igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yacyuye abantu 10 bari bacurujwe muri Myanmar
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yacyuye abantu 10 bari bacurujwe muri Myanmar
AMAKURU

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yacyuye abantu 10 bari bacurujwe muri Myanmar

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 5, 2025 8:06 am
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yacyuye abantu 10 bari bashutswe ko bagiye guhabwa akazi keza bakisanga muri Myanmar bakoreshwa imirimo y’agahato, ubujura bwifashisha ikoranabuhanga n’ibindi bibi, ndetse hari abandi batanu bakiriyo ariko hari gukorwa ibishoboka ngo na bo batahe.

Benshi mu bajyanwa gucuruzwa muri Myanmar bava ku mugabane wa Afurika, bakanyuzwa muri Thailand babwirwa ko bagiye mu kazi keza kazabahemba amafaranga menshi.

Babizeza umushahara wa 2500$ ku kwezi, ku buryo buri wese yumva ubuzima bwe n’umuryango we bugiye guhinduka. Byose bitangira urugendo ruzagarukira muri Thailand bakisanga muri muri Myanmar, bagasinyishwa ku ngufu amasezerano ari mu Gishinwa, avuga ko bazajya bahembwa 400$ ku kwezi ariko na yo ntawe uyabona yose.

Baba bakora ibikorwa by’ubutekamutwe bwifashishije ikoranabuhanga, bateka umutwe mu gushora mu mafaranga koranabuhanga (cryptocurrency) buri wese agakora amasaha abarirwa muri 17 ku munsi. Usinziriye cyangwa udakora cyane akatwa umushahara, ugakubitwa inkoni cyangwa ugakubitishwa amashanyarazi n’ibindi bibi byinshi.

Ibi byabaye ku banyamahanga ariko n’Abanyarwana benshi bisanga muri uyu mutego, ku bw’amahirwe bamwe bakurwayo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, abinyujije ku rukuta rwa X yavuze ko ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bimukira (IOM) hari abamaze gucyurwa mu Rwanda ariko hari n’abandi bakiriyo.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije na IOM, mu cyumweru gishize yacyuye abantu 10 bari baracurujwe muri Myanmar. Dufite amakuru y’abandi batanu bakiriyo kandi turi gukora ibishoboka ngo tubagarure mu rugo.”

Yolande Makolo yanditse ubu butumwa asubiza umunyamakuru Richard Kwizera wari umaze gushyira hanze amakuru avuga ko hari Abanyarwanda bari muri Myanmar na Laos basaba ubuyobozi bw’igihugu cyabo kubatabara, kuko bagiye muri ibyo bihugu bizezwa akazi, ariko nyuma bagasanga bari mu bikorwa byo gucuruzwa.

Umugande witwa Jalil Muyeke wajyanywe mu bikorwa nk’ibi mu 2023 akabivamo mu 2024, yabwiye BBC ko amezi arindwi yamaze muri Myanmar ari cyo gihe kibi yagize mu buzima bwe atazibagirwa.

Ati “Narakubiswe, nteshwa agaciro, nkubitwa amashanyarazi. Iyo bakubonye usinzira cyangwa ukoze ikosa ahantu runaka bagukubitisha amashanyarazi, ni amezi mabi cyane ya mbere nagize mu buzima bwanjye.”

Abajyanwayo bahabwa telefone bagategekwa gushaka numero za telefone ku mbuga abantu bashakiraho abakunzi, bakaziha abatekamutwe baba bicaranye aho na bo bakabumvisha ko bagomba gushora imari mu bucuruzi bw’amafaranga-koranabuhanga ariko bababeshya.

Kugeza ubu muri Myanmar habarirwa ibigo byinshi birimo ibihumbi by’abantu bajyanyweyo ku gahato bagamije kubakoresha ibyaha by’ubutekamutwe.

Muri Werurwe 2025 ku mupaka uhuza Thailand na Myanmar hari abantu barenga 7000 baturuka mu bihugu byose byo mu Isi bakuwe mu bigo bikorerwamo ubutekamutwe muri Myanmar.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Ubwoba bwatashye i Uvira nyuma y’amakuru y’uko hari abarwanyi bagiye kuyifata
Next Article Minisitiri Nduhungirehe yemeje ko u Rwanda ruri mu biganiro byo kwakira abimukira bazava muri Amerika
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

U Rwanda rwemeye ko ingabo za SADC ziri i Goma zinyura ku butaka bwarwo zitaha

Leta y’u Rwanda yemeye ko ingabo z’Umuryango w’Iterambere ry’Afurika y’Amajyepfo (SADC) ziri mu mujyi wa Goma no mu gace ka…

2 Min Read
AMAKURU

”Go to hell” Perezida abwira abakomeje kwijundika u Rwanda barukangisha ibihano

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko ikitarishe Abanyarwanda mu myaka 31 ishize cyabakomeje, ndetse ko abadahwema kwibasira…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Umukinnyi ukiri muto Lamine Yamal agiye guhabwa nimero ya Messi

Umukinnyi ukiri muto w’Umunyasipanye, Lamine Yamal, aravugwaho kuzahabwa nimero y’icyamamare Lionel Messi muri FC Barcelona, nyuma yo kugirana amasezerano mashya…

2 Min Read
AMAKURU

Ubuhamya bwa Gasamagera wabanje kuragurizwa mbere ngo ahishwe abicanyi

Gasamagera Benjamin warokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yatanze bw'uko yabanje kuragurizwa n'uwamurokoye akamuhisha abashakaga ubuzima bwe. Gasamabera wavukiye mu…

8 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?