igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Kazakhstan
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Kazakhstan
AMAKURU

Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Kazakhstan

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 27, 2025 9:59 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageze mu Murwa Mukuru wa Kazakhstan, Astana, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine rugamije kurushaho gushimangira umubano hagati y’u Rwanda n’icyo gihugu cyo muri Aziya yo Hagati

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatatu, Perezida Kagame azagirana ibiganiro byihariye na mugenzi we wa Kazakhstan, Kassym-Jomart Tokayev, bikazabera mu Ngoro ya Perezida izwi nka Akorda. Nyuma y’ibyo biganiro, hazakurikiraho ibiganiro byagutse bihuriza hamwe amatsinda y’abayobozi bahagarariye impande zombi.

Aba bakuru b’ibihugu kandi bateganya kugirana ikiganiro n’abanyamakuru, aho bazagaruka ku isura y’ubutwererane busanzwe buri hagati y’u Rwanda na Kazakhstan, n’inzira nshya zo kubwagura no kubwimakaza kurushaho.

Muri uru ruzinduko, Perezida Kagame azanasura Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Isanzure muri Kazakhstan, kimwe mu bigo bifite ireme rikomeye mu guhanga udushya.

Perezida Kagame anitezweho kugeza ijambo ku bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya Astana (Astana International Forum), ihuriza hamwe abayobozi ba guverinoma, abikorera n’abandi bafatanyabikorwa mpuzamahanga. Iyo nama itegurwa na Guverinoma ya Kazakhstan igamije gutanga urubuga rw’ubufatanye mu biganiro no gufata ibyemezo bigamije iterambere rusange.

Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame ruje rukurikira urwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, nawe wasuye Kazakhstan mu minsi ishize. Yahuye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba na Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Kazakhstan, Murat Nurtleu.

Mu biganiro byabo, aba bayobozi bagarutse ku nzego zinyuranye z’ubufatanye burimo politiki, ubukungu, umuco, ubutabazi n’ikoranabuhanga. Minisitiri Nurtleu yagaragaje ko Kazakhstan ifata u Rwanda nk’umufatanyabikorwa mwiza ku mugabane wa Afurika.

Aba bayobozi bemeranyije kunoza uburyo bwo gukorana binyuze mu mategeko, ndetse no guteza imbere kugendererana kw’abayobozi n’abikorera bo mu mpande zombi. Kazakhstan yasabye gutangiza ibiganiro bihuriweho bigamije guhura kw’abashoramari kugira ngo bashishikarizwe ubufatanye bwimbitse, cyane cyane binyuze mu ngaga z’ubucuruzi.

Bagarutse kandi ku butwererane mu rwego rw’ikoranabuhanga rikoreshwa mu nzego za Leta, ndetse banaganira ku ruhare rw’ibihugu byombi mu gukemura ibibazo mpuzamahanga biri ku Karere.

Impande zombi zumvikanye ko za Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’ibihugu byombi zizakomeza guhura kenshi mu biganiro bigamije gukomeza ubufatanye mu buryo burambye.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umugabo yajyanye mu nkiko resitora ya Whataburger nyuma yo guhabwa ibitunguru
Next Article Joseph Kabila agiye gutangira urugendo rwo kuganira n’abaturage n’abayobozi ba AFC/M23
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Muhazi FC yamanutse mu kiciro cya kabiri nyuma yo kunyagirwa n’Amagaju
May 28, 2025
Umwanditsi w’ibitabo Ngũgĩ wa Thiong’o yapfuye
May 28, 2025
Perezida wa Sena y’u Rwanda asanga ibiganiro ari wo muti w’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC
May 28, 2025
Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu cyuho yakira urumogi rwa ibilo 25 muri Muhanga
May 28, 2025
Cholera ikomeje kwibasira Sudani
May 28, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Uburundi bwagaragaje ibigomba kugenderwaho ngo bufungure umupaka ubuhuza n’u Rwanda

Leta y'Uburundi yatangaje ko izafungura umupaka uhuza iki gihugu n'u Rwanda mu gihe bazaba bamaze gushyikirizwa abarwanyi b'umutwe wa RED…

2 Min Read
AMAKURU

Minisitiri w’Ubutabera wa RDC yafatiwe icyemezo gikomeye nyuma yo gukekwaho kunyereza umutungo

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba Tungunga, yasabwe kwegura by’agateganyo nyuma y’aho Ubushinjacyaha Bukuru busabye Inteko…

1 Min Read
AMAKURU

Ali Bongo wahoze ayobora Gabon yarekuwe ahita yerekeza i Luanda muri Angola

Ali Bongo wahoze ayobora Gabon akaza guhirikwa ku butegetsi n’igisirikare mu 2023 ndetse agafungirwa iwe n’umuryango we kuva ubwo, yarekuwe…

1 Min Read
Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka
AMAKURUIMIKINOIMYIDAGADURO

Umucyo ku nkuru z’ibihuha kuri Sadate Munyakazi zimushinja gukora ibidashoboka

Umunyemari Munyakazi Sadate wigeze kuyobora ikipe ya Rayon Sports, yahakanye inkuru yacuzwe n’umuntu utazwi, ivuga ko agiye kugura Sitade Amahoro,…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?