igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Nigeria: Imirwano yabaye hagati y’abahinzi n’aborozi yahitanye abantu 56
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Nigeria: Imirwano yabaye hagati y’abahinzi n’aborozi yahitanye abantu 56
AMAKURUMU MAHANGA

Nigeria: Imirwano yabaye hagati y’abahinzi n’aborozi yahitanye abantu 56

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 20, 2025 2:08 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Nibura abantu 56 bimaze kumenyekana ko bahitanywe n’ibitero bibiri bikomeye byagabwe muri Leta ya Benue, iri mu burengerazuba bwa Nigeria, mu gihe gito gishize. Ibyo bitero byagabwe n’abantu bakekwaho kuba aborozi b’inka bahora bimuka baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu.

Ibiro bya Guverineri wa Leta ya Benue byatangaje aya makuru ku wa Gatandatu, bivuguruza imibare ya mbere yatangajwe yavugaga ko abapfuye ari 17 gusa. Ubu, umubare w’abapfuye wageze kuri 56, nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bw’iyo leta, ndetse bakaba bagaragaza impungenge ko ushobora gukomeza kwiyongera, bitewe n’uko ibikorwa byo gushakisha abarokotse n’abakomeretse bikomeje.

Umuvugizi wa guverinoma ya Leta ya Benue yavuze ko hakiri abantu benshi batabashije kubarurwa cyangwa kubona ubufasha bwihuse, kuko ibitero byabaye mu duce dutandukanye kandi dukunze kugerwaho bigoranye.

Ku wa Gatanu, umuvugizi wa Polisi, Anene Sewuese Catherine, yasobanuye ko igitero cyagabwe n’“umubare munini w’abantu bitwaje intwaro, bafite imyitwarire nk’iy’ingabo” kandi ko bateye mu ijoro, bagatwika amazu ndetse bagasahura imitungo y’abaturage.

Aya makimbirane akunze kugaragara hagati y’abahinzi n’aborozi muri Nigeria amaze imyaka myinshi, akenshi ahanini aba  ashingiye ku kurwanira ubutaka n’amazi. Abahinzi bashinja aborozi kwangiza imyaka yabo, mu gihe aborozi bavuga ko babuzwa kunyura bashaka aho baragira amatungo yabo.

Mu myaka yashize, aya makimbirane amaze guhitana abantu amagana, ndetse akaba yarabaye intandaro y’umutekano muke mu turere twinshi two hagati mu gihugu, aho ibice bimwe biba bikiri mu bwigunge kubera ubwoba bw’ibitero nk’ibi.

Ubuyobozi bw’intara ya Benue bwasabye Leta Nkuru ya Nigeria kongera imbaraga mu kugarura umutekano no gushyira imbere uburyo burambye bwo gukemura aya makimbirane hagati y’aborozi n’abahinzi, hanashakwa inzira yo kubafasha kubana mu mahoro.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakiriwe muri Pakisitani
Next Article ”Goma hari umutekano udasanzwe” amagambo ya Bwiza
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika
May 12, 2025
Perezida Kagame Yitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibigo muri Côte d’Ivoire
May 12, 2025
Hamas igiye kurekura imbohe y’Umunyamerika wa nyuma mu bafatiwe muri Israheli
May 12, 2025
Inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo igiye gukora iperereza ku ngabo zayo zagiye kurwanya M23
May 12, 2025
DRC: Abasaga 110 bishwe n’umwuzure muri Fizi
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

U Bushinwa bwohereje abandi bantu batatu mu isanzure binyuze mu mushinga wa Shenzhou-20

Ku wa Kane, tariki ya 24 Mata 2025, Ikigo cy’Igihugu cy’u Bushinwa gishinzwe iby’isanzure (CNSA) cyohereje abandi bantu batatu mu…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

RDC: Umwuka mubi hagati ya Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi

Abarwanyi ba Wazalendo, bafatanya n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu guhangana n’umutwe wa M23, batangaje…

1 Min Read
AMAKURU

Ikiraro cya million 4 Cyateje impagarara ku mbuga nkoranyambaga

Ni ikiraro k’ivuguruye kiri mu karere ka Nyagatare cyuzuye ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage binyuze mu kwishakamo ibisubizo. Myuma y’uko ikinyamakuru…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Police Handball Club y’u Rwanda yegukanye igikombe mu Mikino ya EAPCCO

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda ya Handball (Police HC) yegukanye igikombe mu mikino ya EAPCCO, itsinze Ethiopia Police HC ibitego…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?