igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: RIB yavuze ko ibyo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > RIB yavuze ko ibyo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
AMAKURUIMYIDAGADURO

RIB yavuze ko ibyo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: April 9, 2025 2:03 am
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Amagambo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga ni amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nk’uko Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwabitangaje.

Ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwibuka hamwe n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Teta Sandra yanditse ku rubuga rwa Snapchat ndetse no kuri sitati ya WhatsApp ko yibuka Abatutsi bishwe ndetse n’Abahutu batari bashyigikiye Jenoside.

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko ibi Yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze by’uzuye gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.

Nyuma y’ibyo ubwo yagiranaga ikiganiro n’ikinyamakuru Imvaho Nshya, Teta Sandra yahamije ko Abantu bamwumvise bitandukanye n’ibyo yashakaga kuvuga

Yagize ati: “Ndatekereza igitekerezo cyanjye mwagifashe bitandukanye, igitekerezo kivuga ko twibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside ariko na bamwe mu Bahutu bagize icyo bakora mu guhagarika Jenoside.”

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry yatangarije iki kinyamakuru Imvaho Nshya ko ingingo ihana icyaha cyo guhakana Jenoside isobanutse.

Ati: “Usesenguye ibyo uwo Teta yashyize ku mbunga nkoranyambaga ze ukareba ibyo amategeko ateganya, rwose biragaragara ko yarenze ku byo itegeko riteganya. Jenoside yakorewe Abatutsi kandi ni yo yibukwa naho kongeraho ibindi ni ukunyuranya n’ingingo ya 5 y’iryo tegeko navuze. Ingingo ya 5 y’itegeko rihana ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo, ivuga ko umuntu uvuga cyangwa ugaragaza ko Jenoside atari Jenoside, kugoreka ukuri kuri Jenoside agamije kuyobya rubanda, kwemeza ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri, kuvuga cyangwa kugaragaza ko Jenoside itateguwe, aba akoze icyaha cyo guhakana Jenoside.

Itegeko Nº 59/2018 ryo ku wa 22/8/2018 ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano, rigena ko Ingengabitekerezo ya Jenoside; umuntu ukorera mu ruhame igikorwa, byaba mu magambo, mu nyandiko, mu mashusho cyangwa ku bundi buryo, kigaragaza imitekerereze yimakaza cyangwa ishyigikira kurimbura abantu bose cyangwa bamwe muri bo, bahuriye ku bwenegihugu, ubwoko, ibara ry’uruhu cyangwa ku idini aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu (500,000Frw) ariko atarenze Miliyoni imwe (1,000,000Frw)

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article RDC: Umwuka mubi hagati ya Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi
Next Article Umujyanama wihariye wa Perezida wa leta zunze ubumwe za America yakiriwe na perezida Kagame
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Muhazi FC yamanutse mu kiciro cya kabiri nyuma yo kunyagirwa n’Amagaju
May 28, 2025
Umwanditsi w’ibitabo Ngũgĩ wa Thiong’o yapfuye
May 28, 2025
Perezida wa Sena y’u Rwanda asanga ibiganiro ari wo muti w’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC
May 28, 2025
Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu cyuho yakira urumogi rwa ibilo 25 muri Muhanga
May 28, 2025
Cholera ikomeje kwibasira Sudani
May 28, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Umusirikare w’u Rwanda, Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro yabaye indashyikirwa mu ishuri rya gisirikare muri Amerika

Umusirikare w’u Rwanda, Sous-Lieutenant Janet Uwamahoro, yarangije amasomo ya gisirikare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse aza mu batsinze…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Abatuye mu bubiligi bateguye urugendo rwo gutera intambwe miliyoni mu kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ishyirahamwe ‘Marche de la Vie’ ryo mu Bubiligi rigiye gutegura urugendo rwiswe Marche-ADPES, ruzakorwa mu irushanwa ngarukamwaka rya "One Million…

3 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Ikipe ya Rutsiro FC yaba yitsindishije?

Mu mukino w’Umunsi wa 25 wa Shampiyona y’u Rwanda wabaye ku wa 26 Mata 2025, aho Ikipe y’Ingabo z’Igihugu APR…

1 Min Read
AMAKURU

Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Kazakhstan

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageze mu Murwa Mukuru wa Kazakhstan, Astana, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine rugamije kurushaho…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?