igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Museveni ashinja ibihugu byo mu Burengerazuba gukongeza intambara muri Ukraine
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Museveni ashinja ibihugu byo mu Burengerazuba gukongeza intambara muri Ukraine
AMAKURUMU MAHANGA

Perezida Museveni ashinja ibihugu byo mu Burengerazuba gukongeza intambara muri Ukraine

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 27, 2025 3:14 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yongeye kugaragaza ibitekerezo bye ku ntambara ikomeje kubera muri Ukraine, aho yashinje ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi kugira uruhare rukomeye mu gukomeza gukongeza iyi ntambara aho kuyishakira umuti.

Mu butumwa yatangaje ku wa Gatandatu, Perezida Museveni yavuze ko ibihugu byo mu Burengerazuba bibogamiye cyane ku ruhande rwa Ukraine, aho kwitwara nk’abahuza cyangwa abashakira amahoro ibihugu birebwa n’amakimbirane. Yavuze ko ibyo bihugu byashoye imbaraga muri uru ruhande rudafasha gukemura ikibazo nyir’izina, ahubwo bigatuma intambara irushaho gukara.

Yagize ati: “Ntekereza ko Kyiv iri kuyobywa n’abantu batarebwa n’iyo ntambara. Bamwe mu bo mu Burengerazuba bw’Isi bakunda kwivanga muri gahunda z’ibindi bihugu. Aho kuba abahuza, barabogama kandi bakora amakosa menshi. Ni byo bikomeje guteza ibibazo byinshi, n’ino muri Afurika, aho bashyigikira impande zitarizo.”

Museveni yakomeje agaragaza ko ikibazo gikomeye ari uko ibi bihugu bitajya bifata umwanya wo gusobanukirwa imvo n’imvano y’amakimbirane, ahubwo bigahita bifata icyemezo cyo gushyigikira uruhande rumwe, nta gusesengura byakoze. Yibukije ko Ukraine n’u Burusiya byahoze ari igihugu kimwe mu gihe cyashize, bityo ko ibibazo byabo bikeneye kwitabwaho n’ubwitonzi nk’ubwo abantu bacunga amasezerano y’abashakanye bashaka gutandukana.

Yakomeje agira ati: “Iyo abantu bashakanye nyuma bakaza gutandukana, haragenzurwa. Bakagombye kuba baribajije ku buryo u Burusiya na Ukraine byatandukanye, niba koko byarakorewe ku mucyo no mu kuri.”

Museveni yagaragaje ko ukutumva neza ibibazo by’u Burusiya, no kudashaka gukemura amakimbirane mu buryo butabogamye, biri mu bikomeje gutiza umurindi intambara. Yasabye ko ibihugu by’i Burengerazuba byahindura uburyo bwabyo bwo gukemura amakimbirane, bikareka gushyira imbere ubushotoranyi cyangwa kubogama.

Yashoje asaba ibi bihugu kujya bifata umwanya wo gusuzuma neza ibibazo byose binyuze mu kureba ku mpande zombi, kugira ngo bashobore gufasha mu gukemura intambara, aho kuyihembera. Yavuze ko iyo nzira ari yo yonyine ishobora kurangiza burundu intambara iri mu Burayi no gukumira izindi ntambara mu bice bitandukanye by’isi.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Perezida Trump yigambye ko yagize uruhare mu guhuza u Rwanda na DRC
Next Article Ikipe ya Rutsiro FC yaba yitsindishije?
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Umuyobozi ukomeye mu Burundi yagaragaje ko Perezida Kagame yashatse kwiyunga na Nkurunziza bikanga
May 23, 2025
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi yatangaje ko u Buhinde bwafungiye amazi igihugu cya Pakistan
May 23, 2025
Justin Bieber yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Jennifer Lopez yajyanywe mu nkiko azira amafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo agiye kugeza ijambo ku Banye-Congo nyuma yo kwamburwa ubudahangarwa
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Bidatinze hari Cardinal wamenye ibanga rikomeye cyane ry’uko Papa yatowe

Yariki ya 8 Gicurasi 2025 nibwo inteko itora Papa igizwe n'aba Cardinal 133 yatoye Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika, Cardinal…

1 Min Read
AMAKURU

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi yarahiye ko atazigera agurisha umutungo wa RDC

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yiyamye abamushinje umugambi wo kugurisha Leta Zunze Ubumwe za Amerika umutungo…

2 Min Read
AMAKURU

Uko gahunda yo kwibuka ku nshuro 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 izaba iteye|MINEMA

Minisiteri y'ubumwe bw'abanyarwanda n'inshingano mboneragihugu yagaragaje inyoborabikorwa y'icyumweru cyahariwe gahunda yo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku nshuro ya…

2 Min Read
IMYIDAGADUROMU MAHANGA

HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe

HoodyBaby, yatawe muri yombi na Polisi yo mu Bwongereza aho ari gushinjwa icyaha cyo gukomeretsa bikabije nyuma ya Chris Brown…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?