Mu Burasirazuba bwa Tanzania aho Impunzi z’Abarundi zikambitse mu nkambi ya Nduta biraavugwa ko abapolisi basigaye baza mu nkambi bafite urutonde rw’abantu bakabatwara bakabafunga, hakaba nabo baburira irengero bakabaheruka babatwara.
Abo bivugwa ko bamaze gutwara muri iyi nkambi ya Nduta basaga 11 biganjemo abagore n’ingimbi, bagenda batwarirwa mu duce 9 dutandukanye cyane cyane batwawe Taliki ya 1 kugera kugera Taliki 3 Mata ndetse na Taliki 8 Mata 2025 nk’uko igitangazamakuru,SOS Médias Burundi cyabitangaje.
Gikomeza kivuga ko kiboneye amazina y’impunzi z’Abarundi 4 ziri mu zatwawe, kugeza ubu inzego z’ibanze z’ahari iyo nkambi ya Nduta ntiziragira icyo zivuga kuri aya makuru.
Izi mpunzi zo zivuga ko aba bose bafatwa baba bafungiye muri Gereza ya Kibondo gusa abandi bo ntibanzi aho bajyanywe.
Leta ya Tanzania n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) basabwe ibisobanuro by’aho abo bantu bajyanwa.
Si ubwa mbere ibi bivuzwe kuko Raporo zitandukanye z’imiryango mpuzamahanga zatangaje ko impunzi ziri muri Tanzania zitwarwa mu buryo budasobanutse.
Impunzi z’iri muri iyi nkambi ya Nduta muri Tanzania zibarirwa muri zirenga ibihumbi 58, zaturutse mu Burundi.
