igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Trump na Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe cy’amateka
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Trump na Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe cy’amateka
AMAKURUMU MAHANGA

Perezida Trump na Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe cy’amateka

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 27, 2025 2:21 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, na mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, bagiranye ikiganiro cyihariye cyasobanuwe nk’icy’amateka, nyuma y’igihe bari bamaze barebana ay’ingwe.

Icyo kiganiro cyabaye mbere gato y’uko bombi bitabira umuhango wo gusezera bwa nyuma kuri Papa Fransisko, uherutse gupfa mu mpera z’iki cyumweru i Vatikani. Ni umuhango wari witabiriwe n’abakuru b’ibihugu batandukanye, abihayimana, ndetse n’abandi bayobozi bakomeye ku isi.

Nk’uko byatangajwe na White House, ibiro bikuru bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ikiganiro hagati ya Trump na Zelensky cyabaye mu ibanga rikomeye, kibera muri Bazilika ya Mutagatifu Petero, aho cyamaze iminota 15. White House yemeje ko ibiganiro byagenze neza, mu buryo bwuje icyizere n’ubwubahane.

Perezida Zelensky nawe yahamije aya makuru, atangaza ko ibiganiro byabo byaranzwe n’umwuka mwiza kandi wubaka, byombi bakaba baganiriye ku bibazo bireba umubano w’ibihugu byombi, ndetse n’aho ibintu bihagaze ku bijyanye n’intambara ikomeje gukomera hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Nyuma y’iki kiganiro, Perezida Trump abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, yatangaje ko abona nta mpamvu n’imwe yagakwiye gutuma u Burusiya bukomeza ibitero kuri Ukraine. Yashimangiye ko amahoro ashoboka kandi ko hakenewe imbaraga zose mu gushakira umuti urambye iki kibazo.

Mu gihe kimwe, u Burusiya nabwo bwari bumaze gutangaza ko bwiteguye kugirana ibiganiro na Ukraine nta yandi mananiza, bikaba ari ikimenyetso cyiza cyashimishije abashishikajwe no kugarura amahoro mu karere.

Ibi biganiro hagati ya Trump na Zelensky bibaye nyuma y’aho bombi bari bagiranye amagambo akomeye mu mpera z’ukwezi kwa kabiri uyu mwaka, ubwo Zelensky yasuraga Amerika. Muri urwo ruzinduko, habayeho ukutumvikana gukomeye kugera n’aho bamwe mu bari kumwe na Perezida Zelensky basohowe mu nyubako ya White House ku buryo butunguranye.

Kuba noneho aba bayobozi bombi bongeye guhura bakaganira mu bwumvikane, byafashwe nk’intambwe ishimishije igaragaza ubushake bwo kongera gusana umubano hagati y’Amerika na Ukraine, cyane cyane muri ibi bihe bikomeye Ukraine ikomeje kwivuna ibitero bya gisirikare by’u Burusiya.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article U Bubiligi bwatakambiye Museveni busaba ko yabufasha mu kubuhuza n’u Rwanda
Next Article Perezida Trump yigambye ko yagize uruhare mu guhuza u Rwanda na DRC
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Minisitiri Utumatwishima yakebuye urubyiruko ruri kurangazwa n’imbuga nkoranyambaga mu bihe by’icyumweru cy’Icyunamo

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yakebuye urubyiruko ruri kurangazwa n’imbuga nkoranyambaga mu bihe by’icyumweru cy’Icyunamo rugakora…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Perezida wa Amerika Donald Trump yavuze amagambo akomeye ku gihugu cya RDC, yemeza ko atakizi

Mu kiganiro cyabaye mu ntangiriro z’iki cyumweru, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald J. Trump, yongeye kuvuga amagambo…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

DRC: Imirwano hagati AFC/M23 n’ingabo za RDC irakomeje muri Kivu y’Amajyepfo

Kuva ku munsi w’ejo wa 29 Mata 2025 mu gitondo, muri teritwari za Walungu, Kabare na Kalehe hari kubera imirwano…

1 Min Read
AMAKURU

Nyanza: Umugabo yishe umugore we amutemaguye, nawe yikubita ku kintu kiramukomeretsa ahita apfa

Mu Murenge wa Ntyazo, Akarere ka Nyanza, haravugwa inkuru y’akababaro aho umugabo witwa Savakure Adenien w’imyaka 31, akekwaho kwica umugore…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?