igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Kenya:Umuganga yakatiwe gufungwa burundu nyuma yo kugura telefoni yaguze yarakoreshejwe
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Kenya:Umuganga yakatiwe gufungwa burundu nyuma yo kugura telefoni yaguze yarakoreshejwe
AMAKURU

Kenya:Umuganga yakatiwe gufungwa burundu nyuma yo kugura telefoni yaguze yarakoreshejwe

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: April 17, 2025 5:54 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Muri Kenya, umuganga witwa Clement Munyau usanzwe abaga indwara zifata ubwonko mu bitaro bya Leta bya KNH, yasobanuye uko telefoni yaguze yarakoreshejwe yamuviriyemo ibyago byo gufungwa burundu, kugeza ubu akaba amaze imyaka 15 muri gereza ku cyaha we avuga ko atakoze.

Uwo Clement Munyau Katiku afunzwe burundu muri gereza ya Kamiti Maximum, nyuma y’uko yaguze iyo telefoni igendanwa yakoreshejwe bakunze kwita ‘okaziyo’, ayiguriye umukobwa we ngo amushimishe kubera ko yari agiye kujya kuri Kaminuza kandi ashaka kugenda afite telefoni nziza.

Iyo telefoni avuga ko yayiguze Amashilingi ya Kenya 2000 ayigura n’umukozi wo ku buruhukiro bw’ibitaro witwa Justus.Ikinyamakuru Tuko cyo muri Kenya, cyatangaje ko iyo telefoni ngo yayiguze yumva ari telefoni ishimisha umukobwa we nk’impano amuhaye nk’umunyeshuri mushya wa Kaminuza.

Uwo wagurishije iyo telefoni kuri Clement Munyau ngo yamubwiraga ko ayigurishije kuko akeneye amafaranga cyane kugira ngo ajye gushyingura nyina wari wapfuye kandi atuye kure mu cyaro, maze muganga yemera kuyigura kugira ngo afashe mugenzi we.

Munyua avuga ko ibintu byose byari bimeze neza nta kibazo, ariko hashize ukwezi kumwe, ubwo yatangiye kwakira telefoni zimuhamagara rimwe na rimwe zitanagaragara.Yagize ati, “ ubwo umuyobozi wanjye mu kazi yarampamagaye mu biro bye, ambwira ko hari abantu bajya bamuhamagara bamubaza aho ndi, nyuma gato hahita haza abashinzwe iperereza bansanga mu kazi batangira kumbaza”.

Ubwo umukobwa we ngo yari yamaze kumubwira ko yahamagawe kuri sitasiyo ya polisi nawe kubazwa kuri iyo telefoni ariko iperereza rirakomeza kugeza bigeze no kuri Se wayiguze nawe atabwa muri yombi.Nyuma byaje kugaragazwa ko iyo telefoni yari iy’umuntu wari umuyobozi muri banki nkuru ya Kenya wishwe mu 2009, telefoni ye ibura muri icyo gihe yicwa. Mu buryo atari azi nawe, iyo ni yo telefoni Munyua yaje kugura ayiha umukobwa we nk’impano, ayigura atazi ko ishobora kuba intandaro yo gutuma azafungwa iteka ryose.

Yagize ati, “ Nyuma yo gusobanura uwari nyir’iyo telefoni mbere na mbere, batangiye kureba mu bitabo byo ku bitaro, biza kugaragara ko ku itariki 23 Ukuboza 2009, mu ijoro uwari nyir’iyo telefoni yishwemo, nari nakoze izamu rya nijoro ku bitaro bya KNH.

Nubwo byari bimeze bityo, abashinzwe iperereza bansabye kugaragaza ko uko nabonye iyo telefoni ndabikora, n’uwo musore twayiguze yemera ko koko yayingurishije”.

Munyua avuga ko nubwo yasobanuye ibishoboka byose, byarangiye akatiwe gufungwa imyaka 30, ariko habaho kujurira igifungo kirongerwa, akatirwa gufungwa burundu muri gereza.Uwo muganga avuga ko ubu amaze imyaka 15 ku cyaha atakoze kuko atari azi iby’iyo telefoni. Yagize ati, “Rwose nafunzwe binyuranyije n’amategeko, nafungiwe icyaha ntakoze. Nari nsanzwe nkora ubuvuzi bwo kubaga ubwonko, kandi nta murwayi n’umwe wigeze amfira mu biganza n’umwe, ubwo icyaha gikomeye nakoze ni ukugura telefoni yakoze?”

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Bull Dog yasabye Perezida Kagame kuzamugurira itike yo kureba umukino wa Arsenal mu gihe izaba yageze ku mukino wanyuma
Next Article Umukecuru w’imyaka 80 yakatiwe gufungwa imyaka 4 muri gereza nyuma yo gukubita umwuzukuru we kampambiri
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Burusiya bukomeje kugaba ibitero muri Ukraine mu gihe bari bumvikanye agahenge
May 12, 2025
Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika
May 12, 2025
Perezida Kagame Yitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibigo muri Côte d’Ivoire
May 12, 2025
Hamas igiye kurekura imbohe y’Umunyamerika wa nyuma mu bafatiwe muri Israheli
May 12, 2025
Inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo igiye gukora iperereza ku ngabo zayo zagiye kurwanya M23
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINO

Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC, bwahagaritse umutoza wa yo Seninga Innocent

Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC, bwahagaritse umutoza wa yo, Seninga Innocent kubera imyitwarire mibi irimo kuva mu mwiherero mu ijoro.…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Perezida Ndayishimiye yahishuye urugendo rwe rw’ubuzima bwo kuba mayibobo, yanibye muri Ambasade bica kuri BBC

Perezida w’u Burundi, Evaliste Ndayishimiye, yagarutse ku rugendo rukomeye rw’ubuzima bwe yanyuzemo akiri muto, aho yabaye mayibobo i Dar es…

4 Min Read
AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

EUROPA LEAGUE: Man U iteye intambwe ya mbere igana ku mukino wa nyuma

Mu mukino ubanza wa ½ k’irangiza mu irushanwa rya UEFA Europa League ikipe ya Athletic Club de Bilbao yo mu…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Tuvuga “Ntibizongere kuba” Umuryango Mpuzamahanga ukomeje kurebera ibibera RDC – Col Joseph RUTABANA

Ambasaderi w'u Rwanda muri Uganda, Col. Joseph Rutabana, yerekanye ko Umuryango Mpuzamahanga ukomeje kurebera ibibera muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?