Umunyabigwi umukurambere w’abakinnyi ba Bayern Munich, benshi bita Muzehe Thomas Müller, yemeje ko ubwo umwaka w’imikino wa 2024/2025, uzaba urangira atazakomeza gukinira iyi kipe kuri ubu amazemo imyaka 25
ayikinira.
Prezida w’iyi kipe, Max Eberl, yatangaje ko babikoze kugira ngo bubake ahazaza h’iyi kipe.
Yagize ati: Ati “Iki cyemezo cyarumvikanaga kandi cyoroshye. Impamvu ni uko turajwe inshinga n’ahazaza.”
Uyu Tomas Müller we yatangaje ko ari agaciro gakomeye kuba yarakiniye Bayern Munich ndetse ahamya ko afite intego yo gusiga ayihaye igikombe kiruta ibindi i Burayi UEFA Champions League dore ko umugi wabo wa Munich ari wo uzakira umukino wa nyuma w’iri rushanwa uyu mwaka.
Yagize Ati: “Imyaka 25 nk’umukinnyi hano izarangira muri iyi mpeshyi. Rwari urugendo rudasanzwe, nishimiye gukina mu ikipe yanjye nkunda. Tuzatanga byose kugira ngo tuzagarure Champions League cyane ko izanabera mu mujyi wacu.”
Uyu mwataka ufite imyaka 35 amaze yakiniye Bayern imikino 743, atsinda ibitego 247, anatanga imipira yavuyemo ibitego (assist) 273.
Yatwaranye n’iyi kipe ibikombe 33 ari byo 12 bya Shampiyona, ibikombe by’igihugu 6 UEFA Champions League 2, UEFA Super Cup 2 na Super Cup y’u Budage 8.
