igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida wa Amerika Donald Trump yavuze amagambo akomeye ku gihugu cya RDC, yemeza ko atakizi
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida wa Amerika Donald Trump yavuze amagambo akomeye ku gihugu cya RDC, yemeza ko atakizi
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Perezida wa Amerika Donald Trump yavuze amagambo akomeye ku gihugu cya RDC, yemeza ko atakizi

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 24, 2025 11:16 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Mu kiganiro cyabaye mu ntangiriro z’iki cyumweru, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald J. Trump, yongeye kuvuga amagambo akomeye yateje impaka, ubwo yatangazaga ko atazi neza icyo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ari cyo, ariko ko ayizi nk’igihugu abantu benshi baturukamo binjira muri Amerika.

Trump yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni, ubwo yari mu ruzinduko muri Amerika. Baganiraga ku bibazo by’abimukira, maze Trump agaruka ku mubare w’abava muri Afurika, by’umwihariko abo yise “abaturuka muri Congo”, abashinja kuba ari abagizi ba nabi, bamwe muri bo bakaba bafungiye mu magereza y’ibihugu bakomokamo.

Yagize ati: “Urabizi, bafungiye mu magereza ku isi hose, abandi barabarekuye. Si muri Amerika y’Epfo gusa, ku isi yose. Congo na Afurika… abantu benshi, benshi baturuka muri Congo. Sinzi Congo icyo ari cyo, ariko baturutse muri Congo.”

Aya magambo ya Trump yateje impaka zikomeye cyane cyane mu gihe RDC iri mu bihe bikomeye by’ubukungu n’umutekano, aho intambara z’uburasirazuba zatumye abaturage ibihumbi n’ibihumbi bahunga, bamwe bakajya no gushaka ubuhungiro mu bihugu bitandukanye, harimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

RDC, igihugu gikungahaye ku mabuye y’agaciro nka Cobalt, Lithium na Cooper, cyagiye kivugwa cyane mu biganiro mpuzamahanga ku bijyanye n’iterambere ry’ikoranabuhanga n’amasoko y’ingufu. Ariko kandi, imicungire mibi y’iyi mitungo, ruswa, n’imvururu za politiki zatumye abaturage bayo benshi baguma mu bukene, bituma igihugu kibonwa nabi mu maso y’amahanga.

Aya magambo ya Trump yagaragaje uburyo adaha agaciro RDC nk’igihugu, ndetse n’uruhare cyagira mu guharanira iterambere rusange, cyane ko kugeza ubu Amerika ifite inyungu zifatika muri ako karere, cyane binyuze mu masezerano y’ubufatanye mu by’umutekano n’inyungu zishingiye ku bukungu.

Trump yakomeje kunenga bimwe mu bihugu bya Afurika, avuga ko bikomeza kwakira inkunga za Amerika kandi bidatanga umusaruro. Mu kwezi kwa gatatu gushize, ubwo yavugaga kuri Lesotho, yavuze ko ari igihugu kitazwi, anenga uburyo Amerika ikomeza kugiha inkunga.

Nubwo asa n’uwita kuri Afurika mu buryo bw’urwenya cyangwa kwigamba, Trump yigeze gutangaza ko mu bategetsi ba Afurika, uwo yemera ari Perezida Paul Kagame w’u Rwanda. Yavuze ko Kagame ari we wenyine wakoze ibigaragara mu gihugu cye, mu gihe abandi baperezida bose bo muri Afurika, we yabakubye “na zero.”

Iyi myitwarire ya Trump, nk’uko byagiye bigaragazwa mu bihe bitandukanye, ikomeje guterwa urujijo n’abasesenguzi b’imibanire mpuzamahanga, bamwe bakayifata nk’ivangura no gusuzugura umugabane wa Afurika.

Icyakora, hari n’abavuga ko amagambo ye akwiye gufatwa nk’isomo ku bayobozi b’ibihugu bikennye, cyane cyane birimo ibibazo by’imiyoborere, kwikubira umutungo, n’ivangura, aho abaturage basigara nta cyo bibamariye mu gihe ibihugu byabo bikize ku mutungo kamere.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Muri White house ishyamba si ryeru namba
Next Article Rurageretse hagati ya Perezida wa Amerika Donald Trump na Volodymyr Zelensky wa Ukraine
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Umuyobozi ukomeye mu Burundi yagaragaje ko Perezida Kagame yashatse kwiyunga na Nkurunziza bikanga
May 23, 2025
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi yatangaje ko u Buhinde bwafungiye amazi igihugu cya Pakistan
May 23, 2025
Justin Bieber yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Jennifer Lopez yajyanywe mu nkiko azira amafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo agiye kugeza ijambo ku Banye-Congo nyuma yo kwamburwa ubudahangarwa
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Dore impamvu ikomeye yatumye Itorero Grace Room Ministries riyoborwa na Pasiteri Julienne Kabanda rihagarikwa

Itorero Grace Room Ministries riyoborwa na Pasiteri Julienne Kabanda ryambuwe ubuzima gatozi buryemerera gukorera mu Rwanda kuri uyu wa 10…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Abaturage ba RDC basabye ko igihugu cyabo cyagabanywamo ibihugu bitatu

Abaturage hamwe n’abanyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) barasaba impinduka zikomeye mu mikorere y’igihugu, aho bifuza ko…

2 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

Leta ya Congo ikomeje kwikoma bikomeye u Rwanda

Nubwo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda biri mu nzira yo kuganira no gukemura amakimbirane amaze igihe hagati…

3 Min Read
AMAKURU

Impanuka ikomeye ihitanye shoferi muri Huye

Imodoka ya kwasiteri ya sosiyete ya volcano ikoreye impanuka ku muhanda wa Huye-Nyamagabe aho benshi mubari bayirimo bakomeretse bikomeye naho…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?