igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Igiciro cya iPhone gishobora kwikuba gatatu kubera imisoro yashiriweho ibihugu
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IKORANABUHANGA > Igiciro cya iPhone gishobora kwikuba gatatu kubera imisoro yashiriweho ibihugu
IKORANABUHANGA

Igiciro cya iPhone gishobora kwikuba gatatu kubera imisoro yashiriweho ibihugu

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: April 11, 2025 8:58 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Telefone za Iphone zishobora kurushaho guhenda zikava ku 1000$ zikagera ku 3500$ nihakurikizwa imisoro Amerika ya shiriyeho ibihugu.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko iyi gahunda izongera akazi ku baturage ba Amerika ndetse ikarushaho gukomeza inganda z’Abanyamerika. Gusa, si bose babyemera. Dan Ives, inzobere mu by’ikoranabuhanga ikorera muri sosiyete ya Wedbush Securities, yabwiye CNN ko atemeranya n’iyi politiki ya Trump.

Ives yavuze ko kwimurira uruganda rukora telefone za iPhone muri Amerika bishobora gutuma igiciro cyazo cyikuba gatatu, kuko bizasaba gutangira bundi bushya uburyo bwari busanzwe bukorerwa muri Aziya, kandi ibyo bikaba bihenda cyane.

Yakomeje avuga ko kugira ngo Apple yimure byibura 10% by’ibikorwa byayo bijyanye n’icyo ruganda muri Amerika, byasaba nibura miliyari 30$ ndetse bikamara imyaka itatu. Kugeza ubu, iPhone zose zikorera kandi zigateranirizwa muri Aziya, mu gihe ibigo byo muri Amerika byo byibanda kuri software gusa. Ibi ni byo byatumye Apple ibasha kunguka cyane no kuba umwe mu bayoboye isoko rya telefone zigezweho ku Isi.

Kuva Trump yajyaho mu mpera za Mutarama, imigabane ya Apple yagabanutseho 25% by’agaciro kayo bitewe n’ingaruka z’imisoro yashyizwe ku bicuruzwa biva mu Bushinwa na Taiwan. Hafi 90% y’ibikoresho bya iPhone bikorerwa mu Bushinwa.

Mu kwezi kwa Gashyantare, Apple yatangaje ko izashora miliyari 500$ mu myaka ine iri imbere, hagamijwe kongera ibikorwa byo hanze y’u Bushinwa no kwirinda ingaruka ziterwa n’imisoro mishya ya Trump.

Ubu intambara y’ubucuruzi hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa igeze ahakomeye, aho impande zombi zikomeje kuzamurana imisoro uko bwije n’uko bucyeye. Trump amaze gushyiraho umusoro wa 125% ku bicuruzwa biva mu Bushinwa, mu gihe na Beijing yazamuye uwo ishyira ku byaturuka muri Amerika kugeza kuri 84%.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Rugombye Abakuru, Man -United yishyuwe ku munota wa nyuma
Next Article M23 yikomye bikomeye igisirikare cya Leta kubera ibitero babagabyeho
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Umuhanzikazi w’icyamamare Taylor Swift yishyuye miliyoni 360$ ngo yisubize uburenganzira ku ndirimbo ze
June 1, 2025
Mu Mujyi wa Kigali, urubyiruko 13.666 ruhabwa amasomo y’ubumenyingiro mu mashuri 76
June 1, 2025
Kenya: Raila Odinga yavuze ko imbabazi Ruto yasabye zigomba kujyana n’indishyi
June 1, 2025
Minisitiri Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe Sheikh Mohammed bin Abdulrahman bin Jassim bin Jaber Al Thani
June 1, 2025
Saidi Lugumi yongeye kugaragaza ko akunda Mutesi Jolly
June 1, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIKORANABUHANGA

“Monetization” ku bakoresha You Tube bari mu Rwanda, ishobora kwemerwa

Ubusanze nta masezerano igihugu cy’u Rwanda gifitanye na Google ku buryo abakoresha urubuga rwa You Tube mu Rwanda bagera ku…

2 Min Read
AMAKURUIKORANABUHANGA

2030 ntamuntu uzongera gupfa

Umuhanga mu bumenyi bwa mudasobwa wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ray Kurzweil, yatangaje ko mu mwaka wa 2030…

2 Min Read
IKORANABUHANGA

Igihugu cy’Ubushinwa cyakoze Izuba rizajya ricanira I gihugu cyabo gusa

Igihugu cy'Ubushinwa cyakoze Izuba rizajya ricanira I gihugu cyabo gusa, bakaba bateganya ko hazongerwa amasaha y'akazi akava ku masaha 13…

1 Min Read
IKORANABUHANGA

CANALBOX-Rwanda yashyize igorora abakiriya bayo

Umuyobozi Mukuru wa CanalBox, Abizera Aimé, yavuze ko mu myaka itanu igeze mu Rwanda, imaze gushora agera kuri miliyoni 30$,…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?