Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo yagaragaje ko atishimiye na gato uburyo abahanzi bo muri Uganda bafashwe mu gitaramo cya Coffee Marathon giherutse kubera i Ntungamo, mu gihe icyamamare cyo muri Tanzania, Diamond Platnumz, cyahawe ubufasha n’ubuvugizi budasanzwe.
Kenzo ntiyitabiriye ikiganiro n’itangazamakuru cyabereye i Ntungamo mbere y’igitaramo ku wa Gatandatu tariki 24 Gicurasi 2025, aho cyitabiriwe na Bebe Cool, The Ben, Truth256 ndetse na Diamond Platnumz. Nyuma yacyo, Kenzo yagaragaje akababaro atewe n’uburyo abahanzi b’imbere mu gihugu bafashwe n’abateguye iki gitaramo.
Yagize ati: “Ntushobora kumbwira ko mwakodesheje indege yihariye (jet) ndetse na kajugugu (helicopter) ku muhanzi watumiwe (Diamond na The Ben) hanyuma abandi tukagerekwa. Natwe turi abantu, ntabwo twarebera gusa abandi bahabwa ibyo byubahiro byose, cyane cyane mu gihugu cyacu, ngo twicecekere.”
Bivugwa ko Diamond Platnumz yageze muri Uganda mu ndege yihariye, nyuma akajyanwa mu kiganiro n’itangazamakuru i Ntungamo akoresheje kajugugu, ubwo yari kumwe na The Ben- Bombi bari bahuriye kuri Kampala Serena Hotel, babanza no kugirana ibiganiro.
Kenzo yavuze ko ibi byari ukwiyemera gukabije ndetse no gusuzugura abahanzi bo muri Uganda, kandi nabo ari ingenzi mu bitaramo nk’ibi.
Mu kiganiro na Big Eye yongeyeho ati: “Simvuze ibi kubera ishyari. Ariko natwe tugomba guhabwa agaciro mu bitaramo nk’ibi, kuko niba nta gaciro mfite, sinari gutumirwa ngo nzaririmbe.”
Aya magambo ya Kenzo yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, atangiza impaka zikomeye hagati y’abafana n’abandi bahanzi ku bijyanye n’uburyo abahanzi bo mu gihugu bafatwa iyo habaye ibitaramo mpuzamahanga ku butaka bwabo.
Bamwe bemeje ko Kenzo afite ukuri, ko abahanzi b’imbere mu gihugu bagomba guhabwa agaciro gakwiye, mu gihe abandi bavuze ko abahanzi mpuzamahanga bakenera uburyo budasanzwe mu bijyanye no gutembera no kurindwa, cyane cyane kubera izina ryabo n’ubwamamare bafite.
Nubwo ibyo Diamond na The Ben bahawe byatangaje benshi, Kenzo yagaragaje ko icy’ingenzi ari uko “abahanzi bose bahabwa agaciro kimwe, cyane cyane iyo bari mu gihugu cyabo.”
