igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Ububiligi bushobora kwisubiraho bugashigikira M23
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Ububiligi bushobora kwisubiraho bugashigikira M23
AMAKURUPOLITIKE

Ububiligi bushobora kwisubiraho bugashigikira M23

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: April 29, 2025 12:28 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yashimangiye icyifuzo cy’ubuhuza n’amahoro mu Burasirazuba bwa Congo, avuga ku mubano w’u Rwanda n’u Bubiligi

Ku wa Kabiri tariki 29 Mata 2025, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yasoje uruzinduko rw’akazi i Kinshasa aho yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) barimo Perezida Félix Tshisekedi, Minisitiri w’Intebe Judith Suminwa Tuluka n’abahagarariye Sosiyete Sivile.

Mu butumwa yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Minisitiri Maxime yagaragaje ko yemeje gushyigikira inzira zose z’ubuhuza n’ibiganiro bigamije kurangiza amakimbirane mu Burasirazuba bwa RDC, hagamijwe ubumwe bw’igihugu, demokarasi n’ubufatanye bw’akarere.

Yagaragaje ko ibindi byaganiriweho birimo kongera imbaraga mu miyoborere myiza, kurwanya ruswa, n’ibibazo by’imibereho n’ubukungu bikigaragara muri RDC. Yanashimangiye ubushake bw’u Bubiligi bwo gukomeza ubufatanye n’icyo gihugu, cyane cyane mu rwego rw’ubukungu n’iterambere.

Nubwo yasuye ibihugu bitandukanye byo mu karere k’Ibiyaga Bigari, birimo Uganda, u Burundi na RDC, Minisitiri Prévot ntiyasuye u Rwanda. Ibi byakurikiye icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Rwanda ku wa 17 Werurwe 2025 cyo guhagarika umubano wa dipolomasi n’u Bubiligi, ndetse ikategeka ko abadipolomate b’icyo gihugu bava ku butaka bwarwo mu masaha 48.

Ni nyuma y’uko bivugwa ko Minisitiri Prévot yari yaratangije urugendo rwo gusaba ibihano ku Rwanda, abikora yunganirwa n’abayobozi ba RDC, bamwerekaga ibyo akwiye kuvuga.

Nubwo atasuye Kigali, Minisitiri Maxime yavuze ko u Rwanda rugifitiwe icyizere nk’umufatanyabikorwa ukomeye mu karere, by’umwihariko mu gukemura ibibazo by’intambara mu Burasirazuba bwa Congo.

Ibi yabigarutseho ubwo yahuraga na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, amusaba kugira uruhare mu kunga u Rwanda n’u Bubiligi ndetse no gukemura umutekano muke muri RDC. Minisitiri Maxime yavuze ko Museveni ari umwe mu bafite ubunararibonye mu biganiro byo mu karere, akaba ashobora gutanga umusanzu ukomeye mu gushaka amahoro.

Yagize ati: “Nasobanuriye Perezida Museveni ko guca umubano wa dipolomasi bitari igisubizo cyiza, kandi hari amakuru atariyo yagiye akoreshwa mu gufata imyanzuro. Twemeranyije ko hakenewe igisubizo cyihuse ku bibazo biri mu Burasirazuba bwa Congo.”

Yakomeje ashimangira ko icy’ibanze ari uguhagarika ubugizi bwa nabi, kubaha ubusugire bw’ibihugu, guteza imbere imiyoborere myiza, guca imvugo z’urwango, gukemura ikibazo cy’impunzi no kurwanya umutwe wa FDLR.

Ibi byose ngo byafasha gukemura ibibazo by’umutekano muke muri RDC no kuzahura umubano hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Trump yavuze ko ari we uyoboye Isi
Next Article Tom Close, Jay C na Khalfan Govinda bashyize hanze amashusho y’indirimbo bise AGACACA
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Burusiya bukomeje kugaba ibitero muri Ukraine mu gihe bari bumvikanye agahenge
May 12, 2025
Icyiciro cya mbere cy’abazungu bivugwa ko bahohoterwa muri Afrika y’Epfo cyatwawe muri Amerika
May 12, 2025
Perezida Kagame Yitabiriye Inama y’Abayobozi b’Ibigo muri Côte d’Ivoire
May 12, 2025
Hamas igiye kurekura imbohe y’Umunyamerika wa nyuma mu bafatiwe muri Israheli
May 12, 2025
Inteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo igiye gukora iperereza ku ngabo zayo zagiye kurwanya M23
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwemereye Trump kubuza abihinduje igitsina kwinjira mu gisirikare

Ubumwe za Amerika rwemeje ko Leta ya Amerika ikomeza gushyira mu bikorwa politiki ibuza abihinduje igitsina kwinjira cyangwa gukomeza gukorera…

1 Min Read
POLITIKE

Uburundi bwasabwe ggufungura imipaka ibuhuza n’u Rwanda

Hifashishijwe Ihuriro ACOREB rihuza Abepiskopi Gatolika b’u Rwanda n’ab’u Burundi, basabye igihugu cy'uburundi ko bakwiye gufungura imipaka ibahuza n'igihugu cy'u…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Perezida Museveni ashinja ibihugu byo mu Burengerazuba gukongeza intambara muri Ukraine

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yongeye kugaragaza ibitekerezo bye ku ntambara ikomeje kubera muri Ukraine, aho yashinje ibihugu byo…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Corneille Nangaa: Abanye-Congo Bose ni Abanyamuryango ba AFC/M23

Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Corneille Nangaa Yobeluo, yatangaje ko Abanye-Congo bose bafatwa…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?