igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida wa Sena y’u Rwanda asanga ibiganiro ari wo muti w’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida wa Sena y’u Rwanda asanga ibiganiro ari wo muti w’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC
AMAKURU

Perezida wa Sena y’u Rwanda asanga ibiganiro ari wo muti w’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 28, 2025 7:29 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr. François Xavier Kalinda, yavuze ko uburyo bw’ibiganiro ari bwo buryo bukwiye bwo gukemura burundu ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho ibibazo bimaze imyaka n’imyaka bihungabanya ubuzima bw’abaturage

Ibi yabivuze ku wa Kabiri, tariki ya 28 Gicurasi 2025, ubwo yakiraga intumwa z’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (APF), ziri mu ruzinduko mu Rwanda.

Dr. Kalinda yagaragaje ko uru ruzinduko ari amahirwe yo gukomeza ubufatanye hagati y’Inteko Nshingamategeko y’u Rwanda na APF, ndetse rugafasha mu kungurana ibitekerezo ku bibazo by’umutekano, dipolomasi n’iterambere ry’Akarere.

Yashimye cyane icyemezo APF yafatiye i Montréal muri Nyakanga 2024, cyerekana ubushake bwo kugira uruhare mu gushakira amahoro akarere ka RDC n’ibihugu bihana imbibi.

Dr. Kalinda yagaragaje ko amateka mabi, cyane cyane ubukoloni, jenoside yakorewe Abatutsi, hamwe n’imiyoborere idahwitse ari bimwe mu byashenye inzego z’ubuyobozi muri RDC, bigatiza umurindi umutekano muke ukomeje kwibasira aka gace.

Yagize ati: “Ayo makimbirane ni arambye kandi akomereye akarere kacu. Akeneye gukemurwa biciye mu nzira y’ubwumvikane n’ibiganiro bya politiki aho guhora hakoreshwa intwaro.”

Yanasobanuye ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu bayigizemo uruhare, barimo n’abayobozi ba FDLR, bahungiye mu Burasirazuba bwa Congo aho bagikomeje kugira uruhare mu guhembera umutekano muke.

Yavuze ko ibimenyetso bifatika byerekana ubufatanye bwa FDLR n’ingabo za FARDC, ibintu bishyira u Rwanda mu byago bikomeye, bityo ko amahanga akwiye kudahengamira ku ruhande rumwe ahubwo akitabira gushyigikira inzira ya dipolomasi.

Yanenze Guverinoma ya RDC ku kuba yaranzwe no kwanga kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23, ibintu byagize uruhare mu kurushaho gukomeza ubushyamirane mu karere.

Mu izina ry’u Rwanda, Dr. Kalinda yashimye Perezida wa Togo, Faure Gnassingbé, washyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kugira ngo ayobore ibiganiro bigamije amahoro mu karere.

Perezida wa APF, Hilarion Etong, nawe yavuze ko hakenewe uruhare rugaragara rw’abagize inteko zishinga amategeko mu gushakira amahoro arambye akarere k’Ibiyaga Bigari, kabaye indiri y’amakimbirane ashingiye ku mateka n’imitwe yitwaje intwaro.

Yasobanuye ko ibikorwa bya APF bitagamije gusimbura izindi nzira za dipolomasi nk’iza Afurika Yunze Ubumwe, inama za Luanda, Nairobi, cyangwa ubuhuza bwa Qatar na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahubwo ko ari inyongera ifasha mu gushakira igisubizo kirambye.

Yasoje avuga ko intumwa za APF zizakomeza guhura n’inzego zitandukanye z’u Rwanda, harimo abadepite, inzego za diplomasi, n’imiryango itegamiye kuri Leta, kugira ngo basobanukirwe imizi y’ikibazo no gutanga umusanzu mu kugishakira igisubizo binyuze mu biganiro n’ubwumvikane.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu cyuho yakira urumogi rwa ibilo 25 muri Muhanga
Next Article Umwanditsi w’ibitabo Ngũgĩ wa Thiong’o yapfuye
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Israel yashimye umubano wihariye ifitanye n’u Rwanda, ishimangira ubushake bwo gukomeza gufatanya mu nzego z’iterambere
May 29, 2025
Perezida Kagame na Alain Berset baganiriye ku bufatanye bushya hagati y’u Rwanda n’u Burayi
May 29, 2025
U Rwanda rwongeye gutanga inkunga yo gufasha abari mu kaga muri Gaza
May 29, 2025
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania mu nama igamije gushimangira umutekano ku mipaka ihuriweho
May 29, 2025
Rurageretse hagati y’Umunyamakuru na Ambasaderi wa Israel
May 29, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Perezida Trump yarakariye Putin, Ateguza Uburusiya ibihano bikomeye

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yarakariye bikomeye Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya, nyuma y’amezi ashize…

3 Min Read
AMAKURU

Muri ikigihe Kiriziya Gaturika mu Rwanda na DRC bagiye kurushaho gufatanya

U Rwanda na DRC bakomeje kurebana ay'ingwe mu gihe kiriziya zombi ziyemeje kurushaho kugirana ubufatanye hagati yazo Amakimbirane yakomeje gufata…

2 Min Read
AMAKURU

Umwana w’imyaka 10 ari mu maboko ya Polisi azira kwiba imodoka

Polisi yo mu ntara ya Morogoro yataye muri yombi umwana w'umunyeshuri w'imyaka 10 wiga mu mwaka wa gatanu mu mashuri…

1 Min Read
AMAKURU

Umwana w’Imyaka 7 Witwa Tumukunde Elia Apfuye Azize Umwuzure mu Murenge wa Gataraga

Ku wa 9 Mata 2025, mu Murenge wa Gataraga, Akagari ka Mudakama, Umudugudu wa Kararo, habaye impanuka ibabaje aho umwana…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?