Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri taliki 20 Gicurasi 2025, icyumba cy’urukiko cyari kirimo umutuzo mwinshi ubwo Edward Ssebuufu uzwi cyane ku izina rya Eddie Mutwe, yavugaga ku mibereho mibi yagize igihe yari mu maboko ya gisirikare, atangaza imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Masaka ati: “Buri munsi ibinini imiti 12 bigabanye ububabare.”
Mutwe wakoraga nk’umurinzi wa Robert Kyagulanyi, yongeyeho ati: “Ndapfa. Ndumva ububabare bukabije.”
Ati: “Niba bagomba guca amaboko, reka bikorwe ubu kugira ngo mbone amahirwe yo kwivuza kare.”
Mutwe yabitangaje ubwo yagaragaraga ari kumwe na bagenzi be bo mu ishyaka NUP Achileo Kivumbi, Kadhafi Mugumya, na Smart Wakabi, kubera ko bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura bukabije.
Mu rubanza rwo kuri uyu wa Kabiri Taliki 21 Gicurasi 2025 iburanisharyaranzwe ituze ryinshi ndetse abaregwa bagejejwe mu rukiko barinzwe cyane. Itsinda ryabo ryemewe n’amategeko, riyobowe n’abavoka bakomeye mu bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, Samuel Muyizzi, Benjamin Katana, na George Musisi, basabye ko abakurikiranyweho ibyaha babanza guhabwa abaganga babitaho kuko ngo bamaze igihe bafunzwe bakorerwa n’iyicarubozo.
Nk’uko dosiye ibashinja ibigaragaza, ushinjwa ngo yaba yarakoze ubujura mu myigaragambyo y’akurikiye ishyingurwa ry’uwahoze ari Depite wa Kawempe, Muhammad Ssegirinya ku ya 24 Mata 2025.
Leta ivuga ko uyu aka gatsiko kakoze ibikorw birimo kwambura umusivili telefoni igendanwa n’amafaranga mu Karere ka Masaka.
Komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu muri Uganda (UHRC) mu ntangiriro z’uku kwezi yashyize hanze itangazo risaba kurekura ku mugaragaro Mutwe, kuko gufungwa kwe bidakurikije amategeko, gusa ibi igisirikare cyabiteye utwatsi.
Biteganijwe ko urubanza ruzasubukurwa kuri uyu wa gatatu aho hari bunagaragazwe raporo z’ubuvuzi zigaragaza uko ubuzima bw’ abaregwa buhagaze.

