igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Gaza: Inzara iravuza ubuhuha mu baturage baho
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Gaza: Inzara iravuza ubuhuha mu baturage baho
AMAKURU

Gaza: Inzara iravuza ubuhuha mu baturage baho

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 24, 2025 8:22 am
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubuzima ya Palesitina kuri ubu irabarura abantu bagera ku ijana bapfa ku munsi, bitewe n’intambara kimwe n’abicwa n’inzara, kuko abaturage bo muri Gaza bashonje, bakaba bategereje imfashanyo.

Ni mu gihe Isiraheli idahwema gutera ibisasu ku baturage muri Gaza, bakaba bafite ikibazo cy’inzara, nyuma y’amezi agera kuri atatu bahagarikiwe kugezwaho imfashanyo burundu, n’ubwo Isiraheli yemeye kubera igitutu mpuzamahanga ko hinjira imfashanyo nke zidahagije zidashobora gukemura ibibazo abaturage bafite.

Umunyamakuru wa Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa uri i Yeruzalemu, Sami Boukhelifa yatangarijwe n’umwe mu bari muri Gaza, Teïma ufite umwana w’umukobwa w’imyaa 4, yavuze ko atakirya.

Ati: “Nashoboye kubona ibigori, mfata ikiyiko cy’ifu yabyo nkavanga mu kirahure cy’amazi nkagiha umwana muto ngo anywe.”

Ku masoko ya Gaza, haboneka imboga nke nazo zihenze cyane. Umubyeyi avuga ko yasanze ifu y’ingano yuzuye udukoko igura hejuru y’ama Euro 40 ku kilo. Inzira ihenze cyane. Ntashobora kugera kuri we. Arategereza rero, yizera ko haza imfashanyo.

Yagize ati: “Kuva muri iki gitondo, twumvise ko bakiriye ifu mu majyepfo y’akarere ka Gaza, ariko hano mu majyaruguru, nta kintu na kimwe kirahagera”.

Nyuma y’amezi abiri n’igice hahagaritswe imfashanyo burundu, Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu yongeye kwemerera ibiryo bike kwinjira muri Gaza. Ntabwo ari ku bw’impamvu z’ubutabazi. Ariko kubera impamvu za “dipolomasi”.

Yongeraho ati: “Inshuti za Isiraheli zambwira ko batazongera gushyigikira intambara ikomeza niba amashusho y’inzara nini muri Gaza aramutse ashyizwe ahagaragara.”

Ni muri urwo rwego Benjamin Netanyahu yagejeje ijambo ku bayobozi b’u Bufaransa, u Bwongereza, na Canada mu buryo butaziguye kuri videwo, asebya icyifuzo baherutse gusaba cyo guhagarika ibitero bya Isiraheli muri Gaza no gushyiraho igihugu cya Palesitine.

Yongeyeho ati: “Palesitine yigenga” ni nka gahunda ya ‘Heil Hitler’. Ntibashaka igihugu cya Palesitine, bashaka gusa gusenya igihugu cy’Abayahudi. Bashaka gutsemba Abayahudi, bamaze imyaka irenga 3 500 mu Gihugu cya Isiraheli. Sinzigera numva uburyo uku kuri koroshye kwisoba Abafaransa, Abongereza, Abanyakanada n’abandi.”

Minisiteri y’Ubuzima ya Palesitina, itangaza ko abantu bagera ku 54.000 bishwe n’ingabo za Isiraheli kuva intambara yatangira muri Gaza, kandi imibare igenda yiyongera buri munsi.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Murumuna wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda agiye gishyira ku murongo Gen. Muhoozi Kainerugaba
Next Article Kaminuza ya Harvard yirukanye abanyeshuri bose babanyamahanga burundu
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Rugaretse hagati y’umuraperi Kanye West n’indwara zo mu mutwe arwaye
May 24, 2025
Abantu 18 nibo bakomerekeye mu gitero cyagabwe n’umugore w’imyaka 39 ukomoka mu Budage
May 24, 2025
Jose Chameleone uri mu Rwanda yashimye Perezida Kagame
May 24, 2025
Abasirikare 525 ba Mozambique basoje imyitozo y’amezi atandatu bahawe n’ingabo z’u Rwanda
May 24, 2025
Ikipe ya Napoli yegukanye igikombe ihanganye na Inter Milan yarushaga inota 1
May 24, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Ubwoba bwatashye i Uvira nyuma y’amakuru y’uko hari abarwanyi bagiye kuyifata

Mu mujyi wa Uvira no mu bice bihaturiye, abaturage bari mu bwoba bukabije nyuma y’uko havuzwe amakuru y’uko abarwanyi bo…

4 Min Read
AMAKURU

Nyamasheke: Umwana w’imyaka 16 yapfuye yiyahuriye kwa Pasiteri wamureraga nk’umwana we

Tuyizere Amos w’imyaka 16 yasanzwe yimanitse mu cyumba yararagamo mu rugo rwa Pasiteri Ntaganira Fabien mu Mudugudu wa Cyijima, Akagari…

4 Min Read
AMAKURU

Amakuru y’ingenzi wamenya ku buzima bwa Uwiringiyimana Agatha wagizwe intwari

Uwiringiyimana Agatha yavukiye mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare, mu gace ka Nyaruhengeri, tariki ya 23 Gicurasi 1953. Amashuri yisumbuye…

2 Min Read
Abaturage bari kurara imitima yabo ihagaze biteze ko Boko Haram ishobora kongera kugaba ibitero simusiga
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Nigeria: Abaturage bari kurara imitima yabo ihagaze biteze ko Boko Haram ishobora kongera kugaba ibitero simusiga

Guverineri w’Intara Borno muri Nigeria, Babagana Zulum, yatangaje ko umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram umaze kongera kwiyubaka ndetse wanigaruriye ibice…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?