igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Justin Bieber yavuze ko nta hohoterwa yakorewe na Sean Combs Diddy
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Justin Bieber yavuze ko nta hohoterwa yakorewe na Sean Combs Diddy
AMAKURUIMYIDAGADURO

Justin Bieber yavuze ko nta hohoterwa yakorewe na Sean Combs Diddy

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 16, 2025 10:47 am
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Nyuma y’igihe bivugwa ko Justin Bieber yaba ari mu bo Sean Combs uzwi nka Diddy, yakoreye ihohotera rishingiye ku gitsina, yabihakanye.

Kuva mu 2024 ubwo Diddy yajyanwaga mu nkiko n’umugabo umushinja ko yamusambanije, hahise haboneka n’abandi bagabo bavuga ko yabasambanije mu bihe bitandukanye.

Iki gihe kandi byahise bivugwa ko Diddy akora imibonano mpuzabitsina n’abagabo ndetse ko hari n’abahanzi bagenzi be yaba yararyamanaga nabo. Ku ikubitiro hashyizwe mu majwi abarimo Meek Mill na French Montana.

Ntibyatinze, ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru by’imyidagaduro muri Amerika bitangira kuvugwa ko Diddy yaba yarasambanyije Justin Bieber akiri muto ubwo yari akinjira mu muziki.

Ibi babihuzaga n’amafoto hamwe n’amashusho yabo ya kera bari kumwe, maze bakavuga ko byanze bikunze Diddy yaba yaragize ikintu kibi akorera Justin Bieber. By’umwihariko bagarukaga ku byo Bieber yigeze kuvuga mu 2015, agaragaza ko akinjira mu muziki hari abahanzi bakomeye bamuhemukiye.

Ibi byakomeje kuvugwa ndetse hanibazwa impamvu Diddy yaba yarashakaga guha imodoka Justin Bieber wari utaruzuza imyaka 16.

Ubwo Diddy yatabwaga muri yombi muri Nzeri ya 2024, byavuzwe ko byababaje cyane Justin Bieber ndetse ngo yaba afite ubwoba bw’uko hashobora kumenyekana ibyabaye hagati yabo.

Icyakoze nk’uko TMZ yabitangaje, Justin Bieber si umwe mu bo Diddy yahohoteye nk’uko byakunze kuvugwa ndetse yamaze kubihakana ku mugaragaro binyuze mu itangazo ry’abashinzwe kumuvuganira.

Abavuganira Justin Bieber batangaje ko Diddy atigeze akorera ihohotera rishingiye ku gitsina Bieber, ndetse ko nta n’ikintu kibi yigeze amukoraho.

Bakomeje bavuga ko ibyo bagaragazaga basohokana, bajyana mu biganiro kuri televiziyo byose byabaga ari ibyo bateguye mu rwego rwo gucuruza imiziki yabo no kwamamaza ibikorwa byabo.

By’umwihariko, Justin Bieber ntabwo yari inshuti ikomeye cyane ya Diddy kuko bahuzwaga n’akazi, ahubwo ngo yari inshuti cyane y’abana be barimo Quincy na Justin Combs.

Itangazo bashyize hanze ku wa 15 Gicurasi 2025, rigira riti “Nubwo Justin atari umwe mu bahohotewe na Sean Combs, hari abantu koko bagizweho ingaruka n’ibyo yakoze. Guhindura intego nyamukuru y’iki kibazo bishobora kwangiza inzira y’ubutabera aba bahohotewe bakwiye guhabwa.”

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Kigali: Umugabo akurikiranyweho kuriganya arenga miliyoni 140 Frw
Next Article Umunyarwanda Martin Ngoga yongeye gutorerwa kuyobora Akanama gashinzwe imyitwarire ka FIFA nk’uko byemerejwe mu Nteko Rusange
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Yolande Makolo yanyomoje ibirego bya RDC ku Rwanda, ashinja icyo gihugu gukorana n’imitwe yitwaje intwaro
May 17, 2025
Kicukiro: Umugabo yamize inyama nk’umira ibinini iramuhitana
May 17, 2025
”Abanyarwanda nta byinshi dufite ngo dutete” Perezida Kagame
May 17, 2025
Mu Rwanda hagiye kumurikwa ibikoresho bya girikare bijyanye biri mu bigezweho
May 17, 2025
Intwaro karabutaka yitwa Shitani 2 iteye ubwoba uburengerazuba bw’isi
May 17, 2025

You Might Also Like

AKAZIAMAKURU

Joseph Kabila agiye kugaruka muri RDC, bivugwa ko ashobora kwihuza na M23

Joseph Kabila Kabange, wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yatangaje ko ateganya gusubira mu gihugu cye…

2 Min Read
IMYIDAGADURO

“Utabona ko nzazana grammy award uwo ntabona neza” amagambo ya Bruce Melodie

Bruce melodie ku nshuro ya kabiri yatangaje ko azazana grammy award mu Rwanda. Umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melodie…

1 Min Read
AMAKURU

Ikipe y’Arsenal FC yifatanyije n’u Rwanda Kwibuka 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ikipe y'umupira w'amaguru Arsenal FC yifatanyije n’Abanyarwanda mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Diamond ashaka kurongora umugore wo muri Nigeria

Nyuma yuko Dimond atashye ubukwe bwa Juma Jux n'umugore we wo muri Nigeria Priscilla ndetse Abanya-Nigera bakamwakira neza, yaje kuvuga…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?