igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Umujyanama wihariye wa Perezida wa leta zunze ubumwe za America yakiriwe na perezida Kagame
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > POLITIKE > Umujyanama wihariye wa Perezida wa leta zunze ubumwe za America yakiriwe na perezida Kagame
POLITIKE

Umujyanama wihariye wa Perezida wa leta zunze ubumwe za America yakiriwe na perezida Kagame

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: April 9, 2025 10:26 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriyeMassad Boulos, Umujyanama wihariye wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump ku mugabane wa Afurika.

Ku wa Kabiri tariki ya 8 Mata 2025, u Rwanda rwakiriye Massad Boulos, umujyanama wa Donald Trump, aho yahuye na Perezida Paul Kagame bagirana ibiganiro byimbitse ku bufatanye hagati ya Amerika n’u Rwanda, by’umwihariko ku mutekano n’iterambere mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Massad Boulos yashimangiye ko we na Perezida Kagame bagiranye ibiganiro bifite icyerekezo cy’ahazaza heza, byibanze ku guteza imbere amahoro, ituze, ubufatanye mu bukungu no kubungabunga umutekano w’akarere.

Yagize ati: “Njye na Perezida Kagame twaganiriye ku cyerekezo cy’ubufatanye bushingiye ku ituze mu Karere, amahoro n’iterambere mu bukungu, kandi hashyigikiye umutekano n’ubusugire bw’ibihugu byose bigize aka Karere.”

Ubufatanye bw’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bumaze imyaka irenga 60, bukaba bushingiye ku guteza imbere imibereho y’abaturage binyuze mu mishinga myinshi irimo iy’ubuzima, uburezi, ubucuruzi, ubukerarugendo, n’inkunga ihabwa imiryango itegamiye kuri Leta.

Ibyo bikorwa by’ubufatanye bigaragazwa n’ibirori byo kwizihiza umubano mwiza w’ibihugu byombi byabaye tariki ya 28 Nyakanga 2023, byabereye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika.

Mu rwego rwo gukomeza kunoza imikoranire, ibi bihugu kandi bifitanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ikirere yasinywe mu mpera za 2022.

Mbere yo kugera mu Rwanda, Massad Boulos yari yasuye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku wa 3 Mata 2025, aho yagaragaje ubushake bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo kugira uruhare mu gushakira umuti ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC. Yanashimangiye ko nta bukungu bushoboka mu gihe umutekano udahari.

Mu rwego rwo gushimangira ubwo bufatanye, hasinywe kandi amasezerano yerekeye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Uru rugendo rwa Massad Boulos n’itsinda ayoboye rugamije gushimangira umubano n’iterambere hagati ya Amerika n’ibihugu bya Afurika. Nyuma yo kuva i Kinshasa no mu Rwanda, bazakomereza uruzinduko mu bihugu bya Kenya na Uganda.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article RIB yavuze ko ibyo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Next Article Joseph Kabila agiye kugaruka muri RDC, bivugwa ko ashobora kwihuza na M23
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Israel yashimye umubano wihariye ifitanye n’u Rwanda, ishimangira ubushake bwo gukomeza gufatanya mu nzego z’iterambere
May 29, 2025
Perezida Kagame na Alain Berset baganiriye ku bufatanye bushya hagati y’u Rwanda n’u Burayi
May 29, 2025
U Rwanda rwongeye gutanga inkunga yo gufasha abari mu kaga muri Gaza
May 29, 2025
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania mu nama igamije gushimangira umutekano ku mipaka ihuriweho
May 29, 2025
Rurageretse hagati y’Umunyamakuru na Ambasaderi wa Israel
May 29, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Ubwongereza bugiye gufasha Ukraine mu kubaka igisirikare cyahangana n’Uburusiya mu gihe ibiganiro by’amahoro bikomeje

John Healey, Umunyamabanga wa Minisiteri y’ingabo mu Bwongereza, yatangaje ko Ubwongereza bugiye kohereza abasirikare gufasha iki gihugu kongera kubaka igisirikare…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Museveni asanga Ukraine Ishukwa n’ibihugu byo mu burengerazuba bw’Isi

Intamabara ikomeje guhanganisha U Burusiya na Ukraine mu mboni za Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, abona ko abo mu…

2 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

Perezida Ramaphosa yahakanye amakimbirane na Perezida Kagame, ashimangira uruhare rwa Afurika mu gushaka amahoro muri DRC

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yatangaje ko nta kibazo afitanye na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, aburira abashaka gukwirakwiza…

2 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

“Birababaje ko imwe mu miryango mpuzamahanga yirengagiza ko FDRL ibaho” – Amb.NDUHUNGIREHE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yanenze amahanga gukomeza gutera agati mu ryinyo bakirengagiza ko umutwe w’iterabwoba wa FDLR…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?