igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Donald Trump atangaje ko u Rwanda na RDC bigiye Kubona amahoro arambye
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Donald Trump atangaje ko u Rwanda na RDC bigiye Kubona amahoro arambye
AMAKURU

Perezida Donald Trump atangaje ko u Rwanda na RDC bigiye Kubona amahoro arambye

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 28, 2025 11:43 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bigiye kugera ku mahoro arambye, nyuma y’uko impande zombi zishyize umukono ku masezerano agena amahame y’ibanze agamije kugarura ituze n’umutekano mu karere.

Aya masezerano yashyizweho umukono ku itariki ya 25 Mata 2025, mu murwa mukuru wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Washington D.C. Ku ruhande rw’u Rwanda, yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, naho ku ruhande rwa RDC, asinywa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner.

Iyi nama yo gusinya amasezerano yagizwemo uruhare rukomeye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, wacungiye hafi ibiganiro byose bigamije kuzahura umubano hagati y’ibi bihugu byombi bimaze imyaka myinshi bikurikirana mu makimbirane yurudaca.

Nk’uko byemejwe, u Rwanda na RDC byiyemeje gutegura umushinga w’amasezerano arambuye y’amahoro, ugomba kuzemezwa n’impande zombi bitarenze tariki ya 2 Gicurasi 2025.

Perezida Donald Trump yagaragaje ibyishimo by’iki gikorwa, avuga ko yishimiye kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikomeje kugira uruhare rukomeye mu rugamba rwo guhosha intambara n’amakimbirane hirya no hino ku Isi.

Mu kiganiro n’umunyamakuru ku wa 27 Mata 2025, ubwo yabazwaga icyo yiteze kuri aya masezerano.

Trump yasubije agira ati: “Yego. Dufite amakuru meza ku Rwanda na RDC. Ndatekereza ko tugiye kubona amahoro mu Rwanda na Congo, n’ibindi bihugu bike biri hafi. Kizaba ari ikintu cyiza. Mu by’ukuri twizeye ko bizatanga umusaruro.”

Iyi ntambwe igaragara nk’intsinzi ikomeye ku mpande zombi ndetse no ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane nyuma y’aho ibiganiro byinshi byabereye mu bindi bihugu nk’i Qatar no mu murwa mukuru wa Angola, Luanda, hagati ya 2022 na 2024, byarananiwe kugera ku musaruro ugaragara. Muri ibyo biganiro, nubwo impande zombi zabonaga ko hari icyizere gike, byagaragazaga ko hakenewe undi mwanya wo kongera kubaka icyizere.

Amerika, binyuze mu ruhare rwayo rugaragara, yabashije kongera guhuza u Rwanda na RDC ku meza y’ibiganiro, bikaba biri gutanga icyizere cy’uko amahoro arambye ashobora kugaruka mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article “Monetization” ku bakoresha You Tube bari mu Rwanda, ishobora kwemerwa
Next Article Hamenyekanye ibirindiro bikomeye ihuriro ry’ingabo za RDC rifite muri Uvira, ingabo z’Uburundi ziri kuhisuka ku bwinshi
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika
May 12, 2025
Perezida Kagame Yitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibigo muri Côte d’Ivoire
May 12, 2025
Hamas igiye kurekura imbohe y’Umunyamerika wa nyuma mu bafatiwe muri Israheli
May 12, 2025
Inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo igiye gukora iperereza ku ngabo zayo zagiye kurwanya M23
May 12, 2025
DRC: Abasaga 110 bishwe n’umwuzure muri Fizi
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Sudan y’Epfo: Manda y’ubutumwa bw’amahoro ‘UNMISS’ yongerewe

Akanama k’umuryango wabibumbye Gashinzwe umutekano ku isi, kongereye Manda ya’abari mu butumwa bw’uyu muryango muri Sudan y’Epfo, ubutumwa buzwi nka…

2 Min Read
AMAKURU

Rutsiro: Urujijo ku murambo w’umukobwa w’imyaka 27 wasanzwe mu ishyamba

Nyiragasigwa Eugenie w’imyaka 27 wo mu Karere ka Rutsiro yasanzwe mu ishyamba yapfuye, bikekwa ko yishwe kuko yasanganwe ibikomere ku…

1 Min Read
AMAKURU

Umusore w’ imyaka 18 yafunzwe ashinjwa gusambanya umwana w’imyaka 4

Umusore utuye mu karere ka Nyamasheke yafunzwe akekwaho gusambanya umwana w'imyaka 4 gusa y'amavuko nk'uko byatangajwe na polisi aho muri…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Nyakubahwa Prezida Paul KAGAME, ari mu bari bwitabire irahira rya Perezida wa Gabon

Abakuru b’ibihugu 16 barimo na Perezida Paul Kagame, bamaze kwemeza ko bazitabira ibirori byo kurahira kwa Perezida Gen. Brice Clotaire…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?