igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Rayon Sport igomba gusubira i Huye, ibya Mpaga byanzwe
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Rayon Sport igomba gusubira i Huye, ibya Mpaga byanzwe
AMAKURUIMIKINO

Rayon Sport igomba gusubira i Huye, ibya Mpaga byanzwe

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: April 17, 2025 10:19 pm
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Nyuma y’uko umukino wahuzaga Mukura Vs na Rayon Sport wasubitswe bitewe n’uko amatara acanira Stade Mpuzamahanga ya Huye yanze kwaka umusifuzi yahisemo ko umukino usubikwa umaze iminota 27 yonyine mu gihe n’ubundi wari wanatangiye utinze kubera ibyo bibazo. Ndetse benshi bavugaga ko ikipe ya Mukura yagombaga guterwa mpaga kuko ari yo yahisemo ko umukino ukunwa nijoro ndetse n’amategeko akaba ari cyo ateganya ku ikipe yakiriye umukino itabashije kubahiriza ibikenerwa ku kibuga.

Amakuru mashya ni uko uyu mukino ugomba gusubirwamo nk’uko FERWAFA yabyemeje mu ibaruwa yandikiwe amakipe yombi Mukura na Rayon Sport isobanura ko ishingiye ku mpavu zitandukanye umukino ugomba gusubirwamo

Komisiyo ishingiye, kuri raporo ya Komiseri w’umukino bwana Louis HAKIZIMANA igaragaza ko we n’abandi bayobozi b’umukino bavuye ku kibuga 19:04′ abashinzwe ibya tekiniki bakiri gushakisha impamvu yateye kuzima kw’amatara.

Igashingira ku ibaruwa ya Mukura VS yari yakiriye umukino yandikiye FERWAFA yisobanura ku byabaye aho bagaragaje ko bari bakoze ibisabwa byose kugira ngo umukino ube by’umwihariko kugura amavuta ya “Generator” itanga urumuri muri stade nk’uko bisanzwe bikorwa bafatanyije n’abashinzwe stade (MINISPORTS). Ibi kandi bikaba byarashimangiwe na raporo yakozwe n’abashinzwe iby’amashanyarazi bagejeje k’ Umuyobozi w’akarere ka Huye aho igaragaza ko icyo kibazo kitatewe n’ubuke bw’amavuta ya “generator” Mukura VS yatanze ahubwo ari “short circuit/court circuit”.

Ishingiye kuri raporo ya Sosiyete itunganya ikanatanga Serivisi z’ingufu z’amashanyarazi (EUCL) yo ku wa 16/4/2025 bashyikirije FERWAFA bemeza ibikubiye muri raporo yavuzwe haruguru ku bijyanye no kuba kuzima kw’amatara kwaratewe na “court circuit/short circuit” nk’uko bigaragara mu mwanzuro w’iyo raporo mu rurimi rw’lcyongereza:” The power failure at Huye Stadium during the Peace Cup match was primarily caused by a severe internal short circuit within one of the floodlight poles. This fault resulted in a system-wide outage that rendered both the grid and generator power supplies non-functional during the event. From an engineering standpoint, such short circuits-though unfortunate-are technically Inevitable. Despite routine preventive measures”.

Komisiyo kandi ishingiye ku mabwiriza agenga amarushanwa ya FERWAFA yo ku wa 23/10/2020 mu ngingo yayo ya 38 igika cya 5 iteganya uko bigenda iyo umukino uhagaze kubera Impamvu zigoye kwigobotora cyangwa imbogamizi zitunguranye ziturutse hanze y’ubushake bw’umuntu “cas de force majeure”.

Komisiyo y’Amarushanwa isanga ikibazo cyateye kuzima kw’amatara ari impamvu yihariye kandi itunguranye, izwi nka “cas de force majeure” Nk’uko byemejwe na raporo zo mu rwego rwa tekiniki, by’umwihariko raporo ya EUCL yagaragaje ko ikibazo cyaturutse kuri “short circuit” ikomeye, itashoboraga kwirindwa n’abateguye umukino aho bigaragara ko nta burangare ikipe yakiriye umukino (MUKURA VS) yagize cyangwa hari icyo yagombaga gukora kugira ngo ibyo bitaba itakoze.

Bityo, umukino wavuzwe haruguru uzasubukurwa ukinwe uhereye ku munota warugezeho tariki 22/4/2025 kuri Stade Huye 15h00′ nk’uko biteganywa n’ingingo ya 38 mu gika cya 5 cy’amategeko yavuzwe haruguru.

Ferwafa yaboneyeho kandi gusaba amakipe yombi gukomeza kugaragaza ubufatanye no kwitwara neza, nk’uko byagaragaye mbere y’icyo kibazo.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Kigali: umugore yatwikishije umugabo we isombe nyuma yo kumusangana indaya
Next Article RDC: Ingabo z’Uburundi n’abarwanyi ba Wazalendo bari kurebana ay’ingwe
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika
May 12, 2025
Perezida Kagame Yitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibigo muri Côte d’Ivoire
May 12, 2025
Hamas igiye kurekura imbohe y’Umunyamerika wa nyuma mu bafatiwe muri Israheli
May 12, 2025
Inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo igiye gukora iperereza ku ngabo zayo zagiye kurwanya M23
May 12, 2025
DRC: Abasaga 110 bishwe n’umwuzure muri Fizi
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

NTAZINDA Erasme yatawe muri yombi, nyuma y’uko ahagaritswe ku nshingano zo kuyobora Akarere Ka Nyanza

Mu ijoro ryakeye nibwo Inama idasanzwe y’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza yahagaritse NTAZINDA Erasme ku nshingano zo kuyobora ako karere.…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Perezida Trump yigambye ko yagize uruhare mu guhuza u Rwanda na DRC

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yishimye mu buryo bwo kwishongora ku ruhare rwe mu kunga u Rwanda…

4 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

Ububiligi bushobora kwisubiraho bugashigikira M23

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yashimangiye icyifuzo cy’ubuhuza n’amahoro mu Burasirazuba bwa Congo, avuga ku mubano w’u Rwanda…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Ubwoba bwatashye i Uvira nyuma y’amakuru y’uko hari abarwanyi bagiye kuyifata

Mu mujyi wa Uvira no mu bice bihaturiye, abaturage bari mu bwoba bukabije nyuma y’uko havuzwe amakuru y’uko abarwanyi bo…

4 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?