igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: U Bubiligi bwatakambiye Museveni busaba ko yabufasha mu kubuhuza n’u Rwanda
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > U Bubiligi bwatakambiye Museveni busaba ko yabufasha mu kubuhuza n’u Rwanda
AMAKURUPOLITIKE

U Bubiligi bwatakambiye Museveni busaba ko yabufasha mu kubuhuza n’u Rwanda

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: April 27, 2025 1:29 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Minisitiri w’u Bubiligi ushinzwe ububanyi n’amahanga aherutse kugirira uruzinduko muri Uganda aho yasabaga ko u Bubiligi bwafashwa mu kongera kugira umubano mwiza na Leta y;u Rwanda

Ku wa Gatanu, tariki ya 25 Mata 2025, Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yahuye na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni. Muri uwo mubonano, Prévot yavuze ko u Rwanda rukiri igihugu cy’ingenzi mu Karere k’Ibiyaga bigari, kandi ko rufite ubushobozi bwo kugira uruhare mu gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Prévot yavuze ko nubwo yari aje kugisha inama Perezida Museveni nk’umukuru w’igihugu ufite ubunararibonye mu by’umutekano w’Akarere, yari afite n’icyizere ko Museveni ashobora kuba umuhuza hagati y’u Bubiligi n’u Rwanda, mu rwego rwo kongera kugirana umubano.

Prévot yashimye Perezida Museveni avuga ko afite ubushobozi bwo guhuza impande zitandukanye, bityo akaba ari umuntu w’agaciro mu gushakira amahoro Akarere k’Ibiyaga Bigari.

Nubwo Prévot yagiriye uruzinduko mu bihugu nka Uganda, RDC n’u Burundi, yavuze ko ababajwe no kuba atashoboye kujya mu Rwanda kubera ko u Rwanda rwahagaritse umubano wa dipolomasi n’u Bubiligi. Yagize ati: “ku bwamahirwe make, uko ibintu bimeze ubu ntabwo nashobora gusura u Rwanda, nyuma y’uko rufashe umwanzuro wo guhagarika umubano wa dipolomasi.”

U Rwanda rwafashe icyemezo cyo guhagarika umubano n’u Bubiligi nyuma y’uko rwanzuye ko u Bubiligi bukomeje kwitwara mu buryo bwa gikoloni, harimo no gukwirakwiza ibinyoma byangisha u Rwanda ku mahanga binyuze mu bufatanye na RDC. U Rwanda rugaragaza ko umubano ushobora kongera kubura igihe u Bubiligi bwihannye iyo myitwarire mibi.

Prévot yavuze ko u Bubiligi bugifite icyizere ko ibiganiro bizashoboka, bikazafasha buri ruhande gusobanukirwa neza impamvu y’ibyemezo bifatwa. Yatanze urugero rw’uko n’ubwo u Burusiya bwafatiwe ibihano, u Bubiligi butigeze buca burundu umubano nabwo.

Ku rundi ruhande, Maxime Prévot yashimye intambwe imaze guterwa mu biganiro byo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo. Yagarutse ku masezerano aherutse gusinywa i Washington hagati y’u Rwanda na RDC, yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, ku bufashwa bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

U Bubiligi bwashimye iyo ntambwe ndetse bunashimira uruhare rw’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga birimo Qatar, Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU), Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) na SADC.

Prévot na Perezida Museveni banaganiriye ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC, aho Ingabo za FARDC n’abambari bazo bakomeje intambara n’inyeshyamba za AFC/M23, zirwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bamaze imyaka bahigwa no kwimurwa.

Bombi bemeranyije ko hakenewe kwihutisha ibikorwa byo kugarura amahoro arambye. Prévot yibukije ko kugira ngo ikibazo gikemuke burundu, hagomba gukemurwa imvano z’intambara.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Yago Pon Dat yaciye amarenga ko yaba yitegura kwibaruka
Next Article Perezida Trump na Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe cy’amateka
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Burusiya bukomeje kugaba ibitero muri Ukraine mu gihe bari bumvikanye agahenge
May 12, 2025
Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika
May 12, 2025
Perezida Kagame Yitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibigo muri Côte d’Ivoire
May 12, 2025
Hamas igiye kurekura imbohe y’Umunyamerika wa nyuma mu bafatiwe muri Israheli
May 12, 2025
Inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo igiye gukora iperereza ku ngabo zayo zagiye kurwanya M23
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Elon Musk yigereranyije na Buddha avuga ko DOGE izakomeza gukora na nyuma ye

Elon Musk, nyir’urubuga rwa X wari umaze igihe ari mu kazi ka guverinoma ya Trump, yigereranyije na Buddha, avuga ko…

1 Min Read
AMAKURU

Minisitiri Utumatwishima yakebuye urubyiruko ruri kurangazwa n’imbuga nkoranyambaga mu bihe by’icyumweru cy’Icyunamo

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yakebuye urubyiruko ruri kurangazwa n’imbuga nkoranyambaga mu bihe by’icyumweru cy’Icyunamo rugakora…

3 Min Read
AMAKURU

Corneille Nangaa yavuze ko Abanye-Congo bose bategereje AFC/M23 kugira ngo ibabohore

Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa Yobeluo, yatangaje ko Abanye-Congo bose ari abanyamuryango…

2 Min Read
AMAKURU

Umugore yasanganywe imibiri irenga 290 mu isambu ye ahita atabwa muri yombi.

Ntirushwamaboko Marie Providence yatawe muri yombi w'imyaka 64 yatawe muri yombi nyuma yo gusanganywa imibiri y'abazize jenoside yakorewe abatutsi mu…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?