igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Gatsibo: Bane bafashwe bazira kwiba no kubaga Ingurube z’abaturage
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Gatsibo: Bane bafashwe bazira kwiba no kubaga Ingurube z’abaturage
AMAKURU

Gatsibo: Bane bafashwe bazira kwiba no kubaga Ingurube z’abaturage

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 16, 2025 9:11 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gatsibo yataye muri yombi abantu bane bakurikiranyweho kwiba ingurube z’abaturage, bamwe bakazibaga bakajya kugurisha inyama mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Rugembe, Akagari ka Taba, mu Murenge wa Muhura, aho kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Gicurasi 2025, aba bantu bafashwe nyuma yo kwiba ingurube enye. Polisi ivuga ko babafashe bamaze kubaga ebyiri muri zo, bagiye kugurisha inyama zazo.

Abafashwe barimo umugabo w’imyaka 45, umugore w’imyaka 46, umusore w’imyaka 19, n’undi musore w’imyaka 25 wari umumotari, akaba ari nawe watwaraga itwara aya matungo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Twizeyimana Hamduni, yavuze ko gufatwa kw’aba bantu kwaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, abasaba gukomeza kugira uruhare mu kurwanya ubujura.

Yagize ati: “Abaturage bakwiriye kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ubujura bw’imitungo yabo birinda gutanga icyuho cyo kwibwa. Buri wese akwiye kumva ko afite inshingano zo kurinda ibye n’iby’abandi.”

SP Twizeyimana yibukije ko ubujura budashobora kwihanganirwa, kandi ko ababigira umwuga bazajya bafatwa bagakurikiranwa n’amategeko. Yanagarutse ku kibazo cy’abacuruza inyama zitazwi inkomoko, avuga ko ari icyaha, asaba abaturage gutanga amakuru ku bakora ibi bikorwa.

Ubu aba bafashwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhura hamwe na moto bifashishaga mu gukwirakwiza ayo matungo yibwe.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Chris Brown yafunzwe
Next Article Massad Boulos yavuze ko Amerika yarangije gutegura umushinga w’amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Indirimbo ya Khalfan Govinda, Marina na Jay C yari yasibwe kuri You Tube yagaruwe
May 16, 2025
Pariki y’Akagera yitegura kwakira inkura 70 zivuye muri Afurika y’Epfo
May 16, 2025
Nicolas Sarkozy yakuweho igikomo k’ikoranabuhanga
May 16, 2025
Kinshasa: Sena ya RDC yashyizeho Komisiyo yo gusuzuma niba Joseph Kabila yakwamburwa ubudahangarwa
May 16, 2025
FC Barcelona yegukanye Igikombe cya Shampiyona cya 28
May 16, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Putin yanze kwitabira ibiganiro Zelensky nawe arigendera

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, yari yageze muri Turikiya, gusa aza kwisubirirayo ny'uma yo kumenya ko Vladimir Putin w’u Burusiya,…

2 Min Read

I KIGALI: POLICE Y’U RWANDA YATAYE MURI YOMBI ABAJURA RUHARWA BASHINJWA UBUJURU BWIBISHA IBYUMA.

Abajura bane bari ruharwa batawe muri yombi bafatanwa ibyuma bakoreshaga bambura abaturage nk'uko byatangajwe n'umuvugizi wa police y'u Rwanda. Kuri…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

Arsenal: amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma muri #UCL ari kuyoyoka

Ikipe ya Arsenal inaniwe gusigasira amanota atatu ku kibuga cyayo itsindwa na Paris Saint Germain igitego kimwe ku busa bityo…

1 Min Read
AMAKURU

Qatar igiye guha indege karabutaka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika biri mu biganiro n’Ubwami bwa Qatar ku bijyanye no kwakira indege…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?