igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Bwiza yabeshywe kugurirwa album ye ntanumwe urayishyura mu bayiguze
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMYIDAGADURO > Bwiza yabeshywe kugurirwa album ye ntanumwe urayishyura mu bayiguze
IMYIDAGADURO

Bwiza yabeshywe kugurirwa album ye ntanumwe urayishyura mu bayiguze

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 12, 2025 6:31 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Umuhanzikazi Bwiza ari mu myiteguro ya nyuma yo gushyira hanze album ye nshya yise 25 Shades, iteganyijwe gusohoka ku wa 16 Gicurasi 2025.

Iyi album yayimurikiye bwa mbere mu gitaramo cyabereye i Burayi, aho yahise anatangira kuyigurisha ku bafana bifuza kuyumva mbere no kumushyigikira nubwo benshi bayiguriye muri icyo gitaramo, abenshi ntibarasohoza amasezerano bagiranye yo kuyishyura. Nk’uko byatangajwe na Uhujimfura Claude, ushinzwe inyungu za Bwiza, abantu batatu gusa nibo bamaze kwishyura amafaranga bemeye, harimo babiri bishyuye 500€ buri umwe, n’undi umwe watanze 1000€, amafaranga yose hamwe akaba 2000€ (arenga miliyoni 3 Frw).

Mu gihe album yagurishijwe ku bantu barindwi, bari bemeye amafaranga yose hamwe arenga miliyoni 16 Frw, harimo miliyoni ebyiri zatanzwe na The Ben. Uhujimfura yavuze ko bamwe mu bari bayiguriye bagiye bagaruka bavuga ko bakeneye gusubiramo ibyemezo byabo kubera ibibazo bijyanye n’ubushobozi bwo kwishyura.

Icyakora, nubwo hari abatarasohoje ibyo bemeye, ibikorwa byo kurangiza iyi album no kuyishyira hanze ntibyigeze bihagarara. Uhujimfura yemeje ko bagikomeje imyiteguro y’isohoka ryayo.

Album ya 25 Shades yagombaga kuba yarasohotse mbere, ariko yagiye itinda bitewe n’ibiganiro byagendaga bikorwa hagati ya KIKAC Music na Empire, sosiyete icuruza ibikorwa bya muzika wa Bwiza.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umusore w’imyaka 23 afungiwe gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 5 i Musanze
Next Article Polise y’u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi umusekirite wagaragaye atega umuntu kuri sitade
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Sadate Munyakazi: “Mu rugo rwacu, imodoka ihenze kurusha izindi ni iy’umugore wanjye, si iyanjye.”
May 12, 2025
Perezida Ramaphosa yahakanye amakimbirane na Perezida Kagame, ashimangira uruhare rwa Afurika mu gushaka amahoro muri DRC
May 12, 2025
Polise y’u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi umusekirite wagaragaye atega umuntu kuri sitade
May 12, 2025
Bwiza yabeshywe kugurirwa album ye ntanumwe urayishyura mu bayiguze
May 12, 2025
Umusore w’imyaka 23 afungiwe gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 5 i Musanze
May 12, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMYIDAGADURO

Element na 1:55am bari kurebana ay’ingwe kubera miliyoni 25 Frw yishyuzwa

Mu minsi ishize, mu ruganda rwa muzika nyarwanda havuzwe ikibazo gikomeye hagati ya Producer Element na label yitwa 155am, aho…

4 Min Read
IMYIDAGADURO

Umuhanzi ukomeye Sean Kingston ubungubu ari muri gereza we na Nyina umubyara

Umuhanzi Sean Kingston ari muri gereza guhera ku wa 10 Mata 2025 nyuma yo kubura ibihumbi $100 byo gutanga nk'ingwate…

1 Min Read
IMYIDAGADURO

Marina agiye kumurika Album izaba idasanzwe aho azayishikiriza buri munyarwanda mu gihugu

Umuhanzikazi w'umunyarwanda Marina Debolah yatangaje ko bitarenze uyu mwaka aribube yamaze kumurika Album ye yambere aho iyo album azayizengurukana igihugu…

1 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Jennifer Heylen ni umwe mu bakinnyi ba filime b’Abanyarwanda bakomeje kwigarurira isoko rya sinema mpuzamahanga

Jennifer Heylen ni umwe mu bakinnyi ba filime b’Abanyarwanda baba mu mahanga bari kwigaragaza mu buryo budasanzwe. Nubwo yakuriye mu…

3 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?