igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida wa Korea y’Epfo nawe yeguye igitaraganya atamazeho kabiri
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida wa Korea y’Epfo nawe yeguye igitaraganya atamazeho kabiri
AMAKURU

Perezida wa Korea y’Epfo nawe yeguye igitaraganya atamazeho kabiri

Faxxy Editor ✨
Last updated: May 2, 2025 9:27 am
Faxxy Editor ✨
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 1 Gicurasi 2025, uwari perezida w’agateganyo wa Koreya y’Epfo, Han Duck-soo, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye.

Amakuru y’iyegura ku mirimo ye aje mu gihe amakuru avuga ko ahanze amaso kuba perezida, ndetse ibitangazamakuru byo muri Koreya y’Epfo bikaba bivuga ko ateganya gutangira kwiyamamaza ku mwanya wa perezida ku wa Gatanu.

Han abonwa nk’umuntu ushobora kuba umukandida w’Aba-conservateurs mu gihe ishyaka nyamukuru ry’Aba-conservateurs rya People Power Party riri mu bibazo kuva nyuma y’uko Perezida Yoon Suk Yeol, wari perezida wegujwe, atangaje ibihe bidasanzwe mu gihugu mu ntangiriro z’Ukuboza 2024 nk’uko tubikesha Deutsche Welle.

Kuki Han yeguye?

Kuri uyu wa Kane, Han yemeje icyemezo cye mu kiganiro kuri televiziyo. Yavuze ko yiyemeje “amaherezo kuva ku mwanya wanjye kugira ngo nkore uko nshoboye n’icyo ngomba gukora mu gufasha kurenga ibibazo dufite.”

Han yagize ati: “Mfite inzira ebyiri imbere yanjye. Imwe ni ukurangiza inshingano ziremereye ubu mfite. Indi ni ugushyira izo nshingano hasi nkafata inshingano ziremereye kurushaho.”

Amategeko ya Koreya y’Epfo arasaba Minisitiri w’imari, Choi Sang-mok, guhita ajya ku mwanya wa perezida w’agateganyo.

Han yagizwe perezida w’agateganyo nyuma y’uko inteko ishinga amategeko iyobowe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi itoye kweguza Yoon, wavanywe ku mirimo ye biharura inzira y’amatora y’umukuru w’igihugu ateganijwe kuba ku itariki ya 3 Kamena.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
ByFaxxy Editor ✨
Follow:
 
Previous Article Ibisasu bya rutura biturutse mu mutwe wa Rapid Support Forces (RSF) byibasiye ingoro ya Perezida wa Sudani
Next Article Ubuyobozi bwa Perezida wa Amerika Donald Trump burashaka kohereza abimukira mu Rwanda
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Perezida Kagame yashimiye PSG yegukanye igikombe cya Champions League
June 1, 2025
Ingabo z’u Rwanda zashyikirije abaturage b’i Macomia isoko rishya mu rwego rwo gufasha kuzahura ubukungu
June 1, 2025
Inzaghi ashobora kuva muri Inter nyuma yo gutsindwa na PSG
June 1, 2025
“Urushyi rwa Brigitte Macron si urwacu, kandi umugore iyo abikoze aba afite impamvu” Amagambo y’umuvugizi wa leta y’Uburusiya
June 1, 2025
PSG ikoze amateka kuri Allianz Arena itsinda Inter Milan ibitego 5-0, yegukana Champions League bwa mbere
May 31, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Amerika yasubukuye ubucukuzi bw’itini Walikale muri RDC

Ku wa 9 Mata 2025, sosiyete y’Abanyamerika Alphamin yatangaje ko igiye kongera gukora ibikorwa by’ubucukuzi bw’itini ku birombe bya Bisie,…

1 Min Read
AMAKURU

Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwemereye Trump kubuza abihinduje igitsina kwinjira mu gisirikare

Ubumwe za Amerika rwemeje ko Leta ya Amerika ikomeza gushyira mu bikorwa politiki ibuza abihinduje igitsina kwinjira cyangwa gukomeza gukorera…

1 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Umutoza wa Kiyovu Sports Malick Wade yahagaritswe nyuma yo kumushinja imyitwarire mibi irimo no guta akazi

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports, bwandikiye Umutoza Mukuru, El Hadji Malick Wade, nyuma yo kumushinja imyitwarire mibi irimo no guta akazi…

2 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 21 cy’impunzi n’abimukira 137 baturutse muri Libya

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 21 cy’impunzi n’abimukira 137 baturutse muri Libya, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu.  Barimo…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?