igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Nyuma y’iminsi 3 gusa Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira Collège Inyemeramihigo
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Nyuma y’iminsi 3 gusa Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira Collège Inyemeramihigo
AMAKURU

Nyuma y’iminsi 3 gusa Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira Collège Inyemeramihigo

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: May 8, 2025 6:38 pm
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Mu ishuri rya Collège de Gisenyi Inyemeramihigo riherereye mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, hamaze kuba inkongi z’umuriro 2 mu minsi itatu gusa zibasira aho barara.

Mu ijoro rya tariki ya 5 Gicurasi, ni bwo inyubako ya mbere iraramo abanyeshuri b’abahungu yibasiwe n’inkongi y’umuriro, maze ibifite agaciro ka miliyoni 47 Frw byari biyirimo birakongoka.

Mu mpamvu zaba zarateye iyi nkongi harimo kuba yatewe n’umuriro w’amashanyarazi warenze igipimo gisanzwe, dore ko basobanuye uburyo mbere y’uko iyi nyubako ishya, umuriro wari wabanje kugenda, hifashishwa Moteri bagira ng oni ibisanzwe.

Kuri uyu wa 8 Gicurasi 2025, nyuma y’iminsi 3 gusa indi nyubako iraramo abanyeshuri mu ishuri na yo yibasiwe n’inkongi y’umuriro.

Karake Dan wiga mu mwaka wa kane muri iri shuri yavuze ko inyubako yahiye ari iyo we na bagenzi be bimukiyemo ubwo iyo babagamo mbere nayo ihiye.

Yagize ati “Ingorane dufite ni uko inyubako turaramo ziri kugenda zishya umunsi ku munsi. Ubwa mbere yarahiye, ibikoresho birangirika, abakinnyi tubura ibikoresho byinshi; ibyangombwa, n’ibyo twari tubonye twari twabyimuriye mu yindi, none na yo yahiye.”

Ahishakiye Fabrice, Umuyobozi w’abanyeshuri muri iri shuri, yatangaje ko kuri ubu hari impungenge ko ikibazo kiri gutera izi nkongi z’umuriro nikidakemurwa mu maguru mashya bishobora gutera izindi nyubako kuba nazo zashya.

Ubwo yabazwaga niba ibikoresho byakongokeye mu nkongi iheruka ba nyirabyo hariko bari gufashwa yavuze ko Atari 100%

Yagize ati:”yego barafashijwe. Ntabwo ari 100% gusa iby’ingenzi umuntu akenera kugira ngo abeho nk’umunyeshuri barabibonye.”

Mulindwa Prosper, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, yemeje iby’aya makuru avuga ko iyi nkongi  yabaye mu ahagana saa saba z’amanywa, kandi ko Polisi y’igihugu yihutiye gutabara ibintu byose bitarakongoka. Gusa avuga ko noneho inkongi yo icyayiteye batarakimenya.

Yongyeho ko hagiye gukorwa ibarura hakarebwa ibikoresho by’abanyeshuri byahiriye muri iyi nkongi hashakishwa uburyo bwo gufasha abanyeshuri.

Ati “Tugiye kongera tubarure ibyangiritse vuba, turebe ibiri mu bubiko bw’Akarere, nidusanga bitarimo, twiyambaze MINEMA kuko abana bagomba kubona matela bararaho, tubwire MINEDUC, twamaze no kubwira REB, idufashe kubona amakayi, kubona amakaramu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yasabye ababyeyi barerera abana muri iri shuri kudahangayika ndetse ko bagiye kwihutira gufata ingamba zo kurinda inkongi muri iri shuri.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Abacuruzi b’Isoko ry’Ingenzi za Huye baratabaza kubera ubujura, imiyoborere n’umutekano muke
Next Article Ibikoresho bya SAMIDRC byanyujijwe mu Rwanda bigeze ku cyiciro cya gatatu
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika
May 12, 2025
Perezida Kagame Yitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibigo muri Côte d’Ivoire
May 12, 2025
Hamas igiye kurekura imbohe y’Umunyamerika wa nyuma mu bafatiwe muri Israheli
May 12, 2025
Inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo igiye gukora iperereza ku ngabo zayo zagiye kurwanya M23
May 12, 2025
DRC: Abasaga 110 bishwe n’umwuzure muri Fizi
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

M23 yafashe Katundu na Musenda yerekeza Beni

Ahahoze indiri ikomeye ya FDLR, aba Mai-Mai ba UPLC ya Kambale-Mayani na Mazembe, ku nkengero z’ikiyaga cya Edouard ahitwa Lunyasenge,…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye gufunga Ambasade zazo mu bihugu bitandukanye, birimo Repubulika ya Congo

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirateganya gufunga zimwe muri Ambasade na za Consulats zayo zikorera mu bihugu bitandukanye byo ku…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Yoon Suk-Yeol wari perezida wa Korea Y’epfo yegujwe

Urukiko Rukuru rushinzwe kubahiriza itegeko nshinga muri Koreya y’Epfo, kuri uyu wa gatanu tariki ya 04 mata 2025 rwemeje ko…

2 Min Read
AMAKURU

Rusizi: Abiyise abakozi ba RRA nyuma y’uko bavuye Iwawa, batawe muri yombi

Abatawe muri yomb ni  abasore batatu bo mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Rusizi. Bakekwaho kwiyita abakozi b’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA),…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?