Umuhanzi akaba n’umunyepolitike Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni, avuga ko azatanga kandidatire ye mu matora ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2026.
Bobi Wine uyobora ishyaka rya ‘NUP’avuga ko mu gihe azaba akiraho cyangwa adafunzwe nta kabuza azahangana na Perezida Museveni. Ni mugihe uyu mukuru w’Igihugu we ataratangaza niba we aziyamamaza.Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru The Guardian, yavuze ko mu matora ataha batazayaharira General Museveni gusa, ahubwo ko agomba guhangana nawe. Yagize ati: “Ntidushobora guharira amatora Jenerali Museveni gusa.”
Yavuze ko bitewe n’uko muri Uganda, abaturage bagera kuri 80% bari munsi y’imyaka 35, bimworohereza kuba bamugirira icyizere nk’umuntu uharanira impinduka.Ati: “Ntekereza ko ntazafunga umunwa ari nabyo bizampesha guhangana n’ubutegetsi buriho.”Mu matora aheruka mu mwaka wa 2021, nabwo Bobi Wine yatanze Kandidatire ye ntibyamuhira kuko ibarura ry’amajwi ryagaragaje ko yagize amajwi 647.146 (27.39%) mu gihe Perezida Museveni bari bahanganye we yagize amajwi 1.536.205 (65.02%).