igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Nyanza: Abasore 15 bajyanywe n’umuntu utazwi bitera abantu impungenge
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Nyanza: Abasore 15 bajyanywe n’umuntu utazwi bitera abantu impungenge
AMAKURU

Nyanza: Abasore 15 bajyanywe n’umuntu utazwi bitera abantu impungenge

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 18, 2025 9:22 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Mu karere ka Nyanza, impungenge zabaye zose nyuma y’uko abagabo 15 biganjemo urubyiruko bajyanywe n’umuntu utazwi, abizeza ko agiye kubaha akazi. Ibi byabereye mu murenge wa Rwabicuma, mu kagari ka Mushirarungu, aho abaturage bamwe batangaje ko bumvise amakuru avuga ko abo basore bashobora kuba barajyanwe mu mitwe y’iterabwoba. Ubuyobozi bw’akarere ndetse n’inzego z’umutekano bwanyomoje ayo makuru, buhakana ibivugwa, buvuga ko abo basore bari mu bikorwa by’akazi bisanzwe.

Byabaye ku wa 15 Mata 2025, ubwo umugabo utaramenyekana amazina yagaragaraga nk’uwaturutse mu mahanga, yageze ahitwa “Bleu Blanc” mu kagari ka Mushirarungu, asanga abasore benshi bari bahari bashakisha akazi. Uwo mugabo yarabegereye abizeza ko afite akazi ko gupakira imicanga imodoka, kandi ko azajya abahemba amafaranga 20,000 Frw ku modoka imwe.

Abaturage bavuga ko uwo mugabo yabagaragarije ko akazi gahari, ndetse anabasezeranya kubategera imodoka abajyana aho bakagakorera. Bukeye bwaho, yazanye minibus, abashyira mu modoka abajyana ahazwi nko ku Bigega, aho yabategeye indi modoka ya coaster ibajyana.

Icyo gihe nibwo bamwe mu baturage batangiye kugira impungenge, bibaza aho abo basore bajyanywe kuko nta makuru ahagije bari bafite. Hari n’abaketse ko bashobora kuba barajyanwe mu ishyamba rya Nyungwe bashaka kwambuka bajya mu mitwe yitwaje intwaro.

Umwe mu babyeyi bo muri Rwabicuma yagize ati: “Abana bacu ntituzi aho bajyanywe, nta telefone bafite, nta makuru dufite. Turasaba ko batubariza niba bari amahoro.”

Nyamara ibyo bitekerezo byaje kunyomozwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza. Umuyobozi w’agateganyo w’akarere, Kajyambere Patrick, yatangaje ko abo basore bajyanywe mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Kayumbu, aho bari gukora akazi nk’uko babisezeranyijwe.

Yagize ati: “Abo bantu ntabwo bajyanywe mu mitwe y’iterabwoba nk’uko bamwe babyibwira. Bari gukorera mu murenge wa Kayumbu mu karere ka Kamonyi, n’ubuyobozi bwo mu gace barimo burabizi ko bahari kandi bari gukora.”

Ibi byanashimangiwe n’inzego z’umutekano. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, nawe yemeje ko abo basore 15 bakorera muri sosiyete y’ubwubatsi irimo kubaka ruhurura ivana amazi mu Kigo Nderabuzima cya Kayumbu. Iyi ruhurura iri mu kagari ka Muyange, umudugudu wa Nyarurembo.

SP Habiyaremye yagize ati: “Ibyo abaturage batekereza ntabwo ari byo. Abasore barakorera mu kigo cy’ubucuruzi cyemewe, kandi umutekano wabo urarinzwe. Nta mpamvu yo kugira impungenge.”

Yasabye abaturage kujya babanza gushishoza kandi bakitabaza ubuyobozi igihe babonye ibintu nk’ibyo, aho kugira ngo bihutire gushingira ku makuru ataramenyekana neza.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye gufunga Ambasade zazo mu bihugu bitandukanye, birimo Repubulika ya Congo
Next Article Nyaruguru: Umugabo w’imyaka 55 akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 10
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

El Clasico: Bisabye ko Real Madrid na FC Barcelona bakina igice cya 3, iminota 30 yongerwa ku mukino (Extra time)

Aya makipe yombi yahuriye ku mukino, bibaye ngombwa ko ashyirirwaho iminota 30 kugira ngo haboneke uwegukana igikombe cya Copa del…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Abarwanyi ba Wazalendo na AFC/M23 bongeye gukozanyaho

Muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hongeye kuba imirwano hagati ya Wazalendo na AFC/M23, yongeye kumvikana mu…

1 Min Read
AMAKURU

Umwana w’Imyaka 7 Witwa Tumukunde Elia Apfuye Azize Umwuzure mu Murenge wa Gataraga

Ku wa 9 Mata 2025, mu Murenge wa Gataraga, Akagari ka Mudakama, Umudugudu wa Kararo, habaye impanuka ibabaje aho umwana…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Abagore babiri barembeye mu bitaro nyuma yo kunywa imiti yongera akanyabugabo kugira ngo bemeze umugabo wabo

Abagore babiri bahuje umugabo batuye mu gace ka Dakwa muri Bwari Area Council y’Umujyi wa Abuja, bajyanywe mu bitaro nyuma…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?