bitewe n’uko bamwe mu bayobozi ba politiki muri icyo gihugu bafatanya na FDLR.

Yagize ati: “Abanyapolitiki bamwe ni abavugizi ba FDLR. Barayishyigikira, ndetse bakanashyira imbere ubutumwa bwayo. Ibi ni ikimenyetso simusiga cy’uko ari bo bayikorera.”

Yavuze ko ibi byose byageze n’aho Perezida Félix Tshisekedi ubwe atangaza mu ruhame ko azafasha FDLR kugerageza guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda. Bisimwa yakomeje yibaza niba Perezida Tshisekedi azi neza amateka ya RDC, ibikomere by’abaturage n’ingaruka z’imirwano y’imitwe yitwaje intwaro.

Mu gusoza, Bisimwa yavuze ko M23 yiyemeje kurwanya ibikorwa bya FDLR no gukuraho ubutegetsi bw’ababashyigikira. Yemeje ko uyu mutwe uzakomeza gufasha Abanyarwanda bafunzwe n’iyi mitwe gutaha ku bushake, ariko n’abashaka kuguma muri Congo bakazubahirizwa nk’uko amategeko mpuzamahanga abiteganya.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article U Buhinde bwageze ku mwanya wa kane w’ibihugu bikize ku isi busimbuye U Buyapani
Next Article Umugabo yajyanye mu nkiko resitora ya Whataburger nyuma yo guhabwa ibitunguru
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Muhazi FC yamanutse mu kiciro cya kabiri nyuma yo kunyagirwa n’Amagaju
May 28, 2025
Umwanditsi w’ibitabo Ngũgĩ wa Thiong’o yapfuye
May 28, 2025
Perezida wa Sena y’u Rwanda asanga ibiganiro ari wo muti w’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC
May 28, 2025
Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu cyuho yakira urumogi rwa ibilo 25 muri Muhanga
May 28, 2025
Cholera ikomeje kwibasira Sudani
May 28, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Kenya: Umugabo wo muri Afurika y’Epfo yasanzwe mu bwogero yapfuye biteza imvururu

Umugabo w’imyaka 68 wo muri Afurika y’Epfo bamusanze yapfiriye mu bwogero bwe, aho bivugwa ko yapfuye ku wa Gatatu, itariki…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko

Nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zambuye by’agateganyo Kaminuza ya Harvard uruhushya rwo kwakira abanyeshuri b’abanyamahanga, Abanyamategeko b'iyi Kaminuza…

2 Min Read
AMAKURU

Minisitiri w’Ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yategetse ko Amerika igabanya Abajenerali ifite ku kigero cya 20%

Minisitiri w’Ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pete Hegseth, yategetse igisirikare cy’igihugu kugabanya umubare w’Abajenerali n’abandi basirikare bakuru. Muri…

1 Min Read
AMAKURU

Ibyo wamenya ku umujyi wo muri Amerika aho kwambara inkweto ndende bisabirwa icyemezo

Muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Umujyi muto wa Carmel-by-the-Sea, ubu waramamaye kubera ko abawugendamo bose bagomba kubanza gusaba icyemezo gitangwa…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?