igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Imitungo ya Kabila yafatiriwe na Leta ya DRC
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > POLITIKE > Imitungo ya Kabila yafatiriwe na Leta ya DRC
POLITIKE

Imitungo ya Kabila yafatiriwe na Leta ya DRC

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: April 20, 2025 6:52 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Nyuma y’uko uwahoze ayobora igihugu cya DRC, Joseph Kabila ashinjirijwe ibyaha by’ubugambanyi ubu nineho n’imitungo ye yafatiriwe na Leta ya Congo

Ku wa Gatanu, tariki ya 18 Mata 2025, Minisiteri y’Ubutabera ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yategetse Umugenzuzi Mukuru w’Imari y’Ingabo za Leta (FARDC) n’Umushinjacyaha Mukuru mu Rukiko Rusesa Imanza gutangira gukurikirana Joseph Kabila ku byaha ashinjwa bifitanye isano n’intambara iri mu Burasirazuba bwa Congo, cyane cyane ku ruhare rwe mu gushyigikira umutwe wa M23.

Kabila arashinjwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa gufasha no gutera inkunga umutwe wa M23, igice cy’inyeshyamba cyiganjemo Abanyekongo bamaze imyaka irenga 20 mu buhungiro, bavuga ko barwanira uburenganzira bwabo. Leta ivuga ko Kabila yabaye umwe mu bari inyuma y’ibitero by’uyu mutwe, bikanagira uruhare mu kongera imvururu mu gihugu.

Minisiteri y’Ubutabera yavuze ko “ingamba zo guhagarika ingendo z’abantu bose bafitanye isano na Kabila muri ibyo bikorwa byamaze gushyirwaho,” kugira ngo hatagira umucyo wononwa mu iperereza.

Ibyo byose bibaye nyuma y’uko Kabila agaragaye mu Mujyi wa Goma, wigaruriwe n’umutwe wa AFC/M23, mu rugendo yavuze ko ari urwo kugaruka mu gihugu cye nk’uko yabyemereye Abanyekongo vuba aha.

Kugaruka kwa Kabila ngo ni intambwe yo kwinjira mu biganiro bigamije gusubiza igihugu ku murongo, mu gihe Perezida Félix Tshisekedi na we yari yatangije ibiganiro n’imitwe yitwaje intwaro mu gushaka igisubizo kirambye ku kibazo cy’umutekano mucye wateye inkeke mu Burasirazuba bwa Congo.

Muri icyo gihe kandi, umugore wa Kabila, Olive Lembe, yatangaje ko akomeje gutotezwa n’inzego z’umutekano, nubwo we atigeze ahunga igihugu nk’umugabo we. Yabwiye itangazamakuru ryo muri Congo ko “bari gukorerwa ihohoterwa rishingiye ku nzego z’umutekano n’abayobozi bari ku butegetsi.”

Mu kwezi kwa Werurwe, Kabila yatangaje ko yahagaritse amasomo muri Afurika y’Epfo kugira ngo yite ku bibazo bikomeye by’umutekano biri kugenda biyongera muri RDC.

Guhera mu ntangiriro za 2025, umutwe wa AFC/M23 ukomeje kwigarurira imitima y’abaturage benshi, by’umwihariko nyuma yo kwigarurira imijyi nka Goma na Bukavu, aho bashinjwa na Leta kwambura FARDC ibice bimwe by’igihugu. Bavuga ko barwanira uburenganzira bwa muntu n’amahoro arambye.

Uyu mutwe kandi umaze kugirwamo uruhare n’abasirikare, abapolisi n’abanyapolitiki bamwe bagaragaza ko bashyigikiye intambara yo guharanira ubwisanzure n’uburenganzira bw’abaturage.

AFC/M23 ishinja Guverinoma ya Congo ubuyobozi bushingiye ku ivangura no ruswa, bikaba ari byo bituma igihugu kidatera imbere. Ibi byose byakurikiwe n’ibiganiro byabereye i Doha muri Qatar hagati ya Guverinoma ya Congo n’izo nyeshyamba, bikaba ari ubwa mbere bagiranye ibiganiro bihambaye kuva M23 yongera kwigaragaza mu 2021.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article ”Goma hari umutekano udasanzwe” amagambo ya Bwiza
Next Article Mu birindiro bwa SADC hasanzwemo FDRL, FARDC hamwe na Wazalendo
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Abantu barenga ibihumbi 10 basanzwemo indwara ya Malariya mu Mujyi wa Kigali
May 23, 2025
Umuyobozi ukomeye mu Burundi yagaragaje ko Perezida Kagame yashatse kwiyunga na Nkurunziza bikanga
May 23, 2025
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi yatangaje ko u Buhinde bwafungiye amazi igihugu cya Pakistan
May 23, 2025
Justin Bieber yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Jennifer Lopez yajyanywe mu nkiko azira amafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Ibiganiro ku ntwaro za kirimbuzi hagati ya Amerika na Iran birakomeje

Iran na Amerika bagiranye ibiganiro ku wa 19 Mata 2025 i Roma mu Butaliyani biyemeza gukomeza ibiganiro byerekeye ikorwa ry’intwaro…

1 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

U Rwanda na Congo bongeye guhurira muri Qatar bari kumwe n’uhagarariye Trump

Kuri uyu wa 30 Mata intumwa za leta y' u Rwanda hamwe na DRC bongeye guhurira muri Qatar aho basinye…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

CNDD-FDD Yashinjwe guha umwanya ubujiji mu gihugu

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi UPRONA ryashinje CNDD-FDD riri ku butegetsi rya Perezida Evariste Ndayishimiye gutanga akazi ku banyamuryango…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Putin yanze kwitabira ibiganiro Zelensky nawe arigendera

Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, yari yageze muri Turikiya, gusa aza kwisubirirayo ny'uma yo kumenya ko Vladimir Putin w’u Burusiya,…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?