igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Tshisekedi yasezeranyije Abanye-Congo ikintu gikomeye mu mateka yabo
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Tshisekedi yasezeranyije Abanye-Congo ikintu gikomeye mu mateka yabo
AMAKURUMU MAHANGA

Perezida Tshisekedi yasezeranyije Abanye-Congo ikintu gikomeye mu mateka yabo

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 30, 2025 7:33 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yijeje abaturage be ko bagiye kwinjira mu bihe bishya by’amahoro n’ituze, nyuma y’imyaka myinshi igihugu cyabo gihanganye n’ibibazo by’umutekano muke n’intambara z’urudaca.

Ibi Perezida Tshisekedi yabitangaje nyuma y’aho Repubulika ya Demokarasi ya Congo isinyiye amasezerano y’amahoro n’u Rwanda, agamije gushyiraho umurongo uhamye w’ubufatanye mu kurwanya iterabwoba, kubungabunga umutekano, no kongera kubaka icyizere hagati y’ibihugu byombi.

Aya masezerano y’amahoro yasinyiwe i Kinshasa ku wa 25 Mata 2025, hagati ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa RDC, Kayikwamba Wagner, na mugenzi we w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe. Icyo gikorwa cyabereye imbere ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Marco Rubio, wari witabiriye nk’umuhuza n’umusesenguzi w’impande zombi.

Mu butumwa Perezida Tshisekedi yagejeje ku baturage ku wa kabiri, ubwo yakiraga mugenzi we wa Guinea-Bissau, Perezida Umaro Sissoco Embaló, yavuze ko ayo masezerano ari ikimenyetso simusiga cy’intambwe ikomeye igihugu cye gitangiye mu rugendo rwo kugera ku mahoro arambye.

Yagize ati: “Ni umuhigo nahaye abaturage banjye ko nzabashakira amahoro nyayo kandi arambye. Ubu ndashimira Imana ko tugeze aho gutangira kubona impinduka. Ndabizeza ko ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cyacu tugiye kukirwanya dufatanyije n’abandi, kandi kizahinduka amateka. Intego yanjye ni iyo, kandi ni cyo cyifuzo cyanjye gikomeye.”

Nyuma yo gusinya aya masezerano, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zahise zisaba impande zombi, ari zo u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, gutegura umushinga w’amasezerano arambuye bitarenze tariki ya 2 Gicurasi 2025. Uwo mushinga uzasuzumwa, hanyuma amasezerano y’amahoro y’igihe kirekire ashyirweho umukono mu buryo bwemewe.

Iyi gahunda itangajwe mu gihe hari icyizere cyinshi cy’uko ibihugu byombi bishobora kugera ku mwanzuro uhamye, bikongera kubana mu mahoro no kubaka iterambere rirambye mu karere.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article U Bushinwa: abantu 22 baburiye ubuzima mu nkongi y’umuriro
Next Article Abasirikare ba DRC bari bihishe batangiye gusubira i Kinshasa
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Umusore wafashe ku ngufu umukobwa amutera ubwoba ngo aramukorera nk’ibyo Kazungu yakoraga, yatawe muri yombi
May 23, 2025
Nyamasheke: Umwarimu yaguye mukantu nyuma yo kubona umukobwa babyaranye amuzaniye uruhinja rw’amezi 3 mu ishuri
May 23, 2025
Karongi: Mu mezi abiri abibasiwe n’ibiza bagiye gukorerwa ikintu gikomeye
May 23, 2025
U Bufaransa bwamaganye ibirego bya Israel, buvuga ko iri kubiba urwango
May 23, 2025
Abantu barenga ibihumbi 10 basanzwemo indwara ya Malariya mu Mujyi wa Kigali
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Uruganda rutunganya urumogi mu Rwanda rugeze kure rwubakwa

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), buratangaza ko imirimo yo kubaka uruganda rutunganya urumogi rwifashishwa mu buvuzi igeze ku kigero cya…

3 Min Read
AMAKURU

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishaka gusenya ishyaka PPRD rya Joseph Kabila

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani, yasabye Umushinjacyaha mu rukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga gutangira…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

U Burusiya Bwigambye Guhanura Drones Zirenga 500 za Ukraine, Bukomeza Gushinja Kyiv Kudashaka Amahoro

Leta y’u Burusiya yatangaje ko ingabo zayo zahanuye drones zirenga 500 ingabo za Ukraine zifashishije mu bitero bitandukanye, zishwanyaguza na…

1 Min Read
AMAKURU

Rubavu: Inkongi y’umuriro yafashe inyubako irashya yose

Inkongi y'umuriro yafashe ikigo cy'amashuri yose irashya irakongoka ibi byabereye ku kigo cya Collège de Gisenyi Inyemeramihigo riherereye mu Murenge…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?