igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Umugabo waciye mu rihumye abashinzwe kurinda Perezida Museveni yemeye icyaha cyo gushaka ku mwica
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Umugabo waciye mu rihumye abashinzwe kurinda Perezida Museveni yemeye icyaha cyo gushaka ku mwica
AMAKURU

Umugabo waciye mu rihumye abashinzwe kurinda Perezida Museveni yemeye icyaha cyo gushaka ku mwica

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: April 17, 2025 3:39 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Umugabo waciye mu rihumye abashinzwe kurinda Perezida Museveni ashaka kumugabaho igitero ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora yo muri Kawempe y’Amajyaruguru yemeye icyaha.

Yoramu Baguma w’imyaka 28 y’amavuko yashinjwe ibyaha bitatu byo gutera, kutumvira amategeko , no gushaka gutera ubwoba, kubabaza, cyangwa kugirira nabi Perezida.Ibyo byaha ashinjwa byakorewe ku itariki ya 11 Werurwe 2025, ku kibuga cy’imikino cya Mbogo i Kawempe, muri Kampala, aho Perezida Museveni yamamarizaga umukandida w’ishyaka NRM, Faridah Nambi, mu Nteko ishinga amategeko muri Kawempe.

Icyo gihe nk’uko byagaragaye mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, Baguma yavuye mu baturage, asimbuka bariyeri z’umutekano, maze yiruka asatira Perezida Museveni mbere yo guhagarikwa n’abarinzi be ageze mu ntambwe nke cyane.

Abari bitabiriye ibyo bikorwa byo kwiyamamaza bafashe terefone bafata amashusho maze iyo videwo ihita ikwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, bituma bigarukwaho cyane.Ku wa Kabiri, itariki ya 15 Mata 2025, Baguma yitabye urukiko rw’ibanze rwa Kawempe, aho yashinjwe ibyaha byavuzwe haruguru birimo icyo gushaka kugirira nabi Museveni.

Uyu musore Daily Monitor ivuga ko ari n’umushomeri, kuri uyu wa Gatatu ushize ubwo yasubiraga mu Rukiko rwa Kawempe, acyambaye umupira w’umukara yari yambaye afatwa, yazamuye akaboko asaba ijambo yemera ibyaha byose ashinjwa.

Baguma wavugaga Ikinyankore hari n’umusemuzi usemura, yagize ati:” Ndashaka gusaba imbabazi ku cyaha cyo gutera Perezida,”Ubushinjacyaha bwahise buvuga ko kuva Baguma yemeye ibyaha igisigaye ari ukumukatira igihano akwiye.

Umucamanza ariko, we yimuriye iburanisha ku itariki ya 30 Gicurasi, kugirango Baguma azabanze abone umwunganira kuko ibyaha aregwa bishobora kumuhesha igihano cya kabiri kiruta ibindi cyo gufungwa burundu.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Gen Maj. Nzambe wari ufunzwe azira guhunga umutwe witwaje intwaro wa M23 yitabye Imana
Next Article Umuhanzi akaba n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’abahanzi muri Uganda Eddy Kenzo
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Umuyobozi ukomeye mu Burundi yagaragaje ko Perezida Kagame yashatse kwiyunga na Nkurunziza bikanga
May 23, 2025
Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi yatangaje ko u Buhinde bwafungiye amazi igihugu cya Pakistan
May 23, 2025
Justin Bieber yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Jennifer Lopez yajyanywe mu nkiko azira amafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga
May 23, 2025
Joseph Kabila Kabange wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo agiye kugeza ijambo ku Banye-Congo nyuma yo kwamburwa ubudahangarwa
May 23, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Tanzania: Abayobozi b’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi barisezeye

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania, Chadema, ryahuye n’ihungabana rikomeye nyuma y’uko abantu 13 bo mu bayobozi bakuru baryo beguye…

3 Min Read
AMAKURU

Ibibuga by’indege by’i Moscow byafunzwe by’akanya gato kubera ibitero bya ‘drone’

U Burusiya bwatangaje ko bwafunze by’agateganyo ibibuga by’indege bine biherereye mu Murwa Mukuru Moscow kubera ibitero bya ‘drone’ Ukraine yagabye…

1 Min Read
AMAKURU

Urukiko rwategetse ko Turahirwa Moses washinze inzu y’imideri ya Moshons afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Kuri uyu wa 09 Gicurasi 2025, Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwanzuye ko Turahirwa Moses afungwa iminsi 30 y’agateganyo. Turahirwa Moses…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

M23 yakoze amateka ifata uduce turindwi icyarimwe idahanganye

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wakoze amateka adasanzwe, ufata uduce…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?