igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Ubuhinde na Pakistan byinjiye mu ntambara yeruye
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Ubuhinde na Pakistan byinjiye mu ntambara yeruye
AMAKURUMU MAHANGA

Ubuhinde na Pakistan byinjiye mu ntambara yeruye

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 7, 2025 9:34 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Mu ijoro ryakeye, igihugu cy’u Buhinde cyatangaje ko cyagabye igitero gikomeye ku butaka bwa Pakistan, aho cyarashe ibisasu bya misile ku bice icyenda bitandukanye bigenzurwa na Pakistan. Iki gitero cyiswe “Operation Sindoor”, kikaba cyibasiye cyane uturere two muri Leta ya Kashmir ndetse no mu ntara ya Punjab, kishe abantu benshi abandi barakomereka.

U Buhinde bwatangaje ko icyo gitero cyagabwe nk’igikorwa cy’ubwirinzi no gukumira ibikorwa by’ubushotoranyi bivugwa ko byari bikomeje gukorerwa ku mupaka uhuza ibi bihugu byombi. Cyakora Pakistan yahise itangaza ko igisirikare cyayo cyahise gisubiza icyo gitero ku buryo bukomeye, kirasa ku bikorwa remezo by’igisirikare cy’u Buhinde ndetse gitangaza ko cyahanuye indege z’intambara eshanu zari iz’u Buhinde.

Minisitiri w’Ingabo wa Pakistan, Bwana Khawaja Asif, yatangaje ko icyo gihugu kiri gukora ibishoboka byose kugira ngo gisubize mu buryo bwihuse kandi bukomeye icyo gitero cyaturutse ku Buhinde.

Yagize ati: “Pakistan ntabwo izihanganira na rimwe igitero icyo ari cyo cyose kiva ku Buhinde. Ubu turi mu rugamba rwo gusubiza icyo gitero, kandi hari intambwe zimwe zifatika zimaze guterwa. Ingabo zacu zahanuye indege z’u Buhinde eshanu kandi hari abasirikare b’abahinde benshi twafashe.”

Iki gitero cyibasiye cyane imijyi ya Muzaffarabad na Kotli, yombi iherereye muri Leta ya Kashmir igenzurwa na Pakistan. Kugeza ubu, Pakistan itangaza ko abantu umunani bimaze kumenyekana ko bahitanywe n’ibyo bitero, mu gihe abandi basaga 35 bakomeretse.

Pakistan ivuga ko igisasu cy’u Buhinde cyaguye mu bice bitanu bitandukanye byo ku butaka bwayo, ibintu ikomeje gufata nk’ubushotoranyi bukomeye bushobora gukurura intambara nini kurushaho.

Abasesenguzi mpuzamahanga bakomeje gukurikiranira hafi uko ibi bihugu byombi biri kugenda byitwara, bitewe n’uko bifite amateka y’intambara nyinshi zabaye hagati yabyo, cyane cyane ku kibazo cy’uturere twa Kashmir.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Nduhungirehe Olivier yagaragaje ko abahuza amasezerano y’amahoro ya Rwanda-DRC n’amasezerano y’abimukira ataribyo
Next Article Dore impamvu ikomeye yatumye ibyiciro by’ubudehe bikurwaho burundu
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Bwongereza: Abahamwe n’ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bagiye kujya bahabwa imiti igabanya ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina
May 24, 2025
REG VC mu kwitegura Shampiyona igiye kuza, yatangiye kwibikaho abakinnyi
May 23, 2025
Kaminuza ya Harvard yajyanye Leta Zunze ubumwe za Amerika mu nkiko
May 23, 2025
Kuki Abanyamakuru batajya bubaka ingo ngo zirambe? Dore abanyamakuru babishoboye
May 23, 2025
Human right watch yamaganye ubwicanyi bukorwa n’abarwanyi ba Wazalendo
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Nyamasheke: Umukecuru yiyahuye atabarwa n’umuntu waruje kurahura umuriro

Musanababo Esther w’imyaka 67 wo mu Mudugudu wa Nyakabingo, Akagari ka Murambi, Umurenge wa Cyato, Akarere ka Nyamasheke yakuwe mu…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Kenya: Umugabo wo muri Afurika y’Epfo yasanzwe mu bwogero yapfuye biteza imvururu

Umugabo w’imyaka 68 wo muri Afurika y’Epfo bamusanze yapfiriye mu bwogero bwe, aho bivugwa ko yapfuye ku wa Gatatu, itariki…

1 Min Read
AMAKURU

Nyamasheke: Umugabo arembeye ku kigo nderabuzima cya Rangiro nyuma yo gukubitwa no gukomeretswa bikomeye n’umugore we

Simbizi Zablon w’imyaka 48 wo mu Mudugudu wa Nyakabingo, Akagari ka Murambi, Umurenge wa Rangiro, Akarere ka Nyamasheke arembeye ku…

3 Min Read
AMAKURUIKORANABUHANGA

Perezida Paul KAGAME yakiriye abayobozi b’ikigo gitanga service za AI (Teleperformance)

Perezida Paul Kagame yakiriye abayobozi bakuru baturutse mu kigo cya Teleperformance, kizwiho gitanga serivisi zifashisha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI). Daniel…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?