igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Inkuba Ziri ku isonga mu biza byahitanye benshi muri Werurwe – MINEMA
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Inkuba Ziri ku isonga mu biza byahitanye benshi muri Werurwe – MINEMA
AMAKURUUBUZIMA

Inkuba Ziri ku isonga mu biza byahitanye benshi muri Werurwe – MINEMA

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: April 2, 2025 4:54 pm
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Mu bushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) bwakozwe ku bantu bibasiwe n’ibiza mu kwezi kwa Werurwe 2025, bwagaragawemo ko inkuba ari zo ziza ku isonga mu biza byatwaye abantu benshi muri Werurwe 2025 ni abantu bagera kuri 16.

kuri uyu wa Gatatu tariki ya 2 Mata 2025, Ubwo Minisitiri wa MINEMA, Maj Gen (Rtd) Murasira Albert yagezaga ikiganiro ku bagize Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, cyagarukaga ku buryo bwateganyijwe gukumira ingaruka ziterwa mu gihe u Rwanda ruri mu bihe by’Itumba.

Yabwiye abari aho ati: “Inkuba ni zo zimaze kwica abantu benshi kugeza ubungubu, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’imyuzure igakurikiraho.”

Kuva ku itariki ya 1 kugeza ku ya 31 Werurwe 2025, nk’uko imibare yashyizwe ahagaragarana na MINEMA ibigaragaza inkuba zahitanye abantu 16, mu gihe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe bwateje inkangu, zo zitwara ubuzima abantu 4, ni uko imyuzure ihitana abantu 2 naho umuntu umwe we ahitanwa n’inkongi y’umuriro.
Ubwo Abasenateri babazaga niba hari ngamba zashyizweho zo gukumira ibiza by’umwihariko ibiterwa n’inkuba, Minisitiri Maj Gen (Rtd) Murasira yasubije ko bitoroshye gukumira inkuba gusa Leta y’u Rwanda yo ikaba ikomeje ingamba zo kugabanya ibyago byaziturukaho.

Maj Gen (Rtd) Murasira ati: “Inkuba biragoye kuyigenzura, kubera imiterere yayo kuko akenshi abakubitwa na yo, ntabwo bakurikiza amabwiriza yo kuyirinda. Ariko iyo inzu ifite umurindankuba ntibakubita keretse bakoresha ibyuma bikoresha amashanyarazi.”

MINEMA, yavuze ko hashyizweho gahunda zo gukumira inkuba zibasira abantu mu Karere ka Rutsiro aho inzu nyinshi zashyizweho imirindankuba, imibare y’abahitanwa na yo ikaba igaragaza ko bagenda bagabanyuka.
Minisitiri Maj Gen. (Rtd) Murasira yasabye abaturage bafite inyubako ziriho imirindankuba gufata akanya bakagenzura ko igkora kuko ishobora kuba imaze igihe kirekire ku nzu ariko idakora kuburyo hari ibyago ko yakubita abayibamo.

MINEMA yo ivuga ko hari uburyo leta y’u Rwanda irimo guteganya kwinjiza ibikoresho bikora imirindankuba ku buryo yajya ikorerwa mu Rwanda, ibi bikaba byagabanya a ikiguzi k’imirindankuba ituruka hanze kuko kiri hejuru cyane.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Nahombye kuba ntarabaye umusirikare – Tom Close
Next Article Dublin: Biyamye abakora ku mabere y’ikibumbano cya Molly Malone
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

DRC: Urubyiruko ruyoboye abandi ruri kwamagana ihohoterwa rikorerwa abacuruzi rikozwe n’abasirikare
May 19, 2025
Ba nyir’inzu bakomeje kwitendeka ku bakodesha; Umuti w’iki kibazo uzaba uwuhe?
May 19, 2025
Urukingo rwa SIDA rwageragerejwe mu Rwanda ruri gutanga icyizere
May 19, 2025
Kiliziya Gatolika ishyamiranye na Leta ya RDC kubera impamvu ikomeye
May 19, 2025
Amerika yashinjwe umugambi wo kwimurira Abanya-Palestine muri Libya
Leta z’unze ubumwe za Amarica zirashinjwa kwimura Abanya-Palestine muri Africa
May 19, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

RDC: Umutwe wa Wazalendo wifatanyije n’inyeshyamba za AFC/M23 ziyobowe na Corneille Nangaa

Mu karere ka Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), haravugwa inkuru y’ifatanya ry’umutwe…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Urugo rwa Joseph Kabila rwasatswe n’abadafite uruhushya rubibemerera

Joseph Kabila wabaye Perezida wa RDC yasatswe n’Abasirikare bo mu rwego rw’ubutasi b’iki gihugu mu rugo rwe ruherereye mu mujyi…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Muri Kivu y’Amajyepfo hari kubera imirwano ikaze hagati ya M23 na FARDC

Umutwe wa M23 wagabye ibitero bikomeye ku ngabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu duce dutandukanye…

1 Min Read
UBUZIMA

Umugore wa Alain Bernard Mukuralinda yavuze ku rwibutso amufiteho, ndetse amusezeranya gusigasira umurage mwiza yasigiye abana babo

Umugore wa Alain Bernard Mukuralinda wahoze ari Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije, Martine Gatabazi, yamusezeranyije gusigasira umurage mwiza yasigiye…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?