igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Ruhango: Umugore yasanzwe yapfiriye mu nzu nyuma y’igihe gito ashinze urugo
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Ruhango: Umugore yasanzwe yapfiriye mu nzu nyuma y’igihe gito ashinze urugo
AMAKURU

Ruhango: Umugore yasanzwe yapfiriye mu nzu nyuma y’igihe gito ashinze urugo

Faxxy Editor ✨
Last updated: May 27, 2025 3:58 pm
Faxxy Editor ✨
Share
SHARE

RUHANGO: Dusabeyezu Seraphine, wari utuye mu Mudugudu wa Gasharu, Akagari ka Kamusenyi, Umurenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, yasanzwe yapfiriye mu nzu nyuma y’igihe gito ashinze urugo.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Byimana buvuga ko bwakiriye amakuru avuga ko Dusabeyezu Séraphine yasanzwe mu buriri yashizemo umwuka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uwo Murenge, Uwamwiza Jeanne D’Arc yabwiye UMUSEKE ko mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere Taliki ya 26 Gicurasi 2025 umuturanyi wa nyakwigendera yanyuze imbere y’urugo arasuhuza abura umwikiriza.

Avuga ko ngo uwo muturage yahise yinjira mu nzu maze arungurutse mu cyumba asanga Dusabeyezu yashizemo umwuka w’abazima.

Gitifu Uwamwiza avuga ko umurambo wa Nyakwigendera bawusanze mu buriri wonyine kubera ko umugabo we akora akazi k’izamu atari mu rugo nijoro.

Avuga ko nta bimenyetso byo ku mubiri babonye bigaragaza ko yabanje gukomeretswa.

Uwamwiza avuga ko nta n’umuturanyi nyakwigendera yari afitanye na we amakimbirane, kuko yari aherutse gukora ubukwe, basezeranye n’umugabo we mu kwezi kwa Mutarama 2025.

Ati:“Muri raporo dufite y’ingo zifitanye amakimbirane urugo rwa Nyakwigendera ntabwo rurimo.”

Bamwe mu baturage bavuga ko bumvise amakuru y’uko nyakwigendera ashobora kuba yabanje gusambanywa mbere yo kwicwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byimana avuga ko ukuri ku byamubayeho, birimo n’ibikekwa n’abaturage, bizagaragazwa n’iperereza RIB yatangiye.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Kabgayi, ariko RIB iteganya kuwujyana mu Bitaro bya Polisi ku Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma. Dusabeyezu Séraphine nta mwana asize.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
ByFaxxy Editor ✨
Follow:
 
Previous Article Ababuranira Diddy basabye ko ubuhamya bwa Kid Cudi buvanwa mu rukiko igitaraganya
Next Article Gicumbi:Umwarimukazi aravugwaho gutegeka abanyeshuri gukubita mugenzi wabo agapfa
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Muhazi FC yamanutse mu kiciro cya kabiri nyuma yo kunyagirwa n’Amagaju
May 28, 2025
Umwanditsi w’ibitabo Ngũgĩ wa Thiong’o yapfuye
May 28, 2025
Perezida wa Sena y’u Rwanda asanga ibiganiro ari wo muti w’amahoro mu Burasirazuba bwa RDC
May 28, 2025
Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu cyuho yakira urumogi rwa ibilo 25 muri Muhanga
May 28, 2025
Cholera ikomeje kwibasira Sudani
May 28, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Abaturage bo muri Sudani y’Epfo bari guhungira muri DRC Ku Bwinshi

Guhera mu ntangiriro za Mata, 2025 muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bakiriye impunzi 10,000 zaturutse muri Sudani y’Epfo zinjirira…

1 Min Read
AMAKURU

Muhanga: Umusore wimyaka 19 birakekwa ko yiyahuye nyuma yo gusangwa mu kiziriko

Mu Mudugudu wa Nyamitanga, Akagari ka Kanyinya, Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga, haravugwa urupfu rw’umusore w’imyaka 19 wasanzwe…

1 Min Read
AMAKURU

Ingabo z’u Buhinde zakajije umutekano mu bice byo ku mupaka nyuma yo kurasa muri Pakistan na Kashmir

Umwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’u Buhinde na Pakistan biturutse ku bitero impande zombi zishinjanya kugabanaho. U Buhinde bwatangaje ko…

2 Min Read
AMAKURU

Nzabahayo uzwi nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ akurikiranweho icyaha gikomeye

Umuhanzi Nzabahayo Silas wamamaye nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB akurikiranyweho icyaha cyo…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?