igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Leta ya Congo yamaganye ikoreshwa ry’amashilingi ya Uganda muri iki Gihugu
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Leta ya Congo yamaganye ikoreshwa ry’amashilingi ya Uganda muri iki Gihugu
AMAKURUMU MAHANGA

Leta ya Congo yamaganye ikoreshwa ry’amashilingi ya Uganda muri iki Gihugu

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 21, 2025 10:03 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Agashami gashinzwe gusesengura ibipimo muri Minisiteri, nyuma y’urugendo rwakoze mu Ntara ya Ituri kuva ku wa 14 kugeza ku wa 17 Mata, kamaganye ukwiyongera gukabije kw’ikoreshwa ry’amashiringi ya Uganda mu turere tumwe na tumwe tw’iyo ntara, cyane cyane mu turere twa Mahagi na Aru.

Jean-Claude Rhushangire, inzobere mu iterambere muri ako gashami, yagaragaje ko iyo ibyo bibangamira ubusugire bw’igihugu, bugaragazwa n’ifaranga ry’igihugu ari ryo ifaranga rya Congo (franc congolais), rikoreshwa nk’ifaranga ryemewe n’amategeko ndetse n’ikimenyetso cy’ubumwe n’ikirango cy’igihugu.

Yagaragaje kandi impungenge ku kuba serivisi zimwe na zimwe za Leta zikoreshamo ishilingi rya Uganda aho gukoresha ifaranga rya Congo, ibintu binyuranyije n’amategeko agenga ikoreshwa ry’ifaranga mu gihugu ndetse bigahungabanya ubukungu bw’igihugu.

Yasabye ko hashyirwaho ingamba zo gutuma serivisi zose za Leta zishyura abakozi bazo hakoreshejwe ifaranga rya Congo, ndetse n’imisoro n’amahoro bigasabwa mu mafaranga y’igihugu, mu rwego rwo gukomeza gushimangira ikoreshwa ry’ifaranga rya Congo mu bucuruzi rusange.

Ikoreshwa ry’ishilingi rya Uganda muri ibyo bice ryasobanuwe ahanini n’uko iryo faranga rifite agaciro gahagaze neza kurusha ifaranga rya Congo, rifatwa nk’irihindagurika cyane mu bice byegereye imipaka, nk’uko byemezwa n’abahatuye.

Nk’uko abasesenguzi bamwe babivuga, kuba iyo ntara yegereye Uganda bituma ubucuruzi bwambukiranya imipaka bukorwa cyane, bigatuma ishilingi rya Uganda rikomeza gukoreshwa cyane mu masoko ndetse no mu kwishyura serivisi za Leta, bikabangamira ifaranga rya Congo.

Bwana Rhushangire yashishikarije abakora ubucuruzi kongera umusaruro w’ibikorerwa imbere mu gihugu kugira ngo abatuye igihugu barusheho gukoresha ifaranga ryabo no kugabanya gukenera amadovize yo hanze.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umushoramari Coach Gael yaciye amarenga yo kuva mu muziki
Next Article Ukuri ku cyahitanye Papa Francis
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINO

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yahaye ikipe ya Simba SC indege yihariye izayifasha kujya muri Maroc

Perezida wa Tanzania, Dr Samia Suluhu Hassan, yahaye ikipe ya Simba SC indege yihariye izayifasha kujya muri Maroc gukina umukino…

1 Min Read
AMAKURU

Kiliziya Gatolika yatangaje uko yakiriye icyemezo cyo guhagarika amasengesho ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe

Antoine Cardinal Kambanda, Arkiyepiskopi wa Kigali akaba na Perezida w’Inama y’Abepiskopi mu Rwanda, yatangaje ko icyemezo cya Leta cyo guhagarika…

4 Min Read
AMAKURUUBUZIMA

Urukingo rwa SIDA rwageragerejwe mu Rwanda ruri gutanga icyizere

Ubushakashatsi bushya ku rukingo rwa SIDA bwakorewe mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda, bwatanze icyizere gikomeye mu rugamba rwo guhashya…

4 Min Read
AMAKURU

Umugabo w’ i Nyamasheke ukekwaho gutera inda umwana amushukishije 5000 frw yatawe muri yombi

Ni Umugabo w’imyaka 53 yafatiwe mu Mudugudu wa Mutuntu, Akagari ka Bisumo, Umurenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke ku…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?