igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Element na 1:55am bari kurebana ay’ingwe kubera miliyoni 25 Frw yishyuzwa
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Element na 1:55am bari kurebana ay’ingwe kubera miliyoni 25 Frw yishyuzwa
AMAKURUIMYIDAGADURO

Element na 1:55am bari kurebana ay’ingwe kubera miliyoni 25 Frw yishyuzwa

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 23, 2025 12:22 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Mu minsi ishize, mu ruganda rwa muzika nyarwanda havuzwe ikibazo gikomeye hagati ya Producer Element na label yitwa 155am, aho uyu mu producer yishyuzwa miliyoni 25 Frw, bivugwa ko ari amafaranga yagiye ahabwa akoresheje izina rya label ariko ntagire icyo ayinjiriza.

Element, umwe mu ba producers bakunzwe cyane muri iyi minsi, amaze imyaka ibiri akorana na 155am. Muri icyo gihe, yakoze indirimbo nyinshi zamenyekanye cyane harimo Narakubabariye ya Junior Rumaga, Bad Boy ya Davis D, Selebura ya Bruce Melodie, Fou de Toiya Element, Pasadena ya Christopher, One in One ya Ray G, Bermuda ya Davis D, One More Timeya KennySol, ndetse naIgitangazaya Bruce Melodie.

Hari n’izindi nyinshi zirimo Azana ya Bruce Melodie, Cakulaya Phil Peter,Mamalodaya Calvin Mbanda, Wallah ya Okkama, Bana ya Shaffy,Mundaya Kevin Kade, Goloya Passy Kizito, Voleya Christopher, Molomitaya Director Gad, Hawayuya Yampano, Mpa Woweya Calvin Mbanda, Mileleya Element, Bestoya OkkamanaSekomaya ChrissEazy.

Amakuru avuga ko aya mafaranga yose yishyurwaga na ba nyiri indirimbo, ariko aho kunyuzwa muri 155am, Element ngo yayakiraga ubwe akayabika nk’aye bwite. Nyamara amasezerano yagiranye na label avuga ko agomba gutanga 60% by’ayo akorera kuri buri ndirimbo, kuko buri ndirimbo ngo yayikoraga agahabwa miliyoni 1 Frw, bivuze ko 600,000 Frw yagombaga kujya kuri label.

Hari impaka zikomeye kuri iyi ngingo. Hari abavuga ko Element atari umucungamutungo wa label ku buryo ari we wagombye kubazwa amafaranga yagiye yinjira. Abari hafi ye bemeza ko kwishyuzwa aya mafaranga ari akarengane kuko inshingano ze zari uguhanga indirimbo, atari ugucunga umutungo.

Ariko ku rundi ruhande, iyo hasinywe amasezerano hagati ya label n’umuntu runaka, haba harimo amabwiriza agenga imikoranire y’impande zombi, harimo no kumvikana ku buryo amafaranga yinjizwa n’indirimbo agenda. Niba koko Element yarasinye amasezerano amwemerera gukora nk’umukozi wa label kandi akajya yishyurwa binyuze muri yo, byaba ari ikosa kuba yarakiriye amafaranga atayanyujije muri label.

Label ni inzu ifasha umuhanzi cyangwa umukozi mu muziki, yaba mu buhanga, kwamamara, gufata amashusho, gushyira hanze ibihangano no kubimenyekanisha. Mu gusinyisha umuntu, label itanga ibikoresho n’ubushobozi bwose bukenewe, ariko nayo yiteze inyungu.

Nk’uko Nikola Iliev, Umuyobozi wa Café De Anatolia yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Forbes, “Ama-label ya muzika agira uruhare rukomeye mu ruganda rwa muzika, atanga ubushobozi, ubufasha n’ubwamamare bikenewe kugira ngo umuhanzi atere imbere muri iri soko ririmo guhangana cyane.”

Ni yo mpamvu, iyo habayeho gukoresha izina rya label kugira ngo winjize amafaranga ariko ukayafata ukayabika nk’ayawe bwite, bishobora gufatwa nk’uburiganya cyangwa uburangare mu mikoranire.

Biravugwa ko umwuka mubi umaze iminsi hagati y’impande zombi, ndetse hari amakuru avuga ko bashobora gutandukana. Umuyobozi wa 1:55am aherutse gutangaza ko arambiwe gushora amafaranga nta nyungu, ibintu bishobora kuba bifitanye isano n’ibi bibazo by’imicungire y’amafaranga.

Iki kibazo kirerekana uburyo amasezerano hagati ya label n’uwasinyishijwe agomba gusobanuka neza, ndetse impande zombi zigakurikiza inshingano n’amategeko bagenderaho. Niba koko Element yararenze ku masezerano yasinye, kwishyuzwa ayo mafaranga bishobora kuba bifite ishingiro. Ariko nanone, label nayo yagombaga gukurikiranira hafi umutungo wayo no gushyiraho uburyo bunoze bwo kugenzura ibikorwa by’abakozi bayo.

Icy’ingenzi ni uko impande zombi zikwiye gushaka umuti binyuze mu nzira y’amategeko n’ubwumvikane, aho kwiyemeza inzira zishobora kurushaho gutuma umubano washaho kuzamo agatotsi.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Diamond ashaka kurongora umugore wo muri Nigeria
Next Article RDC: Abarwanyi ba AFC/M23 bisubije uduce twinshi two muri Walikale
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Burusiya bukomeje kugaba ibitero muri Ukraine mu gihe bari bumvikanye agahenge
May 12, 2025
Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika
May 12, 2025
Perezida Kagame Yitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibigo muri Côte d’Ivoire
May 12, 2025
Hamas igiye kurekura imbohe y’Umunyamerika wa nyuma mu bafatiwe muri Israheli
May 12, 2025
Inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo igiye gukora iperereza ku ngabo zayo zagiye kurwanya M23
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero, hari gusorezwa Icyumweru cy’Icyunamo, #kwibuka 31

Ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero, hari gusorezwa Icyumweru cy’Icyunamo, hazirikanwa kandi abanyapolitiki bishwe bazira kurwanya umugambi wa Jenoside yakorewe…

1 Min Read
AMAKURU

Rwezamenyo: Abaturage batewe ubwoba n’abajura basigaye babategera mu nzira bakabambura bakabatera n’ibyuma

Abaturage bo mu Murenge wa Rwezamenyo, Akarere ka Nyarugenge, baravuga ko batewe ubwoba n'abajura basigaye babategera mu nzira bakabambura rimwe…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Aba DJs (abavanga imiziki) bazajya bishyura abahanzi mbere yo gucuranga indirimbo zabo – Dr. Utumatwishima 

Nk’uko Ministeri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MoYA) yabitangaje hagiye gushyirwaho ikigo gikusanya umubare w’abakoresheje ibihangano by’abahanzi nta burenganzira babiherewe, bazage bishuzwa…

2 Min Read
AMAKURU

Abacuruzi b’Isoko ry’Ingenzi za Huye baratabaza kubera ubujura, imiyoborere n’umutekano muke

Bamwe mu bacururiza mu isoko ry’Ingenzi riherereye mu Karere ka Huye, baratabariza ubuyobozi bwaryo n’inzego z’umutekano, bavuga ko bahangayikishijwe n’ubujura…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?