igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Donald Trump yavuze ku bibazo bya Congo n’u Rwanda, ashimangira uruhare rw’intumwa ya Amerika mu kugarura ituze
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Donald Trump yavuze ku bibazo bya Congo n’u Rwanda, ashimangira uruhare rw’intumwa ya Amerika mu kugarura ituze
AMAKURUPOLITIKE

Perezida Donald Trump yavuze ku bibazo bya Congo n’u Rwanda, ashimangira uruhare rw’intumwa ya Amerika mu kugarura ituze

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 22, 2025 8:14 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko adafite uruhare rugaragara mu bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, ariko ko yohereje intumwa yihariye ifite ubushobozi buhambaye mu gukurikirana ibyo bibazo, kandi yemeza ko yakoze akazi k’indashyikirwa

Ibi Trump yabitangaje ubwo yakiraga mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, mu biro bye bya White House, baganira ku bibazo byugarije umugabane wa Afurika.

Mu gihe bari mu biganiro, Trump yaneretse Ramaphosa amashusho agaragaza amagambo yuzuyemo urwango n’ibikorwa bibi bivugwa na bamwe mu baturage ba Afurika y’Epfo, barimo Julius Malema, bagamije kwibasira Abazungu b’abahinzi. Ibyo bikorwa byatumye Trump afata icyemezo cyo gutanga ubuhungiro ku Bazungu avuga ko “barimo gukorerwa Jenoside.”

Abajijwe icyo Amerika ikora ku bibazo by’u Rwanda na Congo, Trump yagize ati:

“Ntaho mpuriye n’u Rwanda na Congo, ariko namenye ko hari umuntu dufite mu butegetsi wagiyeyo, kandi yakoze akazi kadasanzwe. Tuzakomeza kubikurikirana, ariko kugeza ubu ni we wakoze byinshi.”

Mu biganiro bye na Trump, Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC), birimo na Afurika y’Epfo, byari bifite ingabo muri Congo ariko byarazihakuye kugira ngo bigire uruhare mu gushaka amahoro arambye.

Yakomeje avuga ko amahoro muri Congo ari ingenzi ku karere kose, asaba ko Umuryango Mpuzamahanga wakomeza gutanga ubufasha kugira ngo ibyo bigerweho.

Trump yavuze ko ibibera muri Congo ari amahano akomeye, agaruka ku bwicanyi buhoraho, ariko akagaragaza icyizere ku ntumwa yoherejwe na Amerika, avuga ko irimo gukora akazi gakomeye.

Mu gihe gito cy’ubutegetsi bwa Donald Trump, hari impinduka zagaragaye mu karere k’u Burasirazuba bwa Congo, ndetse n’intambwe mu biganiro bigamije kuzahura umubano hagati y’u Rwanda na Congo. Muri Werurwe 2025, Perezida Paul Kagame na Perezida Félix Tshisekedi bahuriye muri Qatar ku butumire bw’umwami w’icyo gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.

Ibihugu byombi kandi byakiriye inyandiko yatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, irimo imiterere y’amasezerano y’amahoro hagati yabyo. Iyi nyandiko yabanjirijwe no gushyira umukono ku masezerano y’ibanze azwi nka “Déclaration de Principes” mu kwezi gushize.

Biteganyijwe ko amasezerano y’amahoro arambye hagati y’u Rwanda na Congo azashyirwaho umukono mu gihe cya vuba imbere ya Perezida Donald Trump, mu rwego rwo kurangiza burundu intambara zibera mu Burasirazuba bwa Congo.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Nyabihu: Umugore wari utwite inda y’imvutsi yapfiriye mu rugo rw’umugore wasengeraga abantu yiyita umunyamasengesho
Next Article Abakozi ba Ambasade ya Israel barashwe i Washington, DC, umwe yarimo yitegura ubukwe
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Kaboyi yabaye umwataka mwiza muri Yanga Princess
May 22, 2025
Hansi Flick yongereye amasezerano muri FC Barcelone kugeza mu 2027 nyuma yo gutwara ibikombe bitatu
May 22, 2025
Minisitiri w’Ubutabera wa RDC yafatiwe icyemezo gikomeye nyuma yo gukekwaho kunyereza umutungo
May 22, 2025
Polisi yafashe ibiro 500 by’ifumbire mvaruganda yari ijyanywe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
May 22, 2025
Kaminuza y’Abaporotesitanti mu Rwanda yashyize ku isoko ry’umurimo abasaga 500 barangije amasomo y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza
May 22, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Dore impamvu ikomeye yatumye ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuhwe hafungwa

Kuwa 17 Gicurasi 2025, Urwego rw'Igihugu rushinzwe imiyoborere, RGB mu ibaruwa rwandikiye, Mgr Dr. NTIVUGURUZWA Balthazar Umwepisikopi wa Diocese Gatolika ya…

2 Min Read
AMAKURU

Bugesera: Umugabo yapfiriye mu Kagali bikekwa ko yakubiswe n’abanyerondo bikamuviramo gupfa 

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 11 Gicurasi 2025 Nibwo mu biro by’Akagari ka Bihari, mu Murenge wa…

3 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADUROMU MAHANGA

Chris Brown agiye Gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Umunyamerika Chris Brown ayiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe ategereje kuburana ku byaha ashinjwa ko yakoreye mu Bwongereza mu…

1 Min Read
AMAKURU

Abakobwa biga imyuga barimo kwakwa ruswa y’igitsina

Bamwe mu bakobwa biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (TSS) mu Rwanda batangaza ko bahura n’imbogamizi zikomeye zishingiye kuri ruswa y’igitsina,…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?